Menya uko u Burundi burimo guhindura impunzi intwaro y’intambara
Ibibazo bya Zaïre byongeye kwigaragaza mu Karere k’Ibiyaga Bigari, noneho bigaragarira i Bujumbura, aho u Burundi busa n’uburi gusubiramo umugambi uteye inkeke wakoreshejwe n’umuturanyi wabwo mu 1996—umugambi wahinduye impunzi intwaro ya politiki n’iya gisirikare.
Mu kibaya cya Ruzizi, inkambi z’impunzi zakiriye abarenga ibihumbi 101 by’abasivili b’Abanyekongo bahunze ifatwa ry’umujyi wa Uvira mu mpera za 2025, nyuma y’uko umutwe wa AFC/M23 wari wamaze kuwigarurira. Ibi birimo kuba muri iki gihe bifite isura iteye impungenge, byibutsa ibyago byanditswe n’umushakashatsi Howard Adelman ku byabereye muri Zaïre, aho impunzi zitahohotewe gusa, ahubwo zahinduwe ibikoresho byo gushimangira imigambi ya politiki, inkomoko, ndetse n’ingabo zitagira intwaro zo gukingira ubutegetsi.
Ku butegetsi bwa Perezida Évariste Ndayishimiye, bumaze igihe buhanganye n’ubukungu bwashegeshwe n’ukwigunga mu bya dipolomasi, uku kwiyongera kw’abaturage b’impunzi kwabaye nk’amahirwe mashya ya politiki. Mu kwiyerekana nk’igihugu cyitangiye ubutabazi mu maso y’amahanga, u Burundi bwifashisha imibiri n’amarira by’impunzi nk’ikiraro cyo kongera kwisubiza mu biganiro byo mu karere, buvuga ko buhanganye n’icyo bwita “igitero cy’u Rwanda”.
Nyamara, iyi mvugo ya Leta igenda isatagurika iyo ihuye n’ibyegeranyo by’imiryango iharanira amahoro n’imibanire myiza, byagaragaje ko nibura abantu 105 bamaze gupfa mu byumweru bibiri gusa mu nkambi z’agateganyo, bazize kubura ubuvuzi, inzara n’imibereho itajyanye n’agaciro ka muntu. Gufungirana impunzi mu nkambi no kuzifungira inzira z’ubutabazi zo gusubira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byahinduye ahantu nka Cishemere ahafatwa nk’igororero rya politiki.
Ku rundi ruhande, inkunga mpuzamahanga igenewe ubutabazi yahindutse isoko rikomeye ry’amafaranga kuri Leta ifite ingengo y’imari iciriritse, bigasa n’ibisubiramo imikorere ya kleptokarasi yigeze kuranga Zaïre. Amakuru aturuka mu igenzura ry’imishinga agaragaza ko habayeho igenzura ridasobanutse ry’aya mafaranga, ndetse bikavugwa ko hari inkunga yari igenewe impunzi mu buryo butaziguye yaba yarahagaritswe cyangwa igahera mu miyoboro y’abantu ba hafi y’Ibiro by’Umugore wa Perezida, Angéline Ndayishimiye.
Gufungwa kw’umupaka wa Gatumba kuva tariki ya 10/12/2025 byahinduye ikibazo cyihutirwa cy’ubutabazi intwaro yo kuganira ku nyungu za politiki. U Burundi bwashyize igitutu ku bafatanyabikorwa babwo, busaba inkunga n’ibyemezo bya politiki mu izina ryo “gucunga” ikibazo cy’impunzi, nyamara bukomeza kugishyushya aho kugishyira ku murongo wo kugikemura.
Ikirenzeho gutera impungenge ni gahunda yo gushyira inkambi mu murongo wa gisirikare, hagarurwa imyumvire y’“impunzi-umwanzi” yigeze kuba imbarutso y’Intambara ya Mbere ya Congo. Amagana y’abasirikare ba FARDC, FDLR n’imitwe ya Wazalendo bambutse umupaka bari kumwe n’abasivili, nyuma y’isenyuka ry’ibirindiro byabo i Uvira. I Bukinanyana habarurwa abasirikare barenga 3,000 bacumbikiwe kandi bagaburirwa n’inzego za Leta mu nyubako z’abaturage, bigakuraho ku bushake itandukaniro rigomba kubaho hagati y’impunzi n’abarwanyi.
Uku kudatandukanya kwashyizwe mu bikorwa n’inzego za Leta gushyira abasivili mu kaga gakomeye, kuko bishobora gutuma bagabwaho ibitero byihuse by’imitwe yitwaje intwaro, bigahindura intara za Cibitoke na Ruyigi indiri y’amarorerwa. Mu gihe hatabayeho guhita hakurwaho abarwanyi mu nkambi no gusubiza ubutabazi mu murongo wabwo nyawo, amateka mabi y’akarere k’Ibiyaga Bigari ashobora kwisubiramo, mu isura nshya y’intambara ishobora kugira ingaruka zikomeye ku karere kose.





