• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, March 11, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Menya uburyo Qatar yo yabishoboye ihuza Kagame w’u Rwanda na Tshisekedi wa RDC, ibyatangaje benshi.

minebwenews by minebwenews
March 19, 2025
in Regional Politics
0
Intambara ibera muri RDC ngo yaba igiye gushirwaho akadomo kanyuma.
75
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Menya uburyo Qatar yo yabishoboye ihuza Kagame w’u Rwanda na Tshisekedi wa RDC, ibyatangaje benshi.

You might also like

Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris

Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda

Perezida Kagame w’u Rwanda na mugenzi we wa Repubulika ya demokarasi ya Congo Congo Felix Tshisekedi, bahuriye i Doha muri Qatar bagirana ibiganiro bidasanzwe bigamije kurebera hamwe ibibazo bimaze imyaka myinshi mu ntambara mu Burasizuba bwa Congo.

Aha’rejo nibwo aba banyacyubahiro babiri bahuriye i Doha, nk’uko byemejwe na leta ya Qatar, aho yatangaje ko iyi inama yahuriyemo perezida Tshisekedi na Kagame ari iya gicuti.

Ni mu gihe muri iyi myaka yavuba ubushamirane hagati yaba bategetsi bombi bwarushijeho kwiyongera cyane ku kigero kiri hejuru, kandi imihate yo kubahuza yarakozwe ariko ntacyo yatanze, kugeza mu ijoro ryaraye rikeye rishyira kuri uyu wa gatatu benshi batunguwe no kubabona bicaranye na Emir wa Qatar.

Tshisekedi ushinja Kagame kohereza ingabo zikinjira muri RDC gufasha umutwe wa m23, byageze aho abwira Kagame ko birangiye batozongera guhura usibye mu ijuru.

Kagame na we yari aherutse gutangaza ko aramutse ahuye na mugenzi we Tshisekedi yamubwira ngo “iyaba atari perezida wa kiriya gihugu cyiza.”

Ariko muburyo bw’ibanga Qatar, yahamagaye aba bagabo bombi ibasaba kuza i Doha bafata indege zabo berekezayo, bakicarana bakaganira.

Benshi batunguwe no kubabona bicaranye, kandi batangazwa na Qatar yabigizemo uruhare.

Inyandiko zashizwe hanze n’igitangazamakuru cya BBC zigaragaza ko umwanditsi witwa Joson Stearns w’Umunyamerika yakibwiye ko ibyabaye “bitangaje cyane.”

Gusa, umubano wa Qatar ifitanye na RDC n’u Rwanda, ndetse n’umwanya wayo mu bikorwa by’ubuhuza ntibyakwirengagizwa.

Iki gihugu cya Qatar ni gito, ariko gifite ubukungu bukomeye, kimaze kubaka ijambo mu bijyanye no guhuza ibiganiro by’amahoro mu myaka 20 ishize.

Leta y’iki gihugu yanashyize imbaraga mu buhuza ku makimbirane atandukanye ku isi, ndetse yanashyizeho minisitiri wa Leta ushyinzwe ibyo bikorwa.

Mu 2010, iki gihugu cyahamagariye amasezerano yo guhagarika intambara hagati ya Leta ya Yemen n’inyeshyamba z’Aba-Houthi, ariko ayo masezerano baje kuyarengaho.

Muri uwo mwaka kandi yayoboye ibiganiro by’amahoro hagati ya Leta ya Sudan n’imitwe yitwaje intwaro yo mu ntara ya Darfour yayirwanyaga.

Mu 2020, Qatar yabaye umuhuza mu biganiro by’amahoro hagati y’Abatalibani na Amerika mu gushaka igisubizo ku ntambara yari imaze imyaka 18 muri Afghanistan.

Mu 2022 Qatar yahuje Leta ya Tchad n’imitwe y’inyeshyamba zayirwanyaga.

Kimwe kandi nuko mu 2022 yahuje Amerika n’u Burusiya ku guhererekanya imfungwa.

Mu 2023, Qatar yasabye perezida w’u Rwanda Paul Kagame kurekura Paul Rusesabagina uwo Leta Zunze ubumwe z’Amerika zari zimaze igihe zimusaba akabyanga, ariko kubwa Qatar ahita umurekura mu gutaha ajya aho aba muri Amerika Rusesabagina yaciye i Doha muri Qatar.

Qatar kubera ibikorwa by’ubuhuza, ivuga ko iki gihugu ari “umuhuza utabogamye,” ndetse ivuga ko ari umufatanyabikorwa mpuzamahanga mu gukemura amakimbirane mu mahoro na dipolomasi.

