Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Menya ibya operasiyo iteganywa gukorwa yo guhashya FDLR muri RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
September 3, 2024
in Regional Politics
0
Menya ibya operasiyo iteganywa gukorwa yo guhashya FDLR muri RDC.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Menya ibya operasiyo iteganywa gukorwa yo guhashya FDLR muri RDC.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni operasiyo ihuriyemo n’igisirikare cy’u Rwanda (RDF) n’icya Repubulika ya demokarasi ya Congo (FARDC), birateganya gusenya umutwe w’iterabwoba wa FDLR muri RDC.

Amakuru avuga iby’iyi operasiyo, avuga ko iyi gahunda yaganiriweho ku itariki ya 29 na 30/8/2024, ubwo abakuru b’ubutasi bw’u Rwanda, Angola na RDC bahuriraga mu nama yabereye i Rubavu mu gihugu cy’u Rwanda.

Muri iyi nama, intumwa z’u Rwanda zari ziyobowe n’umunyamabanga mukuru w’ungirije w’urwego rw’igihugu rushinzwe umutekano n’iperereza, Brigadier General Jean Paul Nyirubutama.

Mu gihe uruhande rwa Leta ya Kinshasa, yari ihagarariwe na Gen Major Christian Ndaywel ukuriye ubutasi bwa gisirikare bwayo, mu gihe Angola isanzwe ari umuhuza mu bibazo by’u Rwanda na Congo yari ihagarariwe na Matias Bertino Matondo ukuriye urwego rushinzwe ubutasi bwo hanze.

Urubuga rwa Africa Intelligence, rwatangaje ko ibyibanzweho muri iyi nama ni ugusenya umutwe wa FDLR. Uru rubuga rwanavuze kandi ko iyi nama yabaye mu ibanga rikomeye, ndetse ko aba baye muri ibyo biganiro baraganiraga amanywa n’ ijoro.

Leta ya Kigali isanzwe ivuga ko nyiribayazana w’umutekano muke kwari FDLR, umutwe umaze imyaka 30 ukorera ku butaka bwa RDC, ndetse ukorana byahafi n’igisirikare cy’iki gihugu, ari nabyo bituma haba umwuka mubi hagati y’u Rwanda na RDC.

Amakuru avuga ko muri iyi nama, intumwa z’u Rwanda na Congo, zateye umukono ku masezerano ahuriweho yo gusenya no guca FDLR intege.

Iyi gahunda igizwe n’ibyiciro icumi ikaba igomba kumara iminsi 120. Muri iki gihe abakuriye inzego za gisirikare n’izubutasi bazajya bahurira mu nama zitandukanye mu rwego rwo guhanahana amakuru.

Naho komisiyo ishinzwe ubugenzizi , mu bibazo by’u Rwanda na RDC, izayoborwa na Lt Gen João Nassone wo muri Angola ari nayo muhuza.

Ku bijanye no gusenya FDLR, biteganijwe ko uyu mutwe uzagabwaho ibitero na FARDC ifatanije n’ingabo z’u Rwanda, ibitero bikazamara iminisi itanu. Nyuma yo gusenya uyu mutwe u Rwanda ngo ruzahita rukuraho ingamba z’u bwirinzi rumaze igihe rwarafashe.

Ndetse kandi kuri iyi gahunda, hazakurikiraho gusubiza mu buzima busanzwe abarwanyi b’uyu mutwe wa FDLR, nyuma u Rwanda na RDC bikazashyiraho urwego bihuriyeho rwo gukurikirana ko umutekano w’ibihugu byombi udahungabanywa.

Gusa, nta tariki izwi iyo operasiyo izatangiriraho, ariko biteganijwe ko iyo gahunda izanozwa mu biganiro biteganyijwe kuba muri uku kwezi, aho bizahuza u Rwanda na RDC muri Angola.

               MCN.
Tags: FardcOperasiyoRdcRDF
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post

China completed almost 40% fewer skyscrapers in 2021, report says

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?