
Minisitiri w’Umutekano mugihugu c’Uburundi, Martin Niteretse, yemeje ko Gen Alain Guillaume Bunyoni, ko yahunze i Gihugu.
Yanditswe na Bruce Bahanda none Tariki 19.04.2023, saa 6:17 PM, kumasaha ya Bukavu na Bujumbura.
Kuruyu wa Gatatu Minisitiri wumutekano i Bujumbura bwana Niteretse, yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru, i Bujumbura aho baganira kumutekano mugihugu maze baza kumubaza ibya Gen Bunyoni .
Gusa kugeza ubu ntacyo ubushinjacyaha bw’ikigihugu buragira ico butangaza kuri Bunyoni, icyakora mbere yuko Bunyoni yeguzwa kubu Minisitiri w’intebe byavuzwe ko yaba yari mu mugambi wo guhirika ubutegetsi bwa President Evariste Ndayishimiye.
Minisitiri wumutekano, yagize ati “Nibyo habaye isakwa imuhira kwa Alain Guillaume Bunyoni kuko hariho amaperereza ubutabera bwashakaga kumukoraho, ariko ntibamubonye.”
Yakomeje agira ati “Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe, ubushinjacyaha bukuru bwategetse ko haba gusaka mu rugo iwe gusa barahageze baramubura. Ariko iyo dosiye iri mu butabera, nta raporo bampa, bayitanga mu bushinjacyaha bukuru.”
Ingo zasatswe ni iza Bunyoni ziherereye mu bice byiBujumbura na Rutana.
Ibinyamakuru bitandukanye byatangaje ko Gen Bunyoni yaciye mu Ntara ya Rutana ihana imbibi na Tanzania akaba ari ho yerekeza, ndetse aba hafi ye bavuga ko ahazi neza kuko ari ho ababyeyi be bakomoka, ndetse ngo ahafite abasirikare benshi bamufasha kugera mugihugu ca Tanzania .
Uguhunga kwa Gen Bunyoni kuravugwa mu gihe hari abandi bayobozi bakuru mu gipolisi batawe muri yombi muri iyi minsi. Barimo Col Desire Uwamahoro wayoboraga ishami rya polisi rishinzwe gukumira imvururu.
Hari kandi Col Alfred Innocent Museremu ushinzwe iperereza ryo hanze y’igihugu watawe muri yombi ariko nyuma yo kubazwa akarekurwa.
Minisitiri Niteretse yemeje ko Colonel de Police Uwamahoro Désiré, nawe yahaswe ibibazo muri iri perereza.
Bibaye ari ukuri ko Gen Bunyoni yahunze, byaba bibaye nyuma y’amezi umunani akuwe ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe, yagiyeho mumwaka wa 2020.
Ni we muyobozi mukuru waba uhunze ubutegetsi bwa Evariste Ndayishimiye mu bo batangiranye kuyobora igihugu mu 2020, nyuma y’urupfu rwuwahoze ari President Pierre Nkurunziza.