Qatar n’u Rwanda mu myaka yavuba ishize, byubatse ubucuti bushingiye ku ishoramari rya Qatar rya miliyoni amagana z’amadolari mu by’indege mu Rwanda.

Ibi bihugu bifitanye amasezerano y’ubufatanye atandukanye yasinywe guhera mu 2017 ubwo ibi bihugu byatangizaga umubano wa dipolomasi, na Qatar igafungura ambasade i Kigali mu 2021.

Mu 2019, Leta zombi zasinye amasezerano yo gukomeza kubaka ikibuga cy’indege cya Bugesera cy’agaciro ka miliyoni 1.3 z’amadolari aho Qatar yiyemeje gushyiramo 60%.

Mu gihe cya vuba, ibigo bya Qatar financial center na Rwanda financial limited byasinye amasezerano yo gufashanya mu gufungura amahirwe mashya ya “business’ ku masezerano y’ibi bihugu byombi.

Mu kwezi gushize, Leta ya Qatar yemeje umushinga w’itegeko ryo gukuraho visa ku baturage b’u Rwanda bafite pasiporo zisanzwe hagati ya Qatar n’u Rwanda.

Hagataho, nk’uko bigaragara mu nyungu z’imikoranire n’ubucuti, bisa n’ibigoye ko Emir wa Qatar yahamagara perezida w’u Rwanda ngo ajye mu nama i Doha ntajyeyo mu gihe nta mpamvu ikomeye ibayeho imubuza.

Ku rundi ruhande, Qatar na RDC mu 2019 byasinye amasezerano ashyiraho umubano wa dipolomasi hagati yabyo, ikindi nuko vuba aha Qatar yatangaje ko irimo kwihutisha ibikorwa byo gufungura ambasade yayo i Kinshasa.

Usibye n’icyo, Qatar yatangije ingendo zayo ziva ku kibuga cy’indege cya Hamad International Airport i Doha zigana i Kinshasa ku kibuga cy’indege cya Ndili.

Ubundi kandi nuko perezida Felix Tshisekedi yagiye agirira ingendo i Doha muri Qatar, akaganira na Emir Sheikh Termin bakaganira ku bintu bitandukanye birimo n’amasezerano ibi bihugu bifitanye.

Ibi nabyo bigaragaza ko RDC nayo ifite inyungu nyinshi ku mubano na Qatar, no kuba uyu mkuru w’iki gihugu cya Qatar yakenera perezida Felix Tshisekedi yahita amwitaba atazuyaza.

Umuhate wa Qatar mu bikorwa by’ubuhuza n’ibiganiro by’amahoro bitandukanye, n’umubano wayo n’u Rwanda ushingiye ku nyungu n’ubukungu, bishobora gusobanura impamvu ibyananiye abandi mu myaka myinshi yo yabigezeho tariki ya 18/03/2025.

Tags: QatarRdcRwandaUbuhuza
Share30Tweet19Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ibura ry’Ingengo y’Imari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (East African Community – EAC) ukomeje guhura n’ikibazo gikomeye cy’ibura ry’amafaranga, gishobora kugira ingaruka zikomeye...

Read moreDetails

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ngufu za Nikleyeri i Paris Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, ari mu bayobozi bakomeye ku isi bitabiriye inama mpuzamahanga ya kabiri...

Read moreDetails

Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda

Kinshasa: Jean-Luc Habyarimana Aravugwa mu Mugambi wa Tshisekedi wo Guhuza Imitwe Irwanya u Rwanda Amakuru aturuka mu nzego zikurikirana ibibera muri politiki y’akarere k’Ibiyaga Bigari akomeje kugaragaza ko...

Read moreDetails

EAC Yahagurukiye Ikibazo cy’Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
March 10, 2026
0
EAC Yahagurukiye Ikibazo cy’Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC

EAC Yahagurukiye Ikibazo cy’Umutekano mu Burasirazuba bwa RDC Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, uzwi nka East African Community (EAC), wasabye impande zihanganye mu ntambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika...

Read moreDetails

Uvira: Ihuriro Rikomeye ry’Ingamba z’Igihe Kirekire za FDLR n’Ingaruka Zabyo ku Mutekano w’Akarere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
March 9, 2026
0
Loni Yashinje Ingabo za Leta ya RDC n’Umutwe wa FDLR Gukora Ihohoterwa Rishingiye ku Gitsina ku Baturage

Uvira: Ihuriro Rikomeye ry’Ingamba z’Igihe Kirekire za FDLR n’Ingaruka Zabyo ku Mutekano w’Akarere k’Ibiyaga Bigari Mu mujyi wa Uvira, umwe mu mijyi ifite uruhare rukomeye mu ntara ya...

Read moreDetails
Next Post

Tshisekedi and Kagame Hold Talks in Doha

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?