Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Martin Fayulu yatangaje ko muri RDC habaye Coup d’etat mu mwaka wa 2018.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 18, 2023
in Uncategorized
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Martin Fayulu uravuga rumwe nubutegetsi bwa Kinshasa yavuze ko muri RDC habaye ihirika ubutegetsi mu mwaka wa 2018.

You might also like

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Yanditswe na: Bruce Bahanda, tariki 18/08/2023, saa 10:00Am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.

Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika ya Democrasi ya Congo, RDC, yatangaje ko mu mwaka wa 2018 muri iki gihugu habaye ihirikwa ry’ubutegetsi bwari bugiye kujyayo hashingiwe ku Itegekonshinga.

Ibi yabitangaje ubwo yagaragazaga ko ashyigikiye ko Mohamed Bazoum wakuwe ku butegetsi n’abasirikare tariki ya 26/07/ 2023 yabusubiraho, mu rwego rwo kubahiriza ibiteganywa n’Itegekonshinga.

Fayulu ati: “Mu gihe muri Niger twibaza ku buryo hasubiraho gahunda y’Itegekonshinga nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi ryakozwe n’abasirikare, muri RDC turibaza ku buryo twakwirinda indi coup d’état y’Itegekonshinga nyuma y’iyabaye mu 2018. Kwica itegekonshinga ni intandaro y’umutekano muke muri Afrika.”

Uyu munyapoliti ni umwe mu bakandida batatu bari bahataniye umwanya wa Perezida wa RDC mu mwaka wa 2018.hari kandi na Félix Tshisekedi uyoboye iki gihugu na Emmanuel Ramazani Shadary wari uhagarariye ishyaka PPRD rya Joseph Kabila.

Komisiyo y’amatora ya RDC yatangaje ko Tshisekedi yagize amajwi 38.56%, Fayulu agira 34.82%, Shadary agira 23.83%, gusa Fayulu yatangaje ko iyo atibwa amajwi, aba ari we watsinze, akayobora iki gihugu.

Ibyo kuba Fayulu “yaribwe amajwi” si we gusa wabivuze kuko hari n’amahanga yabigaragaje mu marenga, muri uyu mwaka wa 2023 biza gushimangirwa na Corneille Nangaa wayoboraga komisiyo y’amatora icyo gihe, akaba ari na we watangaje intsinzi ya Tshisekedi.

Kwibwa amajwi kwa Fayulu ni ko yise guhirika ubutegetsi yari yahawe n’abaturage bamutoye ku bwinshi. Ni na byo asaba ko bitazasubira mu matora ateganyijwe mu mpera z’uyu mwaka wa 2023, aho byitezwe ko azaba ari umwe mu bakandida bakomeye bazaba bahatanye.

Tags: Coup d'ÉtatMartin FayuluMumwaka wa 2018Rdc
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

by Bruce Bahanda
May 29, 2025
1
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi. Hafashwe umukobwa wari ufite misiyo yo kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu misozi miremire y'i Mulenge muri Kivu...

Read moreDetails

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

by Bruce Bahanda
April 28, 2025
0
Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Iby'impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi. Urubuga rwa Whatsapp rwamamaye ku isi cyane, ahanini mu gufasha abantu kuganira, rugiye gushyiraho uburyo bwo kurinda...

Read moreDetails

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

by Bruce Bahanda
April 12, 2025
0
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge living in Mbarara, Uganda, are honoring the hero of Mulenge, General Rukunda Michel, widely known as Makanika. In this regard, they are organizing a football match, and...

Read moreDetails

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

by Bruce Bahanda
April 11, 2025
0

The government of the Democratic Republic of the Congo has requested the authorities in Doha, Qatar, to ask AFC/M23 to withdraw its fighters from all areas it has...

Read moreDetails

What you should know about what is being said in Kisangani.

by minebwenews
April 2, 2025
0
What you should know about what is being said in Kisangani.

The city of Kisangani in the province of Tshopo, which is the third largest in Congo after Kinshasa, the capital city of DRC Congo, and Lubumbashi in the...

Read moreDetails
Next Post

Komisiyo yamatora mu Ntara ya Kivu yamajy'Epfo, yatanze Gahunda ijanye na bashaka gutanga kandidatire kumwanya w'ubudepite.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?