• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, December 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Lt Gen.Masunzu agiye kugerageza guhangana na M23 bwa nyuma.

minebwenews by minebwenews
January 25, 2025
in Regional Politics
0
Imirwano ikomeye yaramukiye mu duce two muri Kalehe.
138
SHARES
3.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Lt Gen.Masunzu agiye kugerageza guhangana na M23 bwa nyuma.

You might also like

Perezida Ndayishimiye Yigeze Gutangaza ko “Uvira Nifatwa” Azatera u Rwanda, Ese U Burundi Bwinjiye mu Gice Gishya cy’Akaduruvayo ka Politiki n’Umutekano?

RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe

U Burundi bwatangaje amagambo akakaye ku bitero buvuga ko bwagabweho n’u Rwanda

Lieutenant General Pacifique Masunzu, ukuriye zone ya gatatu y’ingabo za Leta ya Kinshasa, yohereje ingabo nyinshi muri teritware ya Kalehe kugira ngo zihangane n’umutwe wa M23 umaze kugira uduce twinshi wigaruriye two muri iyi teritwari iherereye mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

Amasoko yacu yemeza ko ahar’ejo tariki ya 24/01/2025, ingabo zo ku ruhande rwa Leta, zigwiriyemo iz’u Burundi, FARDC na FDLR na Wazalendo berekeje inzira ya Minova baturutse i Kavumu muri teritware ya Kabare muri Kivu y’Amajy’epfo.

Aya makuru akavuga ko ibyo kohereza ingabo nyinshi inzira ya Minova ni umwanzuro wafashwe na Lt Gen Pacifique Masunzu uheruka kugera i Bukavu aho yageze aturutse i Goma.

Ibi, Masunzu ngwa bikoze mu rwego rwo kugira ngo agerageze amahirwe ye yanyuma yo guhangana n’abarwanyi bo mu mutwe wa M23 begereje gufata umujyi wa Goma ndetse bakaba bashaka no gufata n’uwa Bukavu, nk’uko ubuyobozi bw’uyu mutwe bwagiye bubitangaza.

Mu ntangiriro z’iki Cyumweru turimo ni bwo umutwe wa M23 wigaruriye umujyi wa Minova ufatwa nk’umurwa mukuru wa teritwari ya Kalehe.

Ndetse aba barwanyi nyuma yo gufata Minova bafashe n’utundi duce turimo na Nyabibwe iherereye mu ntera y’ibirometero 64 uvuye mu mujyi wa Bukavu.

Mbere y’uko Masunzu agera i Bukavu avuye i Kisangani, yabanje kuja i Bujumbura mu Burundi, amakuru akavuga ko yari muri iki gihugu gusaba ko u Burundi bwongera ingabo zabwo mu Burasirazuba bwa RDC.

Ahagana ku wa kabiri w’iki Cyumweru ni bwo Masunzu yavuye i Bujumbura, ahita aja i Bukavu aho yaraye ijoro rimwe yerekeza i Goma. Nyuma yuko bivuzwe ko guverineri w’intara ya Kivu Yaruguru yaguye ku rugamba, Masunzu yavuye i Goma nanone yongera gusubira i Bukavu.

Hari abavuga ko yahunze i Goma kubera ko M23 yegereje gufata uwo mujyi, bityo akaba agiye kugerageza amahirwe ye yanyuma i Bukavu muri Kivu y’Amajy’epfo.

Lt Gen Pacifique Masunzu agiye kwitega umutwe wa M23 mu gihe umujyi wa Goma wamaze kuja mu icuraburindi, kuko abawutuye babuze amazi, umuriro na internet.

Iki kibazo cyavuzwe cyane ku mu goroba w’ahar’ejo tariki ya 24/01/2025, gusa bivugwa ko cyatangiye mu masaha y’igitondo, ubwo abaturage babyutse bakabona telephone ntizibona internet, ndetse n’igice kinini cy’uyu mujyi kiri mu mwijima w’icuraburindi kuko nta mashanyarazi n’amazi.

