• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, December 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Munama yabaye ejo hashize, i Luanda habaye gushimira Perezida Paul Kagame na Félix Tshisekedi naho FDLR iramaganwa.

minebwenews by minebwenews
June 28, 2023
in Uncategorized
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Munama yi Luanda kuruyu wa Kabiri, yahuje imiryango ine irimo EAC na SADC, habaye gushimira Perezida Kagame na Tshisekedi maze bamagana Imitwe y’inyeshamba irimo FDLR.

You might also like

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Kumunsi w’ejo hashize tariki 27/06/2023, i Luanda habereye Inama yahuje imiryango itandukanye irimo umuryango wa Afrika y’iburasirazuba ( EAC), umuryango w’Ubukungu w’ibihugu bya Afrika y’Amajyepfo (SADC), uw’Ibihugu byo muri Afrika yo hagati (CEEAC) ndetse n’inama mpuzamahanga yiga ku karere k’ibiyaga bigari (ICGLR). Muriyo nama habaye gushimira Perezida Paul Kagame ndetse na mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, bashimwe kubera “umuhate wabo mu gushakira akarere igisubizo cy’amakimbirane” ari hagati y’u Rwanda na Congo Kinshasa.

N’inama yateranije Iyi miryango ine aho barimo biga kukibazo c’Umutekano muke uri Muburasirazuba bwa Republika ya Demokarasi ya Congo.

Igihugu c’u Rwanda, mwiyi nama baserukiwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta wari wahagarariye Perezida Paul Kagame.

Mu bandi bayitabiriye harimo Perezida João Lourenço wa Angola, Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, Ali Bongo Ondimba wa Gabon, Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe na Uhuru Kenyatta wahoze ari Perezida wa Kenya ndetse na Perezida wa RDC Félix Tshisekedi.

Inama kandi yitabiriwe n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Peter Mathuki ndetse n’abandi bayobozi batandukanye.

Kigali na Kinshasa bamaze umwaka urenga barebana ay’ingwe bitewe n’ibirego buri ruhande rushyira ku rundi.

Ni ibirego bishingiye ku mitwe ya M23 na FDLR buri gihugu gishinja ikindi guha ubufasha, mu rwego rwo guhungabanya umutekano.

Iyinama yateraniye i Luanda ku wa Kabiri yongeye kwihanangiriza iyi mitwe yombi, isabwa guhagarika ibikorwa byayo.

Umwanzuro wa karindwi uri mu irenga 20 yafatiwe muri iriya nama uvuga ko abayitabiriye “bahangayikishijwe n’umutekano muke ndetse n’ibikorwa bishyira mu kaga abaturage bikomeje kwiyongera.”

Imitwe ya M23, FDLR na ADF iri mu yashinjwe gutuma ibintu birushaho kuba bibi.

Umwanzuro ukomeza ugira uti: “Ni muri uru rwego dusaba imitwe yose gusubira inyuma nta mananiza, by’umwihariko M23, ADF na FDLR.”

M23 by’umwihariko yanenzwe kuba yaranze kuva mu duce twose yari yarafashe nk’uko yabisabwe n’inama y’abakuru b’ibihugu yateraniye i Luanda mukwezi Kwa 12/ 2022.

Ni mu gihe uyu mutwe umaze igihe utangaza ko wubahirije ibyo wasabwe gukora; ahubwo bagashinja Kinshasa kuba nyirabayazana W’intambara muburasirazuba bw’ikigihugu.

Kuri ubu hari gahunda y’uko abarwanyi b’uyu mutwe bagomba guhurizwa hamwe bakamburwa intwaro mbere yo gusubizwa mu buzima busanzwe.

Tags: FDLRKagameLuandaM23Perezida Félix TshisekediUburasirazuba bwa RDC
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

by Bahanda Bruce
November 28, 2025
0
Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga Guinée-Bissau yinjiye mu bibazo bikomeye bya politiki nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi ryabaye ku wa 27/11/2025, ni mu gihe hari imvururu...

Read moreDetails

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

by minebwenews
May 29, 2025
1
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi. Hafashwe umukobwa wari ufite misiyo yo kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu misozi miremire y'i Mulenge muri Kivu...

Read moreDetails

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

by minebwenews
April 28, 2025
0
Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Iby'impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi. Urubuga rwa Whatsapp rwamamaye ku isi cyane, ahanini mu gufasha abantu kuganira, rugiye gushyiraho uburyo bwo kurinda...

Read moreDetails

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

by minebwenews
April 12, 2025
0
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge living in Mbarara, Uganda, are honoring the hero of Mulenge, General Rukunda Michel, widely known as Makanika. In this regard, they are organizing a football match, and...

Read moreDetails

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

by minebwenews
April 11, 2025
0

The government of the Democratic Republic of the Congo has requested the authorities in Doha, Qatar, to ask AFC/M23 to withdraw its fighters from all areas it has...

Read moreDetails
Next Post

Umuvugizi wa M23, mubya Politike yatangaje ko ingabo ze zitaja mukigo cya Rumangabo mugihe Kinshasa itarubahiriza ibyo basabwa.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?