
Mukiganiro bwakeye gute Imulenge, Kuri Minembwe Capital News, havuzwe ko Red Tabara yaremye icyicyaro mugacye ka Rugezi ho mumajyepfo ya Minembwe.
Iki kiganiro cyakozwe na Bruce Bahanda, kwitariki 03.05.2023. kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Ubwo twakubitiraga mumajyepfo ya Komine Minembwe(Commune), umwe mubaturage bab’Apfulero yatanze amakuru avuga ko umutwe winyeshamba wa Red Tabara ukomoka i Burundi umaze gushinga I Kambi zirenga Zitanu muri Rugezi.
Yagize ati: “Izonyeshamba zageze Murugezi kubufasha bwa Maï Maï Bishambuke, nimugihe Bishambuke yarimaze kunanirwa intambara bashoye kubanyamulenge, bamwe mubarwanyi ba Bishambuke barahunze bageze Tanzania Abandi Zambia na Malawi.”
Abapfurelo biyambaje Red Tabara, mugihe Red Tabara yarimaze gushinga ibirindiro ahitwa Mugipupu, kurubu Red Tabara, iyobowe nuwo Batazira Gisiga uzwi kwizina rya Mavukiro ngo Nimanairambona.
Red Tabara, Imaze kugera Muri Rugezi yasanze hari ubutunzi budasubirwaho kumisozi Ibiri ariyo “Ichanda no Murudabadaba.”
Kumusozi wa Chanda na Rudabadaba, hakaba haravumbutse amabuye yagaciro arikurwego rwohejuru, nkuko uwatanze iki kiganiro yabibwiye Minembwe Capital News.
Kugira umutwe wa Red Tabara, ubashe kubyaza ubu butunzi umusaruro byatumye bashinga I Kambi zabarwanyi babo, zizenguruka iyi misozi.
I Kambi zashinzwe aha 1. Byarere. 2.Bikarakara. 3.Kwasaramabila. 4.Kugishigo. 5.Karege.
Nkuko byakomeje kuvugwa, bavuze ko aba bacyukura amabuye yagaciro bubatse umuhana munini ahitwa Nyamurombwe, muruyu Muhana bakaba barahashinze na Farimasi zine 4 (Pharmacy), zigurishirizwamo imiti yubwoko bwinshi.
Naho abaturage bab’Apfulero bakaba batuye ahahoze ibitaro byishirahamwe rya Ugeafi, muri Rugezi.
Ikindi cyavuzwe muriki Kiganiro, havuzwe ko i Kambi zabarwanyi ba Red Tabara, zitandukanye niza Maï Maï Bishambuke.
I Kambi za Maï Maï Bishambuke, ziraha hakurikira : Imwe iri mubaturage babo kubitaro, indi ikaba Mugahira aho bakunze kwita Kwa Pasikari.
Izindi Kambi zibarigwamo Abayobozi hari Kambi iri ahitwa Kwangoma nzito ariho hahoze hitwa Kuwamabuye cyangwa Kwa Charles.
Ibirindiro bikuru bya Maï Maï Bishambuke, birahitwa Kuribabengwe.
Ababarwanyi bose ndetse nabaturage bab’Apfulero, byavuzwe ko bazabaja guhahira ahitwa Inagatete, ugana ibushi Karangwa.
Ngayo nguko ayo niyo avugwa muri Bwakeye gute, mukiganiro cya Minembwe Capital News.




