M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.
Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n’abandi banyapolitiki barimo n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Cishambo wakiriwe na AFC/M23 yahoze ari guverineri w’i ntara ya Kivu y’Amajyepfo igihe cya Joseph Kabila Kabange na we uheruka kwiyunga kuri iri huriro.
Aya makuru yashyizwe hanze n’umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka kuri uyu wa gatatu tariki ya 04/06/2025.
Kanyuka yagize ati: “Twakiriye uwahoze ari guverineri w’i ntara ya Kivu y’Amajyepfo, Marcelin Cishambo ndetse n’irindi tsinda rigizwe n’inanarirobnye muri politiki n’abandi bayobozi, n’abamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse n’abo muri diasipora.”
Ubutumwa bwa Lawrence Kanyuka bwanagaragazaga ko abo bakiriye ko babakiriye i Goma ahazwi nk’umurwa mukuru w’i ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Cishambo wiyunze kuri m23 yabaye guverineri w’i ntara ya Kivu y’Amajyepfo hagati ya 2010 na 2017 akaba yaranigeze kuba umujyanama w’igihugu mu bya politiki w’umukuru w’igihugu muri 2006.

Uyu mugabo ukomeye yiyunze kuri AFC/M23 nyuma yigihe gito iri huriro kandi ryakiriye Joseph Kabila wabaye perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, kuri ubu akaba ari gukorera ibikorwa biganisha ku kugarura amahoro mu Burasizuba bw’i ki gihugu, ni n’ibikorwa ari gukorera i Goma hagenzurwa n’iri huriro rigamije gushyiraho akadomo kanyuma ubutegetsi bw’i Kinshasa.