Mu nkambi y’i mpunzi ya Bwagiriza hakozwe umusako udasanzwe.
I Bwagiriza ahari inkambi y’impunzi y’Abanye-kongo hakozwe umusako udasanzwe aho wakorewe ingo zitanu gusa z’Abanyamulenge.
Ni umusako wakozwe ahagana mu gitondo cya kare cyo kuri uyu wa gatanu, ukaba wakozwe n’igipolisi cy’iki gihugu cy’u Burundi.
Amasoko yacu atandukanye yemeza ko uwo musako wakorewe ingo zitanu gusa z’Abanyamulenge, kandi ko rumwe muri zo ngo bafunze umugore azira kuba umugabo we ari muri RDC.
Uwafunzwe yitwa Murorenkwere.
Umwe muri izi mpunzi yagize ati: “Hano mu nkambi ya Bwagiriza hakozwe umusako ku bantu bamwe.Umusako wakorewe mu nzu z’Abanyamulenge zitanu.”
Uyu yavuze ko bakeka ko byavuye kubagambanyi bareze bagenzi babo ko hari abo muri ziriya ngo bagiye muri RDC mu ntambara.
Iyi nkambi ya Bwagiriza yabereyemo umusako iherereye mu ntara ya Ruyigi.
Ibyo bibaye mu gihe Abanyamulenge bakomeje guhohoterwa muri iki gihugu bazira intambara ibera mu gihugu cyabo cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.
Mu minsi mike ishize bamwe muri bo barafunzwe, abandi bagenda bakorerwa iyicarubozo ritandukanye.