
Mweso yamaze kuja mubiganza byumutwe wa M23.
Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 28.03.2023, saa 7:35PM, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Amakuru yizewe agera kuri Minembwe Capital News, nuko Umuhana wubutunzi wa Mweso uherereye muri Teritware ya Masisi wigaruriwe ningabo zo mumutwe wa M23.
Ibi bimaze gutangazwa numuvugizi wa M23 mubya Politike bwana Lawrence Kanyuku yagize ati: “Ingabo za Leta ya Kinshasa, zagabye ibitero ku birindiro byacu muri Muhongozi kuva mu gitondo. M23 yirwanyeho kinyamwuga kandi yabohoje Mweso.”
Mweso yafashwe ahagana saa saba niminota mirongwine nitanu. Simuri Mweso gusa habaye imirwano kuko byavuzwe ko nohirya ya Mushaki muduce twa Bihambwe, Kagundu, Kadirishya na Gasiza naho habereye imirwano hagati yihuriro rya Fardc, Fdlr Maïmaï ndetse na Wagner.
Muriyi Mirwano yabaye none ingabo za M23 zerekanye urugamba rwa kinyamwuga nkuko twabibwiwe aho binavugwa ko ingabo za FARDC nabo bafatanije bahunze bagana mumajyepfo ya Masisi.
M23 yari yararekuye Mweso, nyuma yuko basabwe guhagarika imirwano no gusubira inyuma.
Andi makuru nuko Lieutenant Colonel John Gasasira Ntawenda, yatorotse igisirikare cya Repubulika iharanira demukarasi ya Congo, (FARDC), yiyunga ningabo ziri mumutwe wa M23 urwanira muburasirazuba bw’ikigihugu ca Congo Kinshasa.




