• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, October 24, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zongereye iminsi ya gahenge, ku ntambara ibera mu Burasirazuba bwa RDC.

minebwenews by minebwenews
July 18, 2024
in Regional Politics
0
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zongereye iminsi ya gahenge, ku ntambara ibera mu Burasirazuba bwa RDC.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zongereye iminsi ya gahenge, ku ntambara ibera mu Burasirazuba bwa RDC.

You might also like

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Ni kuri uyu wa Kane tariki ya 18/07/2024; leta Zunze Ubumwe z’Amerika zatangaje ko agahenge hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa leta ya Kinshasa, kongerewe ho iminsi 15.

Aka gahenge kari katangiye ku itariki ya 05/07/2024, kandi gatangwa hagamijwe ahanini kugira ngo abaturage bahunze intambara bahabwe ubufasha bitagoranye.

Muri icyo gihe, Amerika yavuze ko aka gahenge gashyigikiwe na leta ya Kinshasa ndetse n’iya Kigali, kandi ko zishyigikiye kugira ngo abaturage babone ubutabazi bwihuse.

Umuvugizi w’ibiro bya leta Zunze Ubumwe z’Amerika bishinzwe ububanyi n’amahanga, Matthew Miller, kuri uyu wa 17/07/2024, yatangaje ko aka gahenge kongerewe ho iminsi 15, asaba impande zirebwa na ko ku kubahiriza.

Yagize ati: “Amerika yakiriye neza inyongera y’iminsi 15 ku gahenge hagati y’impande zihanganye mu Burasirazuba bwa RDC kandi turasaba abo mu karere bose kubahiriza.”

Yanavuze kandi ko Amerika uzakomeza gukorana byahafi na Guverinoma ya Congo, iy’u Rwanda na Angola, hashyingiwe ku myanzuro ya Luanda na Nairobi kugira ngo haboneke igisubizo kirambye cy’aya makimbirane.

Aka gahenge kasabwe ubwo umutwe wa M23 wari umaze gufata ibice biri muri teritware ya Lubero nka hitwa Kirumba no mu nkengero zaho.

Gusa aka gahenge nti kubahirijwe kuko ihuriro ry’Ingabo z’ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo ryakomeje kugaba ibitero bya hato nahato kuri uyu mutwe wa M23, bigamije kwirukana uyu mutwe mu bice wafashe.

Ahagana ku ya 14/07/2024, umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Lt Col Willy Ngoma, yatangaje ko ihuriro ry’Ingabo rya leta ya Kinshasa ryagabye ibitero mu birindiro byabo biherereye mu gace ka Kirumba, hafi na Kanyabayonga.

Yagize ati: “Kuva saa kumi n’imwe na 40 z’igitondo, ihuriro rya leta , ryagabye igitero ku birindiro byacu bya Kirumba. AFC/M23 nk’ibisanzwe yirwanyeho, irinda abaturage kinyamwuga.”

Impande zihanganye zakunze gushinjanya kutubahiriza ay’amasezerano, kuko no ku itariki ya 10/07/2024, umuvugizi w’igisirikare cya RDC mu Ntara ya Kivu Yaruguru, Lt Col Ndjike Kaiko, yavuze ko umutwe wa M23 wabagabyeho ibitero ku birindiro byabo bya Nyange na Mpati, muri teritware ya Masisi.

             MCN.
Tags: AgahengeFardcLeta Zunze Ubumwe z'AmerikaM23
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye

by Bahanda Bruce
October 24, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

AFC/M23 yakomoje ku biganiro ivugwamo na perezida Evariste Ndayishimiye Ihuriro rya Allience Fleuve Congo, AFC /M23 ryavuze ko amakuru avuga ko yagiranye ibiganiro na perezida w'u Burundi, Evariste...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC U Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo, byongeye guhurira i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z'Amerika, mu...

Read moreDetails

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n'abarwanye intambara yo kubohora u Rwanda Ababarirwa mu mirongo barimo abahungu n'abagabo, bavuye mu gice kizwi nk'i Rukombe binjira igisirikare cy'umutwe wa FDL...

Read moreDetails

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by'ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n'u Rwanda Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye u Bufaransa ngo bumuhurize mu biganiro n'u Rwanda,...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails
Next Post
Perezida w’inteko ishinga amategeko muri RDC yumvikanye avuga ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda, nabi.

Perezida w'inteko ishinga amategeko muri RDC yumvikanye avuga ingabo z'u Rwanda n'iza Uganda, nabi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?