Ubwoba ni bwose mu baturage baba muri uwo mujyi, ku buryo buri wese yibaza uko biza kugenda bikamushobera cyane ko imirwano ihuza ihuriro ry’Ingabo za RDC na M23 iri kubera mu birometero bike uvuye mu mujyi wa Goma.

Ibyo bibaye kandi mu gihe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 25/01/2025, imirwano y’impande zihanganye iri kubera i Mugunga aha ni mu bice by’umujyi wa Goma.

Ndetse ubuhamya dufite bugira buti: “Imirwano ikaze muri iki gitondo, iri kubera i Mugunga. Kandi ihuriro ry’Ingabo za RDC riri kwiruka amasigamana rihunga.”

Ubu buhamya bukomeza bugira buti: “FARDC n’abambari bayo, babuze amahitamo bari guhunga gusa.”

Tags: KaleheM23MasunzuMinova
Share55Tweet35Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Perezida Ndayishimiye Yigeze Gutangaza ko “Uvira Nifatwa” Azatera u Rwanda, Ese U Burundi Bwinjiye mu Gice Gishya cy’Akaduruvayo ka Politiki n’Umutekano?

by Bahanda Bruce
December 10, 2025
0
Amahoro nyayo ntashoboka FDLR igihari- Léonard Okitundu w’umunye-Kongo

Perezida Ndayishimiye Yigeze Gutangaza ko “Uvira Nifatwa” Azatera u Rwanda, Ese U Burundi Bwinjiye mu Gice Gishya cy’Akaduruvayo ka Politiki n’Umutekano? Perezida Évariste Ndayishimiye yagaragaje amagambo akomeye igihe...

Read moreDetails

RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe

by Bahanda Bruce
December 9, 2025
0
RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe

RDC:Imirwano ikaze muri Kivu y’Amajyepfo ikomeje guhitana ingabo z’u Burundi, Kamenge yuzuye indembe Intambara ikomeje mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje kugira ingaruka zikomeye...

Read moreDetails

U Burundi bwatangaje amagambo akakaye ku bitero buvuga ko bwagabweho n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
December 9, 2025
0
Perezida w’u Burundi agiye gufatanya na Kigali na Kinshasa mu rugendo rw’amahoro i Washington

U Burundi bwatangaje amagambo akakaye ku bitero buvuga ko bwagabweho n’u Rwanda Leta y’u Burundi yatangaje ko u Rwanda rukomeje ibikorwa busobanura nk’iby’urugomo no guhungabanya umutekano” ku mupaka...

Read moreDetails

Imodoka ya Gisirikare y’u Burundi Yikoreye Imirambo y’Abasirikare Bayo Baguye ku Rugamba muri RDC Inshuro Zirenga Ebyiri

by Bahanda Bruce
December 6, 2025
0
Imodoka ya Gisirikare y’u Burundi Yikoreye Imirambo y’Abasirikare Bayo Baguye ku Rugamba muri RDC Inshuro Zirenga Ebyiri

Imodoka ya Gisirikare y’u Burundi Yikoreye Imirambo y’Abasirikare Bayo Baguye ku Rugamba muri RDC Inshuro Zirenga Ebyiri Amakuru mashya aturuka mu Burundi akomeje kugaragaza urugendo rutavugwaho rumwe rw’imodoka...

Read moreDetails

Ubusesenguzi ku Bitekerezo bya Girinka Kabare ku Mibanire ya Perezida w’u Burundi n’Abanyamurenge

by Bahanda Bruce
December 6, 2025
0
Perezida w’u Burundi agiye gufatanya na Kigali na Kinshasa mu rugendo rw’amahoro i Washington

Ubusesenguzi ku Bitekerezo bya Girinka Kabare ku Mibanire ya Perezida w’u Burundi n’Abanyamurenge Umusesenguzi w’Umunye-Congo wo mu bwoko bw’Abanyamulenge, William Girinka Kabare, mu kiganiro yagiranye na Minembwe Capital...

Read moreDetails
Next Post
Ibyo wa menya byingenzi ku mijyi m23 yigaruriye muri Kivu y’Epfo.

Abasirikare ba MONUSCO bakomerekeye mu mirwano, M23 kandi yafashe utundi duce turi mu mwinjiro wa Goma.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?