• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 21, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Lt General Alain Guillaume Bunyoni wabayeho minisitiri w’intebe mu Burundi, mu rubanza yeteye utwatsi ibyaha byose aregwa.

minebwenews by minebwenews
May 28, 2024
in Regional Politics
0
Lt General Alain Guillaume Bunyoni wabayeho minisitiri w’intebe mu Burundi, mu rubanza yeteye utwatsi ibyaha byose aregwa.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Lt Gen Alain Guillaume Bunyoni yahakaniye urukiko ibyo ashinjwa n’umucamanza bw’i gihugu cy’u Burundi.

You might also like

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Ni kuri uyu wa Mbere tariki ya 27/05/2024, nibwo Alain Guillaume Bunyoni wabaye minisitiri w’intebe w’u Burundi yaburaniye mu bujurire, ahakana ibyo aregwa byose.

Uru rubanza rwabereye inyuma ya gereza yaho Alain Guillaume Bunyoni afungiye ya Gitega, nk’uko tubikesha igitangaza makuru cya Bonesha FM .

Perezida w’urukiko rw’ikirenga, Emmanuel Gateretse, niwe wafashe umwanzuro wo gufunga Bunyoni ubuzima bwe bwose, mu rubanza rwabaye umwaka ushize.

Muri iyo dosiye Bunyoni ari kumwe n’abandi batandatu. Barimo abashoferi be babiri, umwe mu bamwubakira inzu, uwamurindaga mu gipolisi, uwari umukozi w’iperereza hamwe n’uwaru kuriye aho Bunyoni yabanjye guhungira.

Kiriya gitangaza makuru cya navuze ko umutekano wari wakajijwe kuri gereza ya Gitega, abinjiraga mu rubanza babanza gusakwa.

Perezida w’u rukiko rw’ikirenga, niwe wari uyoboye inteko iburanisha Bunyoni.

Mu rubanza Bunyoni yatangiye avuga ko amategeko mu rubanza amwerera kuba yaburana ari hanze ariko ko urukiko rwamwangiye ngo kuko atabishyize mu nyandiko.

Nk’uko byatangajwe n’uko Bunyoni yahakaniye urukiko ibyo aregwa byose. Icyaha cya ruswa, Bunyoni akavuga ko ubucamanza bwa mbere atigeze yerekana abamuhaye iyo ruswa nuko iyo ruswa aregwa yanganaga.

Yongeyeho ko atumva ukuntu bamunyaga n’imitungo yabonye mbere y’umwaka w’2006 mbere y’uko hajaho itegeko rirwanya ruswa.

Yabwiye urukiko ko ubu umuryango we imibereho igoye ngo kuko konti zose ze n’iz’umugore zifunze.

Ku cyaha cyo guhungabanya umutungo w’igihugu no gutunga amafaranga mu nzu, yavuze ko yari afite amafaranga agomba gukoresha buri munsi ariko andi akayabika kuri banki.

Yanahakaniye urukiko ko yahaye umugore we isoko ryo gukodesha inzu yakoreragamo ubwo yari minisitiri, akavuga ko amasezerano yo kuyikodesha yakozwe n’izindi nzego zibiri zari zibishinzwe.

Bunyoni yahakanye kandi yivuye inyuma icyaha cyo gutunga imbunda atabifitiye ububasha, avuga ko izo ntwaro nta nimero zigeze zerekanwa, agasaba ko zizanwa imbere y’urukiko zikerekanwa.

Ku cyaha cyo kugerageza guhirika ubutegetsi, yavuze ko bitumvikana ko yari kugitegurana n’umuntu nka Désiré Uwamahoro usanzwe umurinda muri Polisi, kandi afite abajenerali nka we n’abanyapolitiki bakomeye, kandi bari kumufasha kugera kuri uwo mugambi.

Ku cyaha cyo kugerageza kwica umukuru w’igihugu cyo cyabereye mu mu mwiherero nk’uko byari byagenze mu iburanisha rya mbere.

Perezida w’inteko iburanisha avuga ko mu iburanisha rya mbere, umucamanza atashyizemo ihazabu yari yaciye Bunyoni ingana na miliyari 24 z’amarundi, kandi ibyo ategekwa kunyagwa nibyo yari afite.

Biteganijwe ko urubanza rukomeza uyu munsi ku wa kabiri, ndetse kandi hakunvwa abandi bareganwa nawe.

Gen Bunyoni yashinjwaga ibyaha bitatu ari byo guhungabanya umutekano w’igihugu, no kwiha inyungu zakazi bitemewe n’amategeko.

Ibi byaha byongeyeho kugerageza kwica umukuru w’igihugu, kugerageza guhirika ubutegetsi, ashinjwa kandi icyaha cya ruswa no gutunga imbunda mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Mu mpera z’u mwaka ushize Bunyoni yari yakatiwe gufungwa ubuzima bwe bwose ariko we agahakana ibyo aregwa, yiyemeza kujurira.

              MCN.
Tags: ByoseGen BunyoniIbyaha aregwayahakanye
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by'ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n'u Rwanda Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye u Bufaransa ngo bumuhurize mu biganiro n'u Rwanda,...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate Abarundi mu mujyi wa Bujumbura bawutwikiyemo imodoka ifite pulake y'u Rwanda nyuma y'amagambo yatangajwe n'umushoramari w'Umunyarwanda Sadate Munyakazi. Iyi modoka...

Read moreDetails

Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 17, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w'u Rwanda Amakuru aturuka mu gihugu cy'u Burundi avuga ko perezida w'iki gihugu Evariste Ndayishimiye, yategetse imbonerakure...

Read moreDetails

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho Leta Zunze ubumwe z'Amerika zashimye umwanzuro wafatiwe mu biganiro by'i Doha muri Qatar wo guhagarika imirwano hagati y'Ingabo...

Read moreDetails
Next Post
Utundi duce two muri teritware ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, M23 yatwigaruriye.

Utundi duce two muri teritware ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu y'Amajyaruguru, M23 yatwigaruriye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?