
Minisitiri Charles Okello, yapfuye arashwe, i Kampala ho mugihugu cya Uganda.
Yanditswe na Bruce Bahanda, tariki 02.05.2023. Saa 7:15 pm kumasaha ya Kampla na Nairobi.
Kuruyu wakabiri ahagana isaha zigitondo cya kare kurugo rwa Minisitiri wakazi mugihugu cya Uganda, Charles Okello, hunvikanye urwamo rwamasasu akaba aribwo Minisitiri yarashwe, bikavugwa ko yarashwe numurinzi we amurasira iwe murugo.
Ibi byabaye mugihe Minisitiri Charles Okello, yaramaze kwitegura aja kukazi i Kampala. Nkuko bivugwa uwakoze iryobara nyuma yuko arashe Sebuja arapfa yakomeje kurasa amasasu hejuru, ariko uko yarasaga niko yarimo ahunga abatanze iyinkuru bavuze ko uyu Musirikare yaramaze igihe adahabwa umushahara we.
Urupfu rwa Minisitiri Charles Okello, rwemejwe numuvugizi wa Polisi Fred Enanga, yatangaje ko Minisitiri yarasiwe iwe mu nkengero z’umurwa mukuru Kampala.
Maze asezeranya abaturage ba Uganda ko Polisi igiye gukora iperereza.
Umuturanyi wa minisitiri, Thomas Kayo, yabwiye abatangaza makuru ko bumvise urusaku rw’amasasu mu kigo cya Minisitiri nyuma abantu batangira gusakuza bavuga ko minisitiri yarashwe.
Naho Anita Bungou, President w’inteko ishinga amategeko ya Uganda, yatangaje ko ababajwe n’ubwo bwicanyi kandi avuga ko ari ibintu bibabaje.




