M23 yahuriye na Leta y’i Kinshasa mu biganiro.
Umutwe wa m23 urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa wahuriye na Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo mu biganiro bigamije gushaka igisubizo ku kibazo cy’umutekano muke mu Burasizuba bwa Congo.
Ni amakuru yatangajwe bwa mbere n’ibiro ntara makuru by’Abongereza, Reuters, aho byavuze ko ibi biganiro byahuje intumwa za m23 n’iza leta y’i Kinshasa byabereye i Doha muri Qatar, kandi ko byabaye mu cyumweru gishize.
Amakuru akomeza avuga ko ibyo biganiro bya huje RDC n’uy’u mutwe wa m23 byabaye mu ibanga rikomeye. Akaba ari nabyo bibaye bwa mbere kuva uyu mutwe wa m23 wubura imirwano mu 2021.
Gusa, byari biteganyijwe ko ibi biganiro bizaba tariki ya 09/04/2025, impande zombi ngo zikaba zarasanze ari ngombwa ko zihura mbere y’iyi tariki, ariko bitabujije ko n’ibi biganiro bindi bizaba.
Amakuru akomeza avuga ko ibi biganiro byagenze neza, ndetse bikaba ari yo mbarutso y’icyemezo m23 iherutse gufata cyo kuva muri centre ya Walikale yari imaze ibyemweru bibiri ifashe, byari mu rwego rwo kwerekana ko ifite ubushake.
Iyi ntambwe y’ibiganiro itewe nyuma y’igihe gito Qatar ifashe umwanzuro wo kuba umuhuza mu kibazo cya RDC imaranye igihe mu Burasizuba bwayo.
Tariki ya 18/03/2025 ni bwo Emir wa Qatar Sheikh Termin Bin yahuje perezida Felix Tshisekedi wa RDC na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame mu biganiro bigamije guhosha umwuka mubi umaze igihe hagati y’ibihugu byombi.
Ibi biganiro byakurikiwe n’uruzinduko abahagarariye m23 barimo umuyobozi mu bya politiki wayo, Bertrand Bisimwa na Colonel Nzeze Imani John ushinzwe iperereza n’ibikorwa bya gisirikare, bagiriye muri Qatar.
Leta ya Qatar yaganirije uyu mutwe iwubaza impamvu bafashe intwaro n’icyo bifuza kuri Leta ya Congo. Ibirambuye kuri iki kiganiro ntibyagiye hanze kuko impande zombi zumvikanye ko bigomba kuba ibanga.
Icyo gihe kandi, intumwa z’u Rwanda n’iza Congo zahuriye muri Qatar, ziganira ku makimbirane ari hagati y’impande zombi kuva mu 2022, ashingiye ahanini ku rugamba rwa m23.
RDC ikaba yaramaze kuva ku izima yemera kuganira na m23 nyuma y’aho uyu mutwe wari ukomeje kwigarurira ibice byinshi mu Burasizuba bw’iki gihugu.