
Muminembwe basoje ikiro ca Colonel Stanislas Muheto, uheruka kwitaba Imana azize indwara itunguranye.
Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 15.04.2023, saa 2:00 PM, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Gusoza ikirio Mumisozi Miremire y’Imulenge ca Colonel Stanislas Muheto, uheruka kwitaba Imana azize indwara itunguranye, byabereye mumuhana wo Mumuzinda ho muri Minembwe muri Teritware ya Fizi muri Kivu yamajyepho.
Colonel Muheto, yitabye Imana kwitariki 02.04.2023, i Bukavu mubitaro bya Kavumu. Umuhango Wogusezera bwanyuma umurambo we i Bukavu byakozwe kuwagatanu tariki 07.04.2023.
Muruwo muhango wabereye i Bukavu, Colonel Brown uvuka mubwoko bwa b’Apfurero yahawe ijambo avuga ko yabaye Escort we igihe kingana nimyaka ine (4), avuga ko ariwe musirikare yemera mubasirikare bose babanyenabo mungabo za leta ya Kinshasa.
Brown yagize ati : “Niwe musirikare wapfuye ndarira kandi abatamuzi yari umusirikare mwiza kandi Uzi akazi.”
Col Brown yakomeje abwira abantu barwanya Abanyamulenge avuga ko ababarwanya ati nabatabazi atariko kumuntu ubazi ntawokwibesha ngo abarwanye Brown ati: “Ntanuzobarwanya ngwabaneshe!!.”
Colonel Muheto Stanislas, yinjiye igisirikare mumwaka wa 1993, acinjirira mugihugu c’Urwanda ahitwa muri Kagera. Mumwaka wa 1996 nawe yambutse mubandi basirikare bambutse barwanya leta ya Président Désire Mobutu Seseko Kukungwendo Wazabanga.
Nyakwigendera Col Muheto, yarwanye intambara ninshi harimo n’Intambara yiswe iya Fdl, RCD GOMA nizindi ninshi, ababanye nawe bavuga ko yarangwaga nubutwari no kudahubuka.
Mukirio cabereye mugace avukamo ariko ko mumisozi miremire y’Imulenge mumuhana wa Muzinda ho muri Minembwe basoje ikiro bose bavuga ko “Bamwifurije iruhuko ridashira.”





Bakomeze aruhuke mu zindi ntwari Bose bakoreye IMANA ni gihugu
Qué son âme se repose en paix