• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, October 22, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Lt Gen.Masunzu agiye kugerageza guhangana na M23 bwa nyuma.

minebwenews by minebwenews
January 25, 2025
in Regional Politics
0
Imirwano ikomeye yaramukiye mu duce two muri Kalehe.
138
SHARES
3.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Lt Gen.Masunzu agiye kugerageza guhangana na M23 bwa nyuma.

You might also like

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

Lieutenant General Pacifique Masunzu, ukuriye zone ya gatatu y’ingabo za Leta ya Kinshasa, yohereje ingabo nyinshi muri teritware ya Kalehe kugira ngo zihangane n’umutwe wa M23 umaze kugira uduce twinshi wigaruriye two muri iyi teritwari iherereye mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

Amasoko yacu yemeza ko ahar’ejo tariki ya 24/01/2025, ingabo zo ku ruhande rwa Leta, zigwiriyemo iz’u Burundi, FARDC na FDLR na Wazalendo berekeje inzira ya Minova baturutse i Kavumu muri teritware ya Kabare muri Kivu y’Amajy’epfo.

Aya makuru akavuga ko ibyo kohereza ingabo nyinshi inzira ya Minova ni umwanzuro wafashwe na Lt Gen Pacifique Masunzu uheruka kugera i Bukavu aho yageze aturutse i Goma.

Ibi, Masunzu ngwa bikoze mu rwego rwo kugira ngo agerageze amahirwe ye yanyuma yo guhangana n’abarwanyi bo mu mutwe wa M23 begereje gufata umujyi wa Goma ndetse bakaba bashaka no gufata n’uwa Bukavu, nk’uko ubuyobozi bw’uyu mutwe bwagiye bubitangaza.

Mu ntangiriro z’iki Cyumweru turimo ni bwo umutwe wa M23 wigaruriye umujyi wa Minova ufatwa nk’umurwa mukuru wa teritwari ya Kalehe.

Ndetse aba barwanyi nyuma yo gufata Minova bafashe n’utundi duce turimo na Nyabibwe iherereye mu ntera y’ibirometero 64 uvuye mu mujyi wa Bukavu.

Mbere y’uko Masunzu agera i Bukavu avuye i Kisangani, yabanje kuja i Bujumbura mu Burundi, amakuru akavuga ko yari muri iki gihugu gusaba ko u Burundi bwongera ingabo zabwo mu Burasirazuba bwa RDC.

Ahagana ku wa kabiri w’iki Cyumweru ni bwo Masunzu yavuye i Bujumbura, ahita aja i Bukavu aho yaraye ijoro rimwe yerekeza i Goma. Nyuma yuko bivuzwe ko guverineri w’intara ya Kivu Yaruguru yaguye ku rugamba, Masunzu yavuye i Goma nanone yongera gusubira i Bukavu.

Hari abavuga ko yahunze i Goma kubera ko M23 yegereje gufata uwo mujyi, bityo akaba agiye kugerageza amahirwe ye yanyuma i Bukavu muri Kivu y’Amajy’epfo.

Lt Gen Pacifique Masunzu agiye kwitega umutwe wa M23 mu gihe umujyi wa Goma wamaze kuja mu icuraburindi, kuko abawutuye babuze amazi, umuriro na internet.

Iki kibazo cyavuzwe cyane ku mu goroba w’ahar’ejo tariki ya 24/01/2025, gusa bivugwa ko cyatangiye mu masaha y’igitondo, ubwo abaturage babyutse bakabona telephone ntizibona internet, ndetse n’igice kinini cy’uyu mujyi kiri mu mwijima w’icuraburindi kuko nta mashanyarazi n’amazi.

Ubwoba ni bwose mu baturage baba muri uwo mujyi, ku buryo buri wese yibaza uko biza kugenda bikamushobera cyane ko imirwano ihuza ihuriro ry’Ingabo za RDC na M23 iri kubera mu birometero bike uvuye mu mujyi wa Goma.

Ibyo bibaye kandi mu gihe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 25/01/2025, imirwano y’impande zihanganye iri kubera i Mugunga aha ni mu bice by’umujyi wa Goma.

Ndetse ubuhamya dufite bugira buti: “Imirwano ikaze muri iki gitondo, iri kubera i Mugunga. Kandi ihuriro ry’Ingabo za RDC riri kwiruka amasigamana rihunga.”

Ubu buhamya bukomeza bugira buti: “FARDC n’abambari bayo, babuze amahitamo bari guhunga gusa.”

Tags: KaleheM23MasunzuMinova
Share55Tweet35Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n'abarwanye intambara yo kubohora u Rwanda Ababarirwa mu mirongo barimo abahungu n'abagabo, bavuye mu gice kizwi nk'i Rukombe binjira igisirikare cy'umutwe wa FDL...

Read moreDetails

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by'ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n'u Rwanda Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye u Bufaransa ngo bumuhurize mu biganiro n'u Rwanda,...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate Abarundi mu mujyi wa Bujumbura bawutwikiyemo imodoka ifite pulake y'u Rwanda nyuma y'amagambo yatangajwe n'umushoramari w'Umunyarwanda Sadate Munyakazi. Iyi modoka...

Read moreDetails

Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 17, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w'u Rwanda Amakuru aturuka mu gihugu cy'u Burundi avuga ko perezida w'iki gihugu Evariste Ndayishimiye, yategetse imbonerakure...

Read moreDetails
Next Post
Ibyo wa menya byingenzi ku mijyi m23 yigaruriye muri Kivu y’Epfo.

Abasirikare ba MONUSCO bakomerekeye mu mirwano, M23 kandi yafashe utundi duce turi mu mwinjiro wa Goma.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?