Mbere yuko Air India ikora impanuka ikomeye, umuhanuzi yari yabivuze.
Astro Sharmish, umuhanuzi w’Imana wo mu gihugu cy’u Buhinde, byatangajwe ko yari amaze igihe ahanuye ibyago bizaba muri iki gihugu bijyanye n’impanuka y’indege, kandi ahamya ko bizaba muri uyu mwaka wa 2025.
Ni amakuru akomeje gutangazwa ku mbugankoranyambaga zitandukanye, aho avuga ko uyu muhanuzi ko yari yarahanuye ko mu 2025 hazaba ibyago bijyanye n’ihanuka ry’indege.
Biranavugwa ko mu cyumweru gishize, yongeye kwibutsa abantu ko ibyo yari yarahanuye bishobora kuba mu minsi mike iri mbere.

Ku munsi w’ejo ku wa kane tariki ya 12/06/2025, ni bwo rero indege ya Air India yo mu bwoko bwa Boing 787 Dreamliner yakoze impanuka ikomeye.
Iyi ndege ikaba yarivanye abangenzi ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Ahmedabad cyo mu Buhinde, ibajyanye i Londre mu Bwongereza, nyuma y’iminota mike ihagurutse ihita ikora iriya mpanuka.
Air India yaritwaye abantu 243, barimo abo mu bihugu by’u Burayi 53, Abahinde 159, Abanyapolitigal 7, Umunya-Canada 1, n’abana 11 barimo impinja 2. Ubundi kandi yarimo n’abakozi b’iyi sosiyete y’indege ya Air India 12.
Igitangaje umuntu umwe gusa ni we warokotse iyi mpanuka ni mu gihe yasimbutse mu idirishya nyuma yuko yari amaze kubona ko byakomeye.
Inzego z’ubutabazi zatangaje ko hamaze kuboneka imibiri 204 y’abahitanwe n’iyi mpanuka, ariko ko bagikomeje gushakisha indi myinshi ikibuze.