Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Mu gihe byavugwa ko u Burundi n’u Rwanda birimo kwiyunga, Ndayishimiye yongeye kuri kora atungura benshi.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
March 18, 2025
in World News
0
Mu gihe byavugwa ko u Burundi n’u Rwanda birimo kwiyunga, Ndayishimiye yongeye kuri kora atungura benshi.
108
SHARES
2.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mu gihe byavugwa ko u Burundi n’u Rwanda birimo kwiyunga, Ndayishimiye yongeye kuri kora atungura benshi.

You might also like

Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo.

Ukraine igiye kurindwa bikomeye.

Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yongeye kwibasira u Rwanda avuga ko arirwo nyiribayazana w’ibibazo byose biri mu karere, mu gihe byavugwa ko ari mu biganiro n’abategetsi b’u Rwanda mu byo kugarura umubano hagati y’ibihugu byombi.

Ku cyumweru gishyize nibwo perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yashyize ibirego ku Rwanda, ni mu gihe yari yitabiriye amasengesho y’itorero rya Eglise Vision de Jesus Krist.

Muri aya masengesho Ndayishimiye yumvikanye ari kubwira abakristo ko mbere y’umwaka wa 1959 nta kibazo cy’ivangura rishingiye kumoko ryabaga mu Burundi, kandi ko iki gihugu kitigeze gihura n’iryo vangura, ariko ko iki gihugu cyaje kubamo ubwicanyi bushingiye ku moko bitewe n’u Rwanda.

Yagize ati: “Mu Burundi mbere ya 1959 nta kibazo twari dufite. Abazungu bari baragerageje kuducamo ibice kugeza ubwo mu 1975 bashyiraho itegeko rikumira Abahutu, ariko biranga kubera ko hari hakiriho umwami w’Abarundi . Ni we wungaga ubumwe abo Barundi, n’ubwo abazungu bari gukora iki ntibyari gukunda.”

Ndayishimiye avuga kandi ubu bumwe bwakomeje mu gihe cy’ubutegetsi bw’igikomangoma Louis Rwagosore wabaye minisitiri w’intebe wa kabiri w’u Burundi; ariko ngo ishyano riza kugwa nyuma ya 1959 bigizwemo uruhare n’u Rwanda.”

Yagize ati: “Nyuma ya 1959 ni bwo ishyano ryaguye. Ryaguye gute? Aho hakurya mu Rwanda badukanye Abahutu n’Abatutsi baricana . Abatutsi bahunze bahungira i Burundi kiba kirabyutse hano mu gihugu cyacu. Abanyarwanda bavuye hariya baje kwanduza Abarundi, Abarundi twanduzwa n’ikibazo kandi mbere twari umwe . Amacakubiri yagiye kujya mu ngiro nyuma ya 1959. Abazungu bari baragerageje biranga, nyamara mu Rwanda byari byarakunze.”

Ndayishimiye yanagaragaje ko mbere y’umwaka wa 1996 Abanye-Congo na bo bari bunze ubumwe, gusa birangira na bo batangiye gucikamo ibice na bwo bigizwemo uruhare n’u Rwanda.

Yagize ati: “Muri Kivu y’Epfo bose bari baremeye gushyira intwaro hasi baravuga bati turashaka umutekano wa twese. Umubembe agire umutekano n’Umunyamulenge agire umutekano, icyo kibazo rero cyagiye kuza mu 1996. Cyari kibazo kivuye he? Murumva mu Burundi twakizaniwe mu 1959 bivuye ku byabaye mu Rwanda, Abanye-Congo na bo bakizaniwe nyuma ya 1996 biturutse ku byabaye mu Rwanda. None u Rwanda, ibi bihugu byacu bijye bibona amabi yose ko yavuye mu Rwanda.”

