Muri RDC abaganga bakangishije Tshisekedi kwimukira mu Rwanda.
Abaganga bo muri Repubulika ya demokarasi ya Congo batangarije ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi ko bashobora kwimukira mu Rwanda, mu gihe Leta ye itabishyura amafaranga y’ibirarane ibabereyemo.
Babitangaje ku munsi w’ejo ku wa kabiri tariki ya 13/05/2025, ubwo bari mu myigaragambyo isaba Leta ya RDC kubishyura.
Iyi myigaragambyo yabereye i Kinshasa ku murwa mukuru w’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, no mu bindi bice biherereye hafi aho.
Amashusho yakwirakwijwe ku mbugankoranyambaga bumvikanamo baririmba indirimbo zirimo ubutumwa busaba Leta ko “ibi niba itabishoboye ngo itwishyure ibirarane itubereyemo turigendera i Kigali mu Rwanda. Ndetse kandi bavuga ko barambiwe n’ubutegetsi bwa Congo.
Ubwo bari muri iyo myigaragambyo bari bitwaje n’ibyapa byanditseho aya magambo: “Leta ni mutwishyure imishahara yacu, n’amafaranga yagahimbazamusyi, bikorwe aka kanya.”
Banagaragaje ko amafaranga barikwishyuza Leta ni ayo batahawe kuva mu kwezi kwa mbere uyu mwaka.
Hejuru y’ibyo, aba baganga barataka inzara , mu gihe mu minsi mike ishize perezida Felix Tshisekedi yatangaje ko agomba kubongerera umushahara, kimwe n’abandi bakozi ba Leta y’i Kinshasa.