
Abaturage ba Repubulika ya demukarasi ya Congo bagiye kongera gufata ku makarita ndangamuntu, iyi Karite baheruka ga kuyitunga ubwo iki gihugu cyitwaga Zaïre cyayoborwaga na Mobutu Sese Seko Kungwendo Wazabanga.
Yanditswe na Bruce Bahanda, none tariki 16.04.2023, saa 7:15 PM, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Ibi byatangajwe n’a Minisitiri w’Intebe, Michel Sama Lukonde, yabitangarije mu nama y’abaminisitiri iheruka kuba kw’Itariki 14.04.2023, avuga ko indangamuntu ziri gutegurwa kandi ko hagati muri uyu mwaka wa 2023, AbanyeCongo ziraba zamaze kubageraho.
Bwana Minisitiri w’intebe Michel Sama Lukonde yagize ati: “Hagati muri uyumwaka wa 2023, amakarita ndangamuntu azasohoka nimugihe twari tumaze imyaka 30 tuyategereje.”
Igikorwa cyo gutunganya indangamuntu kiri kugirwamo uruhare n’inzego zitandukanye zirimo CENI ishinzwe amatora, ONIP ishinzwe indangamuntu, BCR ishinzwe ibarura na INS ishinzwe ibarurishamibare.
Igihugu ca Congo Kinshasa, Kiri mubihugu bigira abaturage bakunze kugira ibyago mubindi bihugu no kumipaka bivuye kukubura ibi baranga.