Muri iki kiganiro, perezida w’u Burundi yahise aha gasopo u Rwanda, arusaba kumenya ibibazo byarwo aho kwinjira mu by’igihugu cyabandi, ngo kuko mu Burundi nta muhutu cyangwa Umututsi uhaba.

Uyu mugabo yongeye kuzana ibi bibazo, aho yagaragaje u Rwanda nkanyiribayazana w’ibibazo byose akarere gafite mu gihe umubano w’ibihugu byombi byavugwa ko waba ugiye kugarukamo amahoro.

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yari aheruka kuvuga ko hari icyizere ko u Rwanda n’u Burundi bishobora kwiyunga.

Aho yagize ati: “Babandi badukoronije, u Rwanda, u Burundi na RDC barabanje bashyira hamwe ibyo bihugu, rero ibyo byombi birarwanya u Rwanda. Ariko ibyo biragenda bijya ku ruhande bisobanuka. Sinshaka kubitindaho turagenda dushaka kubana neza na bamwe muri abo babiri mvuze.”

Minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Rwanda nawe, Olivier Nduhungirehe mu cyumweru gishize, abinyujije kuri x, yatangaje ko u Rwanda n’u Burundi biri mu nzira yo guhagarika ubushamirane no kumvikana, mu gihe ibiganiro bikomeje hagati y’abayobozi bo mu bihugu byombi.

Hagataho ibyavuzwe na perezida Ndayishimiye biteye impungenge z’uko bishobora kongera kuzambya ibintu.

Tags: NdayishimiyeU BurundiU Rwanda
Share43Tweet27Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

by Bruce Bahanda
July 20, 2025
0
Ibyatangajwe na perezida wa Ukraine biratanga icyizere cyo  kugera ku mahoro ya burundu muri iki gihugu.

Ukraine yagaragaje ko ishaka kongera kuganira n'u Burusiya. Leta ya Ukraine yatangaje ko ibiganiro hagati yayo n'u Burusiya ko ari yo nzira yonyine nziza ishobora kubaganisha ku mahoro...

Read moreDetails

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo.

by Bruce Bahanda
July 18, 2025
0
Auto Draft

USA: Ibyari amasezerano yo kugaragaza ukuri byabaye urujijo. Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika Donald Trump yari yarasezeranyije rubanda igihe cy'amatora ko azashyira ahagaragara amadosiye y'abantu bashinjwa ibyaha...

Read moreDetails

Ukraine igiye kurindwa bikomeye.

by Bruce Bahanda
July 17, 2025
0
Intambara muri Ukraine yahinduye isura.

Ukraine igiye kurindwa bikomeye. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zatangaje ko zigiye kurinda ikirere cya Ukraine, ivuga ko izakirindisha intwaro zikomeye. Byatangajwe na perezida Donald Trump, aho yabwiye itangazamakuru...

Read moreDetails

Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria.

by Bruce Bahanda
July 17, 2025
0
Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria.

Israel yagabye ibitero bikomeye muri Syria. Israel yakoze ibitero by'indege mu mujyi wa Damascus, umurwa mukuru w'igihugu cya Syria, ahanini byangiza inyubako zikomeye za gisirikare harimo na minisiteri...

Read moreDetails

Perezida Trump yasobanuye uburyo perezida w’u Burusiya yamutengushye.

by Bruce Bahanda
July 15, 2025
0
Perezida Trump yasobanuye uburyo perezida w’u Burusiya yamutengushye.

Perezida Trump yasobanuye uburyo perezida w'u Burusiya yamutengushye. Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump, yatangaje mugenzi we w'u Burusiya, Vladimir Putin, yamutengushye ariko ko ibye na...

Read moreDetails
Next Post
U Bubiligi nabwo bwafashe icyemezo gikakaye nyuma y’aho u Rwanda rwirukanye Abadipolomate babwo.

U Bubiligi bwagiriwe inama yuko bwari kuba bwitwara mu gihe ari bwo nyiribayazana w'amateka mabi u Rwanda rwagize.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?