Menya impamvu Kabila yasuye abasirikare bari i Rumangabo.
Joseph Kabila Kabange uheruka kugera i Goma hagenzurwa n’ihuriro rya AFC/M23, yasuye abasirikare bari mu kigo cy’ingabo zitozwa andi matwara atari aya Leta y’i Kinshasa kugira ngo arusheho kugaragaza gushyigikira impinduka zikomeye zirimo kuba muri iki gihugu. Ingabo zasuwe zahoze zirwana ku ruhande rwa Leta ya Congo, zizagufatwa n’abarwanyi bo muri uyu mutwe wa M23.
Iki kigo Kabila yasuye n’icya Rumangabo giherereye muri teritware ya Rutshuru mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Nyuma y’uko Kabila ageze i Goma ku wa mbere muri iki cyumweru, icyo yakoze rugikubita aha’rejo yahise asura izo ngabo zahoze ari za Leta ziri kwigishwa ingengabitekerezo ya AFC/M23.
Amakuru akomeza avuga ko uruzinduko rwe i Rumangabo ahanini yari yifuje kumenya uko ziriya ngabo ziri kwigishwa politiki nshyashya itandukanye n’iyo zahoze zitozwa kwa perezida Felix Tshisekedi.
Kabila nk’umusirikare watojwe neza akaba kandi yarayoboye RDC imyaka 18 kuko yagiye ku ngoma mu mwaka wa 2001 ayivaho mu 2018, afite ubushobozi bwo kuzana izindi mbaraga nshya mu mutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi.
Abarwanyi b’uyu mutwe Kabila yiyunzeho, bagamije gushyiraho akadomo kanyuma ubu butegetsi bwa Felix Tshisekedi.
Ikindi Kabila aza gukurikizaho ni inama zingenzi zitandukanye zizagenda zimuhuza n’abayobozi batandukanye bo muri iri huriro rya AFC/M23 ndetse n’abandi bayobozi bo mu mashirahamwe yigenga akorera mu bice bigenzurwa n’iri huriro rirwanya ubu butegetsi bw’i Kinshasa.