Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Mu nama ya Afrika CEO Foum, Perezida Paul Kagame yavuze icyo Abanyafrika bari bakwiye kuba bamariye uyu mugabane.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 17, 2024
in Regional Politics
0
Mu nama ya Afrika CEO Foum, Perezida Paul Kagame yavuze icyo Abanyafrika bari bakwiye kuba bamariye uyu mugabane.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umukuru w’i gihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yavuze icyo Abanyafrika bari bakwiye kuba bamariye uyu mugabane.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni mu nama y’abayobozi bakuru b’ibigo byo muri Afrika, Afrika CEO Foum iteraniye i Kigali mu Rwanda kuva ku munsi w’ejo hashize, tariki ya 16/05/2024.

Muri iy’i nama perezida w’u Rwanda Paul Kagame yatangaje ko biteye impungenge kuba umubare w’abaturage ba Afrika bari mu cyiciro giciriritse ukomeje kwiyongera nyamara uyu mugabane wihariye by’abaturage bose b’isi, bikaba byari bikwiye ko abawuturiye bawuteza imbere aho kuwubera umuzigo.

Iyi nama yitabiriwe n’abantu barenga 2000 barimo abakuru b’ibihugu byo muri Afrika ibera muri Kigali convention center.

Kagame yavuze ko kandi hashyirwaho isoko rusange ry’afrika, igitekerezo nyamukuru cyari ukubaka ubushobozi bw’abatuye uyu mugabane no kubyaza umusaruro umutungo kamere wawo.

Avuga ko umugabane wa Afrika ufite ibikenewe byose ahubwo igikwiye gukorwa ari ukubisaranganya no kubibyaza umusaruro.

Yagize ati: “Aha nshaka kongeraho ko uko Afrika yunga ubumwe, ni ko gukorana n’abafatanya bikorwa bacu birushaho gutanga umusaruro. Kwihuza kwabacuruzi ba Afrika ni amahirwe yo kwaguka kw’isoko ryacu kandi rikabasha kugira ubushobozi bwo guhiganwa.”

Perezida Paul Kagame avuga ko abikorera bagira uruhare runini mu iterambere ry’ibihugu n’isi muri rusange kandi ibibazo birimo icyorezo cya COVID-19 n’imihindagurikire y’ibihe byagaragaje ko hakenewe ubufatanye hagati yabo n’inzego za leta.

Ati: “Byatwigishije amasomo menshi. Muri ibyo harimo kuba hakenewe gukorana byahafi hagati y’urwego rw’abikorera na leta.”

Perezida w’Afrika CEO Foum, akaba n’umuyobozi mukuru w’ikinyamakuru cya Jeunne Afrique, Amir Ben Yahmed, niwe wahaye ikaze abitabiriye iyi nama, anashimira perezida w’u Rwanda Paul Kagame kuba igihugu cye cyemeye kwakira iyi nama.

            MCN.
Tags: Afrika CEO FoumKagame PaulKigali
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Ingabo z’u mutwe wa M23 zabohoje agace General Laurent Nkunda yavukiyemo ko muri teritware ya Rutshuru, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Ingabo z'u mutwe wa M23 zabohoje agace General Laurent Nkunda yavukiyemo ko muri teritware ya Rutshuru, mu Ntara ya Kivu y'Amajyaruguru.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?