Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

M23 irwanya ubutegetsi bwa Kinshasa yagize icyo itangaza ku bwicanyi bukorerwa abasivile i Goma.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 25, 2024
in Regional Politics
0
M23 irwanya ubutegetsi bwa Kinshasa yagize icyo itangaza ku bwicanyi bukorerwa abasivile i Goma.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

M23 irwanya ubutegetsi bwa Kinshasa yagize icyo itangaza ku bwicanyi bukorerwa abasivile i Goma.

You might also like

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Ni byashizwe ahagaragara n’inyandiko zanditswe na bwana Lawrence Kanyuka umuvugizi wa M23 mu bya politiki, aho yagaragaje ko uyu mutwe wa M23 urajwe inshinga n’ubwicanyi bukomeje kwiyongera i Goma, kandi agaragaza ko bukorwa n’igisirikare cya Repubulika ya demokarasi n’abambari bacyo n’abambari bacyo.

Kanyuka akoresheje urubuga rwa x, ku mu goroba wo ku wa Gatandatu, itariki ya 24/08/2024, yamaganye yivuye inyuma ubwicanyi bwibasira abaturiye umujyi wa Goma uzwi nk’umurwa mukuru w’i Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Yagize ati: “Twamaganye byimazeyo ubwicanyi bukomeje kwibasira abanegihugu bo mu mujyi wa Goma. Umujyi urindwa n’igisirikare gifite ingufu, ariko biratangaje ukuntu icyo gisirikare gitererana abaturage.”

Iz’i nyandiko z’umuvugizi wa M23 mu bya politiki, yanavuze kandi ko iki gisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, mu gutererana abanegihugu bisa nk’aho ari ukurengera izindi nyungu aho kurengera abasivile.

Ati: “Zitererana abaturage, ariko zisa nkizerengera izindi nyungu zabo bwite.”

Uyu muvugizi yanavuze kandi ko ubwicanyi budakorerwa i Goma gusa, ngo kuko ni Butembo naho hari ubundi bwicanyi bukorerwa abasivile ariko bukozwe n’umutwe w’iterabwoba wa ADF.

Ati: “Abatera ubwoba ba ADF barica muri Butembo kuko nta kibatangira.”

Umujyi wa Goma na Butembo ni imijyi iherereye mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, ibyo bice byose kandi bigenzurwa n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta, ariko bigaragara ko ntaruhare izi ngabo zigera zerekana mu kurengera abasivile bicwa umunsi ku wundi.

Kururundi ruhande, Kanyuka yavuze kandi ko no muri Ituri hari indi mitwe y’itwaje intwaro irimo CODECO hamwe n’indi ifatanya nayo mu kwica abaturage uko yishakiye.

Ati: “CODECO hamwe n’abandi bafatanya bikorwa babo bo mu butegetsi bwa Kinshasa, nti dushidikanya ko batungukira mu bibi bakorera Abanyekongo, ariko bizagira iherezo.”

Inyandiko za Lawrence Kanyuka zinavuga kandi ko “ubwicanyi bwibasira abanegihugu ba Congo Kinshasa, umuryango wa AFC, ubinyujije ku muhuza bikorwa wayo Corneille Nangaa, urihanganisha abo babaranywe baturiye utwo turere, ariko birikuza tuzabatabara.”

Ni kenshi ubuyobozi bw’u mujyi wa Goma bwagiye butangaza ko abakora ubujura bitwaje intwaro kandi bakanica abaturage, muri uyu mujyi harimo abasirikare, Wazalendo n’abasivili. Bamwe muri bo bagiye banatabwa muri yombi abandi kugeza ubu baracyakingirwa ikibaba kuko harimo n’abamwe mu bayobozi.

            MCN.
Tags: M23ubwicanyi
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails
Next Post
Ngo haba hagiye kwaka umuriro nyuma y’uko AFC ya Corneille Nangaa, itanze impuruza.

Ngo haba hagiye kwaka umuriro nyuma y'uko AFC ya Corneille Nangaa, itanze impuruza.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?