
Captain John Ruhara, womungabo za Republika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), kuri uyu wa Gatatu, tariki 25/10/2023, yahagaritswe n’inzego zishinzwe umutekano.
Amakuru avugako uyu musirikare uvuka m’ubwoko bwa Banyamulenge, Ruhara John, ko yafashwe arafungwa afatiwe mugace ka Kilolirwe homuri teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Nk’uko Minembwe Capital News, imaze kwakira ay’amakuru n’uko Captain John Ruhara azize ngo kuba ari Umunyamulenge (Tutsi).
Captain John Ruhara, yarasanzwe akorera mungabo za Republika ya Demokarasi ya Congo, muri ibi bice byomu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, kuri ubu akaba yari muri teritware ya Masisi. Akimara guhagarikwa yahise yoherezwa i Goma, gufungirwayo.
Ruhara John, avuka mubwoko bw’Abanyamulenge, batuye mu misozi miremire y’Imulenge, mubice bya Komine Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo. Uyu musirikare y’injiye igisirikare ahagana mu mwaka w’2007, yinjiriye muri Kivu y’Amajyaruguru.
By Bruce Bahanda.