• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, March 11, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Menya amabuye y’agaciro ahenze kurusha ayandi ku Isi.

minebwenews by minebwenews
November 1, 2024
in Uncategorized
0
Menya amabuye y’agaciro ahenze kurusha ayandi ku Isi.
81
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Menya amabuye y’agaciro ahenze kurusha ayandi ku Isi.

You might also like

AFC/M23 Accuses the Kinshasa Government of Brutality Against Civilians in the Highlands of Minembwe

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

Nubwo muri rusange ahenze, ariko aya mabuye y’agaciro ntagura kimwe ku isoko. Hari n’ubwo usanga igiciro cya rimwe gikubye icy’irindi inshuro hafi igihumbi.

Uribaza ko irihenze kurusha irindi muri uyu mwaka w’2024 nirihe? Aha ikinyamakuru cya Finance Online cyibanda cyane kuby’ishoramari cyatanze igisubizo, ndetse kigaragaza ko “Blue Diamond” ari yo ihenze cyane kuko karito yayo imwe igura hafi miliyoni $4.

Muri iyi inkuru, kiriya kinyamakuru cyatugaragarije amabuye y’agaciro 10 ahenze kurusha ayandi muri uyu mwaka.

  1. Blue Diamond: Agaciro kiri buye kageze kuri miliyoni 3.93. Guhenda kwaryo bishingira ku kuba ari imbonekarimwe, uko rirabagirana, ndetse no gukomera Bivugwa ko rikunzwe cyane n’abantu benshi ugereranyije n’andi mabuye y’agaciro, rikoreshwa mu by’inkundo, kandi ryamamazwa kenshi.
  2. Musgravite: Iri ryavumbuwe muri Australia mu 1967 ariko ntiriboneka ku isoko cyane. Nyuma y’aho ryabonetse no muri Madagascar, ribarwa muyimboneka rimwe kuko karito yaryo imwe igura ari hagati ya $3,000 na $50,000. Agaciro karyo mu 2024 kageze ku $35,000 kuri karito imwe.

3.Jadeite: Bizwi ko karito yayo imwe mu 2024 igurwa $20,000. Rikunze kuboneka muri Mynmar, abenshi mu barigura bakaba barikoresha mu migenzo y’iyobokamana, ubuvuzi, intwaro gakondo, ndetse no mu mikufi(bijoux).

  1. Alexandrite: Agaciro k’iri buye kageze ku $12,000 kuri karito imwe mu 2024. Ryagaragaye bwa mbere mu Burusiya mu myaka ya 1840, rikaba rishyirwa ku rutonde rw’ahenze kandi adapfa kuboneka kuko karito imwe yaryo igura hagati ya $10,000 na $50,000. U Burusiya ni bwo bwakomeje gufatwa nk’igicumbi cyaryo, ariko ryaje kuboneka no muri Sri Lanka, Brazil, no mu bice bimwe byo muri Afrika y’iburasirazuba.
  2. Red Beryl: Karito imwe y’iri buye igura $10.000 mu 2024. Riboneka bigoranye kurusha “diamond” ndetse inshuro igihumbi. Kuva ryavumburwa n’umunyamerika Maynard Bixby mu 1904, riboneka ahantu hamwe ku Isi, mu misozi ya Wah Wah iherereye mu muri Utah, muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika. Karito imwe y’iri buye usanga akenshi igura hagati ya $10,000 na 100,000.
  3. Padparadscha Sapphire: Karito imwe y’iri buye igeze kuri $8,000 mu 2024. Rikunze gucukurwa muri Sri Lanka ariko riboneka no muri Madagascar na Tanzania. Gusa iyo ricukuwe muri Sri Lanka ni bwo agaciro karyo kaba kari hejuru cyane bitewe ahanini n’ibara.

