Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

M23 yakiranywe urugwiro n’Abanya-Bukavu.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 16, 2025
in Regional Politics
0
Uko byifashe i Bukavu kuri iki Cyumweru tariki ya 16/02/2025.
114
SHARES
2.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

M23 yakiranywe urugwiro n’Abanya-Bukavu.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Abarwanyi b’u mutwe wa M23 kuri iki Cyumweru tariki ya 16/02/2025, bahawe ikaze ridasanzwe n’Abanye-kongo bo mu mujyi w’i Bukavu ubwo bawinjiragamo, nyuma yo kuwirikanamo ihuriro ry’ingabo za Congo, ririmo FARDC, FDLR, ingabo z’u Burundi na Wazalendo.

Mu masaha y’igitondo cya kare, kuri iki cyumweru nibwo abagize umutwe wa M23 binjiye mu mujyi wa Bukavu, ndetse igihe c’isaha ya saa ine bagaragaye no ku mupaka wa Bukavu uhuza RDC n’u Rwanda.

Ubwo binjiraga abaturage babagaragarije ibyishimo byinshi.

Amashusho abigaragaza ubona babakora mu biganza, banabaririmbira, ubundi bari kubabwira ati: “Turabishimiye. Tubahaye ikaze i Bukavu.”

Ubuyobozi bw’u mutwe wa M23 bwafashe icyemezo cyo kugana i Bukavu nyuma yo gufata Goma, kubera ugutakamba kw’abaturage bagaragazaga akarengane bakomeje gushyirwamo n’ingabo za perezida Félix Tshisekedi (FARDC).

Benshi bibaza uburyo ingabo zirwana ku ruhande rwa leta zahunze uyu mujyi ufatwa nk’uwakabiri kuba uwingenzi mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Gusa, abazobereye iby’intambara bagaragaje ko i Bukavu hatari kurwanirwa kandi ikibuga cy’indege cya Kavumu cyafashwe n’aba barwanyi, akaba ari byo byatumye ingabo za FARDC n’abambari bazo bakuramo akabo karenge.

Nyuma y’ifatwa rya Kavumu, mu kanya gato ku mbugankoranyambaga bahise batangira kwandika ko n’umujyi wa Bukavu wafashwe, ariko bikavugwa ko ho nta mirwano ikanganye yahabereye.

Umujyi wa Bukavu ni ikindi gikorwa gikomeye umutwe wa M23 ugezeho, nyuma y’uko ku wa 27/01/2025 utangaje ko wigaruriye umujyi wa Goma ufatwa nk’umurwa mukuru w’i Ntara ya Kivu Yaruguru.

Mbere y’uko umutwe wa M23 winjira muri uwo mujyi wa Bukavu, kumbugankoranyambaga herekanwaga amashusho agaragaza abana bato batagejeje imyaka 15 barimo kuzengurukana imbunda bambaye n’imyenda itabakwiye bapfa kurasa aho babonye.

M23 yamaganye ibyo bikorwa byatewe na Leta ya Kinshasa yakwije intwaro mu basivili binyuze mu gukorana n’imitwe yitwaje intwaro.

Tags: AbaturageBukavuUrugwiro
Share46Tweet29Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Moïse Nyarugabo yageneye ubutumwa perezida w’u Burundi.

Moïse Nyarugabo yageneye ubutumwa perezida w'u Burundi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?