
Ministre w’Ubanye namahanga wa leta ya Kinshasa bwana Christophe Lutundula, yabwiye itangaza makuru ko ingabo z’igihugu ce zihanganye nibihugu bibiri ati ndetse numutwe w’itera bwoba.
Aya namakuru Minembwe Capital News ikesha Radio Okapi, Lutundula mukiganiro yakoranye na Radio zitandukanye harimo na Radio RTNC i Kinshasa ubwo yarikumwe namugenzi we Patrick Muyaya hari kumugoroba wo kuwambere tariki 13.03.2023.
Gusa dusanga Ministre Christophe Lutundula, yaririnze kuvuga amazina yibyo bihugu bibiri avuga ko bihanganye nigisirikare ce ca FARDC.
Yagize ati: Igisirikare cacyu gihanganye nibisirikare bitatu: aribyo 1.Umutwe w'iterabwoba 2. Nizindi ngabo zibihugu bibiri. Icyo nashaka ga kuvuga ndabizi neza ko mubyunva.
Ubwo itsinda ryabagize akanama gashinzwe umutekano kw’Isi kari koherejwe numuryango wa bibumbye muri Congo Kinshasa, tariki 09-10-11.12.03.2023, uwaruyoboye iritsinda yasize abwiye ubuyobozi bwa leta ya Republika iharanira democrasi ya Congo ko igihe barimo bitakiringombwa ko Kinshasa itunga agatoki Kigali.
Christophe Lutundula, yatangaje ibi iryotsinda rikiri kubutaka bw’aCongo, ikindi nuko leta ya Félix Antoine Tshisekedi, igize igihe ishinja Kigali gufasha umutwe wa M23 ndetse iyi leta ya Kinshasa ivugamo nigihugu ca Republika ya Uganda.
Leta ya Kigali nayo ihakanira ibi Kure ikanasaba ko ibibazo bihanze Igihugu ca Republika iharanira democrasi ya Congo bitagombye gutuma Kigali iba urwitwazo mugihe banyiribibazo bananiwe kubyikemurira.
Amahanga nayo asaba leta ya Kinshasa kwicarana n’umutwe wa M23, ibyo Ubutegetsi bwa Republika iharanira democrasi ya Congo badakozwa ndetse bagaragaza ko badashaka kunva umuntu uzana iryojambo.
Kubera imirimo yurudaca muburasirazuba bw’Ikigihugu ca Congo, Impunzi zikomeje kuba ninshi. Umuryango mpuzamahanga wa Croix-Rouge, watangaje ko mumezi ane(4) ashize, abantu ibihumbi 91160, batakigira amazu muri Kivu Yaruguru ndetse nimfashanyo yabo ikaba ikiri kibazo gikomeye kuribo.
Uyu muryango wakomeje uvuga ko Impunzi zigera kubihumbi 32 820 muri Kanyarucinya bamaze kugabanyirizwa ibiryo bitewe namezi bamaze muriyi Nkambi.






Minembwe Capital New imbere kumakuru yizewe
Welcome bro.