• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Mu nkengero za Sake havuzwe intambara ikaze, hagati ya m23 n’ihuriro ry’ingabo za RDC.

minebwenews by minebwenews
September 12, 2024
in World News
0
Mu nkengero za Sake havuzwe intambara ikaze, hagati ya m23 n’ihuriro ry’ingabo za RDC.
61
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Mu nkengero za Sake havuzwe intambara ikaze, hagati ya m23 n’ihuriro ry’ingabo za RDC.

You might also like

IDF yagabye igitero karundura i Doha ahari intumwa za Hamas

IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Ni kuri uyu wa Kane kandi hongeye kuba urugamba rukomeye, aho ihuriro ry’ingabo zirwanirira ubutegetsi bwa Kinshasa zihanganye n’umutwe wa m23 mu bice byo muri Masisi, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice avuga.

Kuva ku cyumweru kugeza uyu munsi, tariki ya 12/09/2024, imirwano hagati y’uruhande rw’umutwe wa m23 na Fardc ifatanije na Wazalendo, Ingabo z’u Burundi ndetse na FDLR irimo kuba.

Uyumunsiho, imirwano yazindutse ibera ku muhanda wa Ndumba, Kashingamutwe no mu nkengero zayo, ho muri Grupema ya Mupfunyi-Shanga, muri Cheferie y’Abahunde muri teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Umuvugizi wa m23 mu bya politiki, yamenyesheje ko iri huriro ry’ingabo zirwanirira ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi ryagabye ibitero mu bice bituwe n’abaturage benshi.

Yagize ati: “Turamenyesha ko kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, tariki ya 12/09/2024, Ingabo za Leta ya Kinshasa n’abambari bazo, bagabye ibitero mu turere dutuwe cyane muri Ndumba no hafi yaho.”

Yakomeje avuga ko “Ingabo z’impunduramatwara z’Abanyekongo(ARC) zigikomeje gukora inshingano zabo zirimo kurinda no kurwanirira abenegihugu kandi ko babikora mu buryo bw’ubuhanga.”

Ku rundi ruhande, i Mugunga ho mu mujyi wa Goma harashwe ibisasu byo mu bwoko bwa rocket bihitana abantu benshi n’ubwo umubare wabo utaratangazwa n’ubuyobozi bw’intara ya Kivu y’Amajyaruguru. Gusa amakuru y’ibanze avuga ko hoba hapfuye abantu batatu abandi benshi barakomereka. Bivugwa ko ibyo bisasu byatewe n’uruhande rwa Leta ya Kinshasa.

Imirwano ikomeje mu gihe u Rwanda na Congo Kinshasa bakirimo bareberahamwe uko ibiganiro by’amahoro bya komeza.

Mu kiganiro umuvugizi wa guverinoma ya Kinshasa, Patrick Muyaya aheruka guha igitangazamakuru cya France24, yatangaje ko ibiganiro by’u Rwanda na RDC birimo kuba kandi ko bigamije gusenya burundu umutwe wa FDLR.

Usibye n’ibyo biganiro, impande zombi zikomeje kurwana mu gihe zari mu bihe byagahenge kemeranijweho mu biganiro by’i Luanda. Ni agahenge kari gategekanyijwe ko kagomba gutangira kubahirizwa tariki ya 04/08/2024.

          MCN.
Tags: FardcIntambaraM23Mu nkengero za Sake
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

IDF yagabye igitero karundura i Doha ahari intumwa za Hamas

by Bahanda Bruce
September 9, 2025
0
IDF yagabye igitero karundura i Doha ahari intumwa za Hamas

IDF yagabye igitero karundura i Doha ahari intumwa za Hamas Ingabo za Israel zakoze igitero gikomeye cyumvikanyemo iturika ridasanzwe, aho zakigabye i Doha muri Qatar ahari intumwa z'umutwe...

Read moreDetails

IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza

by Bahanda Bruce
September 8, 2025
0
IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza

IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza Ingabo za Israel (IDF) zatangaje ko zifite umugambi wo kugaba ibitero bikomeye no gusenya umujyi wa Gaza ugenzurwa n'abarwanyi bo mu...

Read moreDetails

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo avuga n'impamvu Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo ayita minisiteri y'intambara, avuga ko isi...

Read moreDetails

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

Icyemezo gikakaye n'icyo ubutabera bw'i Dubai bwafashe ku mwana w'umukobwa w'imyaka 23 Umukobwo w'imyaka 23 y'amavuko witwa Mia O'Brien ukomoka mu ntara ya Liverpool mu Bwongereza urukiko rw'i...

Read moreDetails

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango Mu karasisi gakomeye aho u Bushinwa bwamuritse intwaro zimwe zitari zizwi hamwe n'abasirikare ibihumbi batambuka badasobanya,...

Read moreDetails
Next Post
Hamenyekanye impamvu abakuwe mu byabo bari mu bice bigenzurwa n’ingabo za RDC basabye gusubizwa iyo baje bava.

Hamenyekanye impamvu abakuwe mu byabo bari mu bice bigenzurwa n'ingabo za RDC basabye gusubizwa iyo baje bava.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?