Mojtaba Khamenei wa Iran Yaburiye Amerika na Israel ko Bazabazwa Intambara Barimo Kugaba ku Gihugu Cye
Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran, Mojtaba Khamenei, yatangaje ko igihugu cye kizishyuza indishyi Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel ku byangijwe n’ibitero bikomeye ibi bihugu byagabye ku butaka bwa Iran mu mpera z’u kwezi kwa kabiri 2026.
Mu ijambo rikomeye yavugiye i Tehran, Mojtaba Khamenei yavuze ko Iran idashobora kwihanganira ibyangiritse n’amaraso y’abayobozi bayo n’abaturage bahasize ubuzima. Yavuze ko Amerika na Israel bagomba kwemera kwishyura ibyangijwe, bitaba ibyo Iran ikazafata ingamba zikomeye zirimo gufatira imitungo y’ibi bihugu no kuyangiriza aho iri hose ishobora kuyigeraho.
Tariki ya 28/03/2026 ni bwo Israel ifatanyije na Amerika yagabye ibitero bikomeye by’indege n’ibisasu ku hantu hatandukanye muri Iran. Aya mahano bivugwa ko yahitanye abayobozi bakuru b’iki gihugu barenga 40, barimo n’uwari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran Ali Khamenei, wari unazwi nk’umwe mu bayobozi bakomeye bagize uruhare mu kuyobora Repubulika ya Kisilamu ya Iran mu myaka myinshi.
Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano za Iran avuga ko Mojtaba Khamenei yari mu bakomeretse muri ibyo bitero, nubwo yakize ibikomere nyuma yaho. Nyuma y’urupfu rwa se, ni bwo yahise afata inshingano zo kuyobora igihugu nk’Umuyobozi w’Ikirenga mushya.
Mu butumwa bwe, Mojtaba Khamenei yavuze ko Iran itazigera yemera ko amaraso y’abayobozi bayo aseseka ubusa. Yagize ati:
“Igihugu cyacu kizagira amahoro ari uko ubutabera bubonetse, kandi abazize ibi bitero bahorewe.”
Mu rwego rwo gushyira igitutu ku bihugu byayigabyeho ibitero, Iran yatangaje ko ishobora gukomeza gufunga Strait of Hormuz, umwe mu miyoboro y’ingenzi ku Isi inyurwamo peteroli.
Uyu muyoboro uherereye hagati ya Iran na Oman, kandi ni wo unyuzwamo hafi 20% bya peteroli yose icuruzwa ku Isi. Buri munsi, ubwato bunyuramo butwara utugunguru twa peteroli turi hagati ya miliyoni 16 na 21.
Ibihugu byinshi byo mu Muryango w’Ibihugu Bicuruza Peteroli ku Isi, Organization of the Petroleum Exporting Countries, birimo Saudi Arabia, Leta Zunze Ubumwe za Barabu Arab, Kuwait na Iran ubwayo, bikoresha cyane uyu muyoboro byohereza ibikomoka kuri peteroli cyane cyane ku masoko yo muri Aziya.
Abasesenguzi mu by’ubukungu mpuzamahanga bavuga ko gufungwa k’uyu muyoboro byagira ingaruka zikomeye ku isoko rya peteroli ku Isi, bikaba byazamura ibiciro byayo ku buryo budasanzwe.
Mojtaba Khamenei yavuze ko Iran itifuza gukomeza intambara igihe kirekire, ariko ko igomba kubanza kubona ubutabera. Yavuze ko igihugu cye cyiteguye guhagarika ibikorwa bya gisirikare igihe Amerika na Israel bazaba bahagaritse ibitero byabo kandi bakemera kwishyura ibyangijwe mu murwa mukuru Tehran no mu yindi mijyi yibasiwe.
Ati: “Intambara ishobora guhagarara, ariko ntabwo ishobora kurangira hatabayeho indishyi ku byangiritse n’ubutabera ku bapfuye.”
Umwuka mubi hagati ya Iran na Israel umaze imyaka myinshi, cyane cyane kubera gahunda ya Iran yo guteza imbere ingufu za nikleyeri n’uruhare rwayo mu gushyigikira imitwe irwanya Israel mu Burasirazuba bwo Hagati.
Ku ruhande rwa Amerika, umubano wayo na Iran wajemo igitotsi kuva mu Iranian Revolution, ubwo ubutegetsi bwa Shah bwashyigikirwaga na Amerika bwahirikwaga hagashyirwaho Repubulika ya Kisilamu.
Kuva icyo gihe, ibihugu byombi byagiye bihangana mu bya politiki, ubukungu ndetse no mu bya gisirikare binyuze mu ntambara z’inyongera (proxy wars) zibera mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati.
Ubu bwiyongere bw’umwuka mubi bushobora kongera guhungabanya umutekano w’akarere ndetse n’ubukungu bw’Isi muri rusange, cyane cyane mu bijyanye n’ingufu za peteroli n’ubucuruzi mpuzamahanga.






