Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Minisitiri w’intebe w’u Burundi, Lt Gen. Gervais Ndirakobuca yavuze ku barwanyi ba Red Tabara, aza kunyuranya nibyo perezida w’icyo gihugu agize igihe avuga kuri uwo mutwe.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 1, 2024
in Regional Politics
0
Minisitiri w’intebe w’u Burundi, Lt Gen. Gervais Ndirakobuca yavuze ku barwanyi ba Red Tabara, aza kunyuranya nibyo perezida w’icyo gihugu agize igihe avuga kuri uwo mutwe.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Minisitiri w’intebe w’u Burundi Lt Gen. Gervais Ndirakobuca, yavuze ku mutwe wa Red Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi atangaza ibinyuranye nibyo Perezida Evariste Ndayishimiye agize igihe ashinja uwo mutwe gutera igihugu cye bavuye mu macyumbi bahabwa n’u Rwanda.

You might also like

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Nibyo minisitiri w’intebe w’u Burundi Gervais Ndirakobuca, yatangaje mu Nama iheruka kubera i Gihanga, ku wa Gatatu, w’iki Cyumweru tariki ya 27/02/2024. Iyo Nama ikaba yaritabiriwe n’abarimo abakora munzego z’u mutekano n’izindi nzego z’ubuyobozi.

Nk’uko iy’inkuru tuyikesha urubuga rwa Pacifique Nininahazwe, ruvuga ko Ndirakobuca muriy’i Nama yavuze ntakurya umunwa kandi atangaza amagambo adasanzwe.

Yagize ati: “Twese tuzi aba baduteza ibibazo bashaka kudusubiza mu byago by’ahahise. Bamwe ni abana bacu, abavandimwe bacu, abandi ni babyara bacu. Niba abana bacu cyangwa abavandimwe bacu bahisemo kwihuza cyangwa gufatanya n’imitwe y’itwaje imbunda mu guhungabanya umutekano kuba tuzi aho baturuka bisobanuye ko tugomba kubahagarika.”

Uy’u munyacubahiro yanavuze ko inzego z’u mutekano zimaze iminsi zikora amakosa yo gucyunga umutekano w’igihugu, avuga ko mu gihe hafashwe ingamba zihamye zo gucyunga umutekano neza nta handi ibitero byo turuka.

Iy’i Nama yabaye nyuma gato y’uko mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki ya 25/02/2024, umutwe wa Red Tabara wari wagabye igitero i Buringa, mu Ntara ya Bubanza. Ni igitero abarwanyi buyu mutwe bigabye kwiciramo abasirikare ba tandatu ba leta y’u Burundi, bitandukanye nibyo leta yo, yatangaje ko hiciwemo abasivile.

Iki gitero cyabaye kandi nyuma y’ikindi cyari cyakozwe n’uyu mutwe bakigaba mu Gatumba, mu bice bihana imbibi na Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Minisitiri w’intebe w’u Burundi yanenze abakora mu nzego z’u mutekano kudakusanya amakuru ahagije hubwo bagahugira mu bibarangaza nk’u bucuruzi n’ibindi bitajanye ninshingano bashinzwe.

Mu gihe perezida w’u Burundi we, mu majambo yavuze nyuma yabiriya bitero bibiri yahise avuga ko Red Tabara ifashwa n’u Rwanda, ko kandi bahabwa icyumbi n’ubutegetsi bw’u Rwanda.

Bikaba bizwi ko uyu mutwe wa Red Tabara utera u Burundi uvuye mu misozi yo muri Hauts-Plateaux, mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, mu Gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

                   MCN.
Tags: Evariste NdayishimiyeHauts-PlateauxIbinyuranyeIcyumbiNdirakobucaRed tabaraU Rwanda
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails
Next Post
Mu rwandiko rwanditswe n’agatsiko kabagabo biyita abavugizi ba Banyamulenge, ngo habayemo ukwirengangiza kurenze igipimo.

Mu rwandiko rwanditswe n'agatsiko kabagabo biyita abavugizi ba Banyamulenge, ngo habayemo ukwirengangiza kurenze igipimo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?