• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Menya muri bimwe byaranze umuhango wo kurahira kwa perezida Paul Kagame.

minebwenews by minebwenews
August 11, 2024
in Regional Politics
0
Menya muri bimwe byaranze umuhango wo kurahira kwa perezida Paul Kagame.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Menya muri bimwe byaranze umuhango wo kurahira kwa perezida Paul Kagame.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Kuri iki cyumweru tariki ya 11/08/2024, nibwo perezida Paul Kagame w’u Rwanda yarahiriye kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka itanu. Ibirori by’itabiriwe n’abakuru b’ibihugu 22 kandi bose bari abo mu bihugu byo ku mugabane wa Afrika.

Uyu muhango wabereye kuri stade Amahoro i Remera ho muri Kigali. Nk’uko byavuzwe ibi birori by’itabiriwe n’abaturage b’u Rwanda barenga ibihumbi 40, ni mu gihe bari bakubise buzuye kandi abashinzwe iyi stade bavuga ko iyo yuzuye neza ijyamo abantu ibihumbi 45.

Uyu muhango waranzwe n’ibirori binyuranye birimo n’akarasisi ka gisirikare kadasnzwe, aho byatangiye igihe cisaha z’igitondo biza gusoza igihe cisaha ya sakumi nimwe z’umugoroba.

Abahanzi b’abanyarwanda babanje kunezeza abaturage bari bazindukiye kuri stade baza kunganirwa na karasisi ka gisirikare kanogeye benshi.

Perezida Paul Kagame, ubwo yafataga ijambo yashimiye abaturage bamuguriye ikizere bakamutorera kongera kuyobora manda ya Kane, abizeza ko bafatanije bazagera kuri byinshi.

Muri ibi birori abakuru b’ibihugu babyitabiriye bari biganjyemo ab’ibyo mu burengerazuba bwa Afrika, ndetse habonetsemo kandi nabo muri Afrika y’i Burasirazuba .

Perezida wa Sudan y’Amajyepfo, perezida wa Kenya, perezida wa Tanzania, visi perezida wa Uganda ndetse na perezida wa Somalia.

Gusa igihugu cy’igituranyi cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’u Burundi ntibyabonetse muri uyu muhango.

Paul Kagame, muri iryo jambo yashikirije abashitsi n’Abanyarwanda, yagarutse ku mutekano w’u Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ndetse ashimira perezida wa Kenya William Ruto na mugenzi we wa Angola, João Lourenço ku muhate wabo bagaragaza mugushakisha uko amahoro yagaruka muri aka karere.

Ibi yabigarutseho mu gihe leta ya Kinshasa ishinja u Rwanda kuba inyuma y’u mutekano muke uri mu Burasirazuba bwa RDC, ibyo iki gihugu cyagiye gihakana kenshi.

Bamwe mu baturage bitabiriye umuhango wo kurahira kwa perezida Paul Kagame bagiye bagaragaza ko bari bishimiye uyu muhango kandi ndetse bamwe bagiye bakoresha imbugankoranyambaga bagatanga ubutumwa bavuga ko bishimiye uyu munsi.

Kagame yatsinze amatora ku majwi 99.18%, nk’uko byatangajwe na komisiyo y’igihugu yarishinzwe gutegura amatora.

             MCN.
Tags: Kuyobora u RwandaPaul KagameUmuhango
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Nyuma y’igitero cya Maï Maï muri Bibogobogo, Ingabo za FARDC zasuye aka karere zigira nicyo zisaba abagatuye.

Nyuma y'igitero cya Maï Maï muri Bibogobogo, Ingabo za FARDC zasuye aka karere zigira nicyo zisaba abagatuye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?