
Mukiganiro bwakeye gute Mulenge, Kuri Minembwe Capital News, twasanze kumunsi w’ejo Fardc yarafashije abaturage, ikoresheje kubaherekeza bava Indondo ya Bijombo baja mu Mikenke ho muri Teritware ya Mwenga.
Iki kiganiro mwagiteguriwe na Bruce Bahanda, nfashijwe na Sentozi uri Muburasirazuba bwa RDC. tariki 9:20 am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Kumunsi w’ejo hashize, tariki 06.05.2023, Ingo Zitanu zabo mubwoko bwa Banyamulenge, zaratashe ziva i Ndondo ya Bijombo zerekeza mu Mikenke ho muri Secteur ya Itombwe, Teritware ya Mwenga muntara ya Kivu yamajy’Epho.
Izingo zitanu(5), zab’Anyamulenge mugutaha zafashijwe n’ingabo za Republika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), bakoresheje mukubaherekeza. Ibi bikaba biri mumasezerano yibiganiro biheruka kubera mu Mikenke, Ibiganiro byahuje impunzi zamoko yose zahunze akarere ko Muchohagati chaza Rwerera .
Aho muribyo biganiro bemezanije gutahuka bakubaka Igihugu cya karere k’imisozi miremire, Muchohagati chaza Rwerera.
Tubibutsa ko ibyo biganiro biheruka byabayemo Abanyamulenge, Abapfurero, Abanyindu nab’Abembe hari hatumiwemo Kandi abashinzwe umutekano kurwego rwigihugu(ANR, PNC na FARDC).
Uwatanze ayamakuru yagize ati: “Ejo FARDC yaherekeje abaturage ibakura ku Ndondo ya Bijombo barahuruka mu Mikenke, amahoro.”
Andi makuru nuko akarere kose ko mu Misozi miremire y’Imulenge, kurubu bafite agahenge kamahoro ibi babikesha I’mana yo mwinjuru ikoresheje Twirwaneho.
Gusa kumunsi w’ejo hashize, inyeshamba zo mumutwe wa Maï Maï, ziyobowe nuwitwa Nshoreyingabo, uvuka mubwoko bwa b’Apfurero, bibye Inka zab’Anyamulenge zumugabo witwa Mudage, Inka zigera Kuri 5, kubwamahirwe iz’Inka zaje kugarurwa numu Chef Mbulo uvuka mubwoko bwa Babembe bikavugwa ko yaje kwifashisha Ingabo za Leta ya Kinshasa (FARDC) maze Maï Maï iyabangira ingata Inka ziragaruka zose kwari zitanu.
Abaturage ba Bibogobogo, barashimira Chef Mbulo ndetse na FARDC yabafashije iz’Inka zikagaruka nkuko babyivugira.