Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, umu minisitiri yeguye nyuma y’iminsi irindwi gusa, amaze ashizwe muri izo nshingano.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 19, 2024
in Regional Politics
1
Muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, umu minisitiri yeguye nyuma y’iminsi irindwi gusa, amaze ashizwe muri izo nshingano.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, umu minisitiri yeguye nyuma y’iminsi irindwi gusa, amaze ashizwe muri izo nshingano.

You might also like

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Ni minisitiri Stéphanie Mbombo Muamba wari umaze icyumweru kimwe atangiye imirimo, avuga ko yeguye ku mpamvu ze bwite, nk’uko ibi byemejwe n’ibiro bya minisitiri w’intebe w’iki gihugu.

Byagize biti: “Minisitiri w’intebe yamenyesheje perezida Félix Tshisekedi ko minisitiri Stéphanie Mbombo Muamba yeguye, maze nawe amukuraho izo nshingano zo ku rwego rwo hejuru.”

Stéphanie Mbombo Muamba, abinyujije ku rukuta rwe rwa X, yavuze ko yafashe uwo mwanzuro uremereye ku mpamvu ze, yongeraho ko akomeje gushyigikira perezida uriho kandi ati: “Nifurije intsinzi nyayo Guverinoma ya Judith Suminwa.”

Yagiye kuri uyu mwanya avanwe aho yakoraga nk’u mujanama w’u mukuru w’ibiro by’u mukuru w’igihugu ku bijyanye n’ibidukikije.

Kwegura kwe ntibisanzwe mu butegetsi bwa Kinshasa, kandi igitangaje yegura mu minsi irindwi gusa ahawe izo nshingano, ni mu gihe kandi yari yabanjye kugaragaza ko yishimiye izo nshingano.

Uku kwegura kwatumye benshi muri iki gihugu bavuga bakekeranya ku mpamvu nyakuri zaba zabiteye.

Ahagana isaha z’umugoroba wo ku wa Gatanu mu Cyumweru gishize, nibwo minisitiri Stephanie Mbombo Muamba na bagenzi be bakoze inama ya mbere y’abaminisitiri , muri iyo nama anavuga ko mu bimureba, afite ubushake kandi azanye ingufu n’impinduka mu kuzana umusanzu munini w’umutungo kamere, mu kurwanya ihindagurika ry’ikirere.

Uyu Stephanie wize amategeko y’u bubanyi n’amahanga, yagiye ahagararira RDC mu nama mpuzamahanga zitandukanye ku bigendanye n’ibidukikije n’izirebana n’ingaruka ry’ikirere.

Kandi yari asanzwe ari umukuru w’ishyaka Cercle des Réformateurs Intègres du Congo (cric), ishyaka rishigikiye UDPS rya perezida Félix Tshisekedi,mbere yahoze mu ishyaka rya Mouvement de Liberation du Congo (MLC) rya Jean Pierre Bemba, aza kurivamo avuga ko ridashyira imbere uburenganzira bw’abagore nk’uko yabyifuzaga.

Umwirondoro wa Stephanie Mbombo Muamba ugaragaza ko yabaye mu bