
Leta ya Republika ya Democrasi ya Congo (RDC), yasohoye itangazo ko yari imaze igihe ihemba abasirikare barenga ibihumbi 300, ku buryo Leta y’iki gihugu buri kwezi yatakazaga $ miliyoni 70, ihemba abasirikare batabaho.
Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 28.04.2023. Saa 10:05 AM, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Ibi byatangajwe naminisiteri ishinzwe umutungo wigihugu muri Congo Kinshasa; nyuma yuko bakoze igenzura ryimbitse.
Igisirikare cya Republika ya Democrasi ya Congo (FARDC), Polisi y’Igihugu, Urwego rushinzwe kugenzura imishahara y’abalimu (SECOPE) ndetse n’abanyamabanga bakuru b’inzego za Leta, izi nzego zose zagize uruhare mugukora igenzura.
Mu itangazo bageneye abanyamakuru baheruka gusohora, bagaragaje ko mu bugenzuzi bwakozwe basanze hari abasirikare barenga 145,604 bahembwaga na Leta, nyamara bafite numéro matricule, zitari zo zimpimbano kugira ngo kandi muribo bamwe barapfuye abandi baravuye mugisirikare.
Naho abasirikare bagera kuri uyu mubare 53,328 ubugenzuzi bwasanze bo bafite numéro matricule zirenze imwe; na ho 93,356 busanga bafite numéro matricule zisa n’iz’abandi basirikare na bo basanzwe bahembwa.
Usibye abasirikare batabaho Leta ya Congo ivuga ko imaze igihe ihemba, hari kandi abakozi 43,725 ivuga ko yahembaga nyamara amazina yabo atagaragara ku rutonde rw’imenyekanisha rwerekana icyo basanzwe bakora; ndetse na 961 bahembwaga nk’abakora muri za Minisiteri zitandukanye ku buryo hari nk’abagaragara nk’abakozi mu bigo 15 bitandukanye.
Leta ya Congo Kinshasa, ivuga ko guhemba abakozi batabaho byibura byayihombyaga arenga CDF miliyari 148 ($miliyoni 70).
Minisiteri ishinzwe ubugenzuzi ryubutunzi muri leta ya Kinshasa basabye Minisiteri y’Abakozi ba Leta muri iki gihugu gukora isuku ububiko ibikamo amakuru y’abakozi ba Leta kugira ngo imishahara baze bayiha abayikwiye.
Yavuze kandi ko abakozi 961 bahemberwaga gukora muri za Minisiteri zitandukanye mu buryo butabaho bo bagomba gushyikirizwa ubutabera, bakabazwa amakosa yo kwigira abakozi kandi ataribo.
Nkuko abakozi igenzura ryimbitse bagaragaje ko ayamakosa yatangiye kera.




