• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, December 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Menya amateka yabasirikare bakuru mungabo z’u Rwanda bagiye muzabukuru.

minebwenews by minebwenews
August 31, 2023
in Uncategorized
1
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

James Kabarebe

You might also like

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Kabarebe, yavukiye ahitwa i Banda ho mugihugu ca Uganda ahagana mu mwaka wa 1959, aha ninaho yigiye amashuri abanza kugeza muri kaminuza, aho yize muri kaminuza ya Makerere, ahakura impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri mu bugeni na politiki.

Yaje kwinjira mu gisirikare ca Uganda ahagana mu mwaka wa 1989, hashize imyaka itatu Perezida Yoweri Kaguta Museveni afashe ubutegetsi, kandi ari mu basirikare batangije urugamba rwo kubohora u Rwanda tariki 01/10/1990, ayobora abarwanyi ba RPF Inkotanyi, bari ku kigo gikuru ku Mulindi wa Byumba.

Mu mwaka wa 1996, hashize imyaka ibiri RPF Inkotanyi, ibohoye u Rwanda, Kabarebe yayoboye abasirikare bambutse bajya mu cyahoze cyitwa Zaïre, Bagiye gukuraho ubutegetsi bwa Mobutu Seseko Kuku Ngwendo Wazabanga ndetse banakurikiye Interahamwe n’abahoze mu ngabo za Leta bagiye kwisuganyirizayo, bagamije kuzagaruka ngo bisubize ubutegetsi. Ikindi cyari kigamijwe ni ugucyura impunzi zabarirwaga muri miliyoni 3 zari hafi y’umupaka.

Kabarebe kandi yayoboye abasirikare bafashije abarwanyi b’umutwe witwa AFDL wa Laurent Desiré Kabila bakuye ku butegetsi Mobutu Sese Seko mu mwaka wa 1997. Uyu Mobutu Seseko, yari yarasezeranyije Interahamwe kuzifasha gutera u Rwanda, zikarufata. Ni umugambi wari waragejejwe ku mpunzi z’Abahutu, utuma zimwe ziba zirindiriye.

Kubera ubufasha Kabarebe yahaye Laurent Kabila kugeza agiye ku butegetsi, Kabila yagize uyu musirikare Umugaba Mukuru w’ingabo za Congo ico gihe ntiyari icyitwa Zaïre gusa hagati y’Abanyekongo n’Abanyarwanda hatutumba umwuka mubi watumye akurwa kuri iyi nshingano, arataha, asubira muri Congo ayoboye urugamba rwashoboraga gukura uyu mutegetsi ku ntebe, binyuze muri ‘Opération Kitona’ yo mu mwaka wa 1998.

Hashize imyaka mike, mu mwaka wa 2002 Perezida Paul Kagame yagize Kabarebe Umugaba Mukuru w’ingabo z’u Rwanda, mu mwaka wa 2010 amugira Minisitiri w’Ingabo kugeza mu mwaka wa 2018 ubwo yamugiraga umujyanama we wihariye mu bya gisirikare.

Menya na Fred Ibingira

Ibingira na we yavukiye muri Uganda mu mwaka wa 1964, akaba ari mu basirikare ba RPF Inkotanyi batangije urugamba rwo kubohora u Rwanda mu mwaka wa 1990.

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) kigaragaza ko uyu musirikare ahagana mu mwaka wa 1978 yayoboye Palatuni, naho mu mwaka wa 1988 ayobora Kampani, mu 1989 ayobora Batayo yitwaga OPTO 21, zose zo muri Uganda.

Urugamba rwo kubohora u Rwanda rwatangiye mu 1990 ari Komanda wungirije wa Batayo ya Task Force A, mu 1991 ayobora Batayo ya 7, mu 1991 ayobora Batayo ya A Mobile Force, mu 1992 aba komanda wungirije w’ingabo zari mu rugamba rwo kubohora igihugu mu Mutara.

Fred Ibingira dusanga yarakoze imirimo itandukanye ahagana mu mwaka wa 1993, Ibingira yabaye komanda wa Batayo ya CO 157 Mobile Force, aba n’umuyobozi w’urukiko rwa gisirikare rwa RPF, mu 1994 ayobora Burigade ya 301, mu 1998 ayobora Burigade ya 402, kuva mu 2003 kugeza mu 2010 ayobora Diviziyo ya 1, kuva ubwo aba Umugaba w’Inkeragutabara kugeza mu 2021 ubwo yahagarikwaga by’agateganyo azira kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.

Charles Kayonga

Charles Kayonga yavukiye muri Uganda mu 1962, yigayo amashuri yose kugeza muri kaminuza ya Makerere, aho yakuye impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri mu bugeni.

Yabaye mu gisirikare cya Uganda, atangirana n’abandi barwanyi ba RPF Inkotanyi urugamba rwo kubohora igihugu mu mwaka wa 1990 ndetse azwiho akazi gakomeye nk’umusirikare wayoboye Batayo ya 3 yari igizwe n’abasirikare 600 bamaze igihe barindiye abanyapolitiki bari bahagarariye RPF Inkotanyi ku nyubako ya CND, ubu ni ingoro y’inteko ishinga amategeko.

Lt Gen Charles Kayonga yayoboye Batayo ya 3 mu rugamba rwo kubohora igihugu,
Nyuma y’urugamba rwo kubohora igihugu, Kayonga yakoze imirimo itandukanye.

Kayonga ni we wasimbuye Kabarebe ku mwanya w’Umugaba Mukuru w’ingabo mu mwaka wa 2010, na we aza kuwusimburwaho na Patrick Nyamvumba mu mwaka wa 2013.

Mu mwaka wa 2014, Perezida Kagame yagize Kayonga Ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa, ni inshingano yaje kuvaho mu mwaka wa 2019. Nyuma y’aho, keretse kuba ofisiye, nta kandi kazi kihariye yari afite muri RDF.

By Bruce Bahanda.

Tariki 31.08.2023.

Tags: Amateka yaboCharles KayongaFred IbingiraKabarebe
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

by Bahanda Bruce
November 28, 2025
0
Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga Guinée-Bissau yinjiye mu bibazo bikomeye bya politiki nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi ryabaye ku wa 27/11/2025, ni mu gihe hari imvururu...

Read moreDetails

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

by minebwenews
May 29, 2025
1
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi. Hafashwe umukobwa wari ufite misiyo yo kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu misozi miremire y'i Mulenge muri Kivu...

Read moreDetails

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

by minebwenews
April 28, 2025
0
Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Iby'impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi. Urubuga rwa Whatsapp rwamamaye ku isi cyane, ahanini mu gufasha abantu kuganira, rugiye gushyiraho uburyo bwo kurinda...

Read moreDetails

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

by minebwenews
April 12, 2025
0
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge living in Mbarara, Uganda, are honoring the hero of Mulenge, General Rukunda Michel, widely known as Makanika. In this regard, they are organizing a football match, and...

Read moreDetails

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

by minebwenews
April 11, 2025
0

The government of the Democratic Republic of the Congo has requested the authorities in Doha, Qatar, to ask AFC/M23 to withdraw its fighters from all areas it has...

Read moreDetails
Next Post

Ishirahamwe PINI, ngo rikomeje gukora ibikorwa byindashikirwa mu Misozi Miremire y'Imulenge.

Comments 1

  1. Gasore says:
    2 years ago

    Mwarakoze basaza beza ni muruhuke Gato
    Abandi bazabugireho

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?