7.Benitoite: Agaciro ka karito imwe y’iri buye mu 2024 kageze ku $3,800. Riboneka cyane i California muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, ari naho ryavumbuwe mu 1907. Ryabanje kwitiranywa n’iryitwa sapphire, bimenyekana ko ryihariye mu 1985. Ribarwa mu riboneka gake kandi rihenze kuko karito yayo imwe hari ubwo igura arenga $10,000. Uretse muri Carfonia, iri buye ryabonetse muri Arkansa no mu Buyapani.

  1. Black Opal: Karito imwe y’iri buye mu 2024, iragurishwa $3,500. Riboneka cyane muri Australia kuva mu 1977 kandi nabwo hake cyane, mu mabara atandukanye arimo umutuku, icyatsi, cyangwa ubururu. Magingo aya aho riboneka cyane ni muri New South Wales, karito imwe y’iri buye igura hagati ya $3,000 na $10,000.
  2. Demantoid Garnet: Karito imwe y’iri buye mu 2024 irabarirwa agaciro ka $3,300. Ryavumbuwe na Nils Gustaf Nordenskiöld mu Burusiya, mu kinyejana cya 19. Ribarwa mu mabuye y’agaciro aboneka gake cyane kuko mu Burusiya ni ho hagifatwa nk’igicumbi cyaryo, ndetse biragoye ko wabona irirengeje karito 10 kuko akenshi aya mabuye aba ari mato.
  3. Taaffeite: “Karito imwe y’iri buye ihabwa agaciro ka $2,500 mu 2024. Bivugwa ko riboneka gake inshuro miliyoni ugereranyije na ‘diamond; Ryavumbuwe bwa mbere n’umunya-irlande Edward Charles Richard Taaffe mu 1945, rikaba ryarabonetse muri Sri Lanka, Tanzania n’u Bushinwa. Karito imwe y’iri buye igura hagati ya $2,000 na $4,000, nubwo hari iri shobora guhenda cyane nk’indobanure ikageza ku $35,000. Ikunze kwifashoshwa mu ikorwa ry’imikufi.
Tags: Ahenze ku IsiAmabuye y'AgaciroDiamondRed Beryl
Share32Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

AFC/M23 Accuses the Kinshasa Government of Brutality Against Civilians in the Highlands of Minembwe

by Bahanda Bruce
February 20, 2026
0
AFC/M23 Yashinje Leta ya Kinshasa Ubugizi bwa Nabi ku Baturage bo mu Misozi ya Minembwe

The political and military coalition Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) has released an urgent statement expressing serious concern over the worsening insecurity in the areas of Minembwe, Mikenge, and...

Read moreDetails

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

by Bahanda Bruce
February 16, 2026
0
Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura

Perezida Ndayishimiye Yakiriwe Nk’Intwari i Bujumbura Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yakiriwe mu buryo budasanzwe n’imbaga y’abaturage i Bujumbura, nyuma yo gusoza urugendo yari yagiriye i Addis Abeba...

Read moreDetails

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
February 9, 2026
0
Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC

Angola n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu Mushinga wo Kugarura Amahoro arambye mu Burasirazuba bwa RDC Ku butumire bwa Perezida wa Repubulika ya Angola, akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango...

Read moreDetails

FARDC Drone Attacks in Minembwe Injure Civilians

by Bahanda Bruce
January 31, 2026
0
FARDC Drone Attacks in Minembwe Injure Civilians

Reliable information from the center of Minembwe, in South Kivu Province, reports that a drone believed to belong to the Armed Forces of the Democratic Republic of the...

Read moreDetails

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

by Bahanda Bruce
November 28, 2025
0
Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga Guinée-Bissau yinjiye mu bibazo bikomeye bya politiki nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi ryabaye ku wa 27/11/2025, ni mu gihe hari imvururu...

Read moreDetails
Next Post
Icyateye ukwikanga kw’abaturage ba Bibogobogo cyamenyekanye.

Icyateye ukwikanga kw'abaturage ba Bibogobogo cyamenyekanye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?