Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zongereye iminsi ya gahenge, ku ntambara ibera mu Burasirazuba bwa RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 18, 2024
in Regional Politics
0
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zongereye iminsi ya gahenge, ku ntambara ibera mu Burasirazuba bwa RDC.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zongereye iminsi ya gahenge, ku ntambara ibera mu Burasirazuba bwa RDC.

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Ni kuri uyu wa Kane tariki ya 18/07/2024; leta Zunze Ubumwe z’Amerika zatangaje ko agahenge hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa leta ya Kinshasa, kongerewe ho iminsi 15.

Aka gahenge kari katangiye ku itariki ya 05/07/2024, kandi gatangwa hagamijwe ahanini kugira ngo abaturage bahunze intambara bahabwe ubufasha bitagoranye.

Muri icyo gihe, Amerika yavuze ko aka gahenge gashyigikiwe na leta ya Kinshasa ndetse n’iya Kigali, kandi ko zishyigikiye kugira ngo abaturage babone ubutabazi bwihuse.

Umuvugizi w’ibiro bya leta Zunze Ubumwe z’Amerika bishinzwe ububanyi n’amahanga, Matthew Miller, kuri uyu wa 17/07/2024, yatangaje ko aka gahenge kongerewe ho iminsi 15, asaba impande zirebwa na ko ku kubahiriza.

Yagize ati: “Amerika yakiriye neza inyongera y’iminsi 15 ku gahenge hagati y’impande zihanganye mu Burasirazuba bwa RDC kandi turasaba abo mu karere bose kubahiriza.”

Yanavuze kandi ko Amerika uzakomeza gukorana byahafi na Guverinoma ya Congo, iy’u Rwanda na Angola, hashyingiwe ku myanzuro ya Luanda na Nairobi kugira ngo haboneke igisubizo kirambye cy’aya makimbirane.

Aka gahenge kasabwe ubwo umutwe wa M23 wari umaze gufata ibice biri muri teritware ya Lubero nka hitwa Kirumba no mu nkengero zaho.

Gusa aka gahenge nti kubahirijwe kuko ihuriro ry’Ingabo z’ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo ryakomeje kugaba ibitero bya hato nahato kuri uyu mutwe wa M23, bigamije kwirukana uyu mutwe mu bice wafashe.

Ahagana ku ya 14/07/2024, umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Lt Col Willy Ngoma, yatangaje ko ihuriro ry’Ingabo rya leta ya Kinshasa ryagabye ibitero mu birindiro byabo biherereye mu gace ka Kirumba, hafi na Kanyabayonga.

Yagize ati: “Kuva saa kumi n’imwe na 40 z’igitondo, ihuriro rya leta , ryagabye igitero ku birindiro byacu bya Kirumba. AFC/M23 nk’ibisanzwe yirwanyeho, irinda abaturage kinyamwuga.”

Impande zihanganye zakunze gushinjanya kutubahiriza ay’amasezerano, kuko no ku itariki ya 10/07/2024, umuvugizi w’igisirikare cya RDC mu Ntara ya Kivu Yaruguru, Lt Col Ndjike Kaiko, yavuze ko umutwe wa M23 wabagabyeho ibitero ku birindiro byabo bya Nyange na Mpati, muri teritware ya Masisi.

             MCN.
Tags: AgahengeFardcLeta Zunze Ubumwe z'AmerikaM23
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post
Perezida w’inteko ishinga amategeko muri RDC yumvikanye avuga ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda, nabi.

Perezida w'inteko ishinga amategeko muri RDC yumvikanye avuga ingabo z'u Rwanda n'iza Uganda, nabi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?