• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 8, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Minisitiri w’ubutabera muri RDC ari mu mazi abira.

minebwenews by minebwenews
September 7, 2024
in Regional Politics
0
Minisitiri w’ubutabera muri RDC ari mu mazi abira.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Minisitiri w’ubutabera muri RDC ari mu mazi abira.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Inama nkuru y’abacamanza bo muri Repubulika ya demokarasi ya Congo yareze minisitiri w’ubutabera, Constant Mutamba, kuri minisitiri w’intebe Judith Suminwa, nyuma yaho afashe icyemezo bahamya ko kibangamira akazi kabo.

Ahagana tariki ya 02/09/2024, nibwo umwuka wabaye mubi hagati y’abacamanza na minisitiri Mutamba, nyuma y’uko imfungwa 129 zari zimaze kwicwa zirashwe, mu gihe zimwe murizo zageragezaga gucika.

Minisitiri Mutamba yari yafashe icyemezo cyo kubuza abacamanza kohereza by’agateganyo muri gereza abatarahamwa ibyaha, kuko kubohereza byongerera iyi gereza ubucucike busanzwe buyugarije.

Uyu muyobozi yikomye abacamanza, asobanura ko mu gihe cyose afashe ingamba zo kugabanya ubucucike muri iyi gereza zirimo gufungura zimwe mu mfungwa, abacamanza bongeramo izikubibye kabiri izasohotse.

Yagize ati: “Natanze impuruza inshuro nyinshi. Baremye ihuriro ryo kundwanya . Ngizi ingaruka. Ibi ni uguteza akavuyo! Buri Cyumweru, abacamanza bohereza imfungwa muri gereza ya Makala, batitaye ku bushobozi bwayo.”

Mu gihe minisitiri Mutamba yateguje abacamanza ko nibarenga kuri iki cyemezo bazahanwa, tariki ya 05/09/2024 bahuye na minisitiri w’intebe Judith Suminwa, bamugezaho imyanzuro bafashe.

Dieudonne Kamuleta usanzwe ari umuyobozi mukuru w’inama y’abacamanza yasabye minisitiri w’intebe ko Guverinoma ikwiye kwirinda kugonganisha inshingano zayo n’iz’abacamanza kubera ko bose bakorera mu nyungu z’abaturage.

Yagize ati: “Mureke kutujyana mu murongo wo kugongana. Dushaka kureba uko twese hamwe twashyira imbere inyungu z’abaturage. Inzego za leta zose zirebwa no kuba ubuzima bw’igihugu bwagenda neza. Dusabwa gukorana kuko twese turi mu nzego z’igihugu.”

Abacamanza bagaragaza ko minisitiri y’ubutabera atari yo ikwiye gufatira urwego rwabo icyemezo. Basobanura ko imyitwarire y’abacamanza ibazwa inama nkuru y’ubucamanza . Gusa Mutamba na we agaragaza ko ari gukora akazi yahawe na perezida Félix Tshisekedi.

Gereza nkuru ya Makala yubatswe mu 1957 ifite ubushobozi bwo kwakira imfungwa 1500 gusa, ubu ifungiyemo izirenga 15.000 nk’uko byemezwa na minisitiri w’ubutabera.

            MCN.
Tags: MinisitiriMu mazi abiraMutamba
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Ibihugu bitatu byahuriye mu nama y’umutekano i Kigali.

Ibihugu bitatu byahuriye mu nama y'umutekano i Kigali.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?