Mu Mirwano Ikomeye, AFC/M23 Yongeye Kwigarurira Ibice Byinshi bya Masisi; Bamwe mu Bayobozi ba FARDC Bahasiga Ubuzima
Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rikomeje kwagura ibice rigenzura muri Teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, nyuma y’imirwano ikomeye yaruhurije ku rugamba n’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’imitwe iyishamikiyeho.
Amakuru aturuka mu baturage bo mu duce twabereyemo imirwano avuga ko AFC/M23 yigaruriye ibice birimo Luke, Kasenyi na Katobotobo, ndetse n’utundi duce duherereye hafi yabyo. Iyi mirwano yahanganishije AFC/M23 n’ingabo za FARDC zifatanyije n’umutwe wa FDLR, Wazalendo, abacanshuro b’abanyamahanga, ndetse n’ingabo zituruka mu bihugu by’inshuti za Kinshasa birimo Angola.
Iyi mirwano ibaye mu gihe ubutegetsi bwa Kinshasa bushaka kongera kwigarurira santere ya Rubaya, agace gafite akamaro kanini mu bukungu kubera ibirombe by’amabuye y’agaciro, cyane cyane coltan ikoreshwa mu ikoranabuhanga rigezweho. Rubaya imaze igihe igenzurwa na AFC/M23, bikaba bivugwa ko ari imwe mu mpamvu zatumye imirwano yongera gukazwa.
Amakuru ataremezwa ku mugaragaro n’igisirikare cya RDC avuga ko umwe mu basirikare bakuru ba FARDC, ku rwego rwa jenerali, yaguye muri iyo mirwano. Uwo ni General Machano Tabangeshe, wahoze mu mutwe wa Raïa-Mutomboki mbere yo kwinjira muri FARDC mu 2020. Biravugwa ko yaguye muri iyi mirwano, nubwo nta tangazo rirasohoka ryemeza ayo makuru ryatanzwe n’inzego za gisirikare za Leta kugeza ubu.
Kuva mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane, tariki ya 26/02/2026, indi mirwano ikaze yakomeje kumvikana mu gace ka Kazinga. Amakuru ava ku rugamba avuga ko AFC/M23 irihafi kwisubiza ako gace, mu gihe FARDC iri gukoresha indege zitagira abapilote (drones).
Hari amakuru avuga ko izo drones zoherezwa n’abacanshuro bakomoka mu Bufaransa bakorana n’abandi baturuka mu Bubiligi. Bivugwa ko abacanshuro barenga 200 bashinze ibirindiro bya gisirikare muri Teritwari ya Walikale, mu gihe abandi bagera kuri 200 bari i Kinshasa, bakaba biteguye koherezwa ku zindi nsisiro z’urugamba, nubwo ayo makuru ataremezwa ku mugaragaro n’inzego bireba.
Mu minsi ibiri ishize, humvikanye amakuru y’igitero cya drones cyagabwe muri santere ya Rubaya, cyavugwaga ko cyahitanye Lt. Col. Willy Ngoma, wari Umuvugizi wa Gisirikare wa AFC/M23. Gusa kugeza ubu, AFC/M23 ntiremeza ayo makuru cyangwa ngo iyahakane ku mugaragaro.
Umuyobozi wungirije wa AFC/M23 ushinzwe ibikorwa bya politiki, dipolomasi n’imiyoborere, Bertrand Bisimwa, yatangaje abinyujije ku rubuga rwa X ko ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi bwahisemo inzira y’intambara aho guhitamo inzira y’ibiganiro bya politiki.
AFC/M23 ishinja Kinshasa kwiyambaza ibihugu birimo Angola, Malawi, Tanzania, u Burundi na Afurika y’Epfo, ndetse no gukoresha abacanshuro bakomoka mu Bufaransa, mu Bubiligi no muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Hari kandi amakuru avuga ko n’abacanshuro bakomoka muri Romania baba barongeye koherezwa mu Burasirazuba bwa RDC, nubwo na yo ataremezwa ku mugaragaro.
Umutwe wa M23 watangiye kumenyekana mu 2012, ubwo wigaruriraga umujyi wa Goma mbere yo gutsindwa no gusubizwa inyuma n’ingabo za Leta zifatanyije n’iz’Umuryango w’Abibumbye. Nyuma y’imyaka itari mike ucecetse, wongeye kubura mu mpera za 2021, utangira gufata ibice bitandukanye bya Kivu y’Amajyaruguru.
AFC (Alliance Fleuve Congo) ni ihuriro rya politiki n’igisirikare rivuga ko ryiyemeje guhindura imiyoborere ya RDC, rikaba rishinja ubutegetsi bwa Kinshasa kunanirwa gucyemura ibibazo by’umutekano, ivangura n’imiyoborere mibi mu Burasirazuba bw’igihugu.
Kongera gukaza imirwano muri Masisi na Walikale byatumye abaturage benshi bahunga ingo zabo, berekeza mu bice bitarimo imirwano. Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ikomeje kugaragaza impungenge ku mibereho y’abaturage, by’umwihariko abagore n’abana, bahura n’ingaruka z’intambara zirimo ubwicanyi, gusahurwa no kubura ibiribwa.
Mu gihe impande zombi zikomeje gushyamirana, amahanga aracyahamagarirwa gushishikariza inzira y’ibiganiro kugira ngo intambara idakomeza gukaza umurego mu Burasirazuba bwa RDC, agace kamaze imyaka myinshi karazahajwe n’umutekano muke n’imitwe yitwaje intwaro itandukanye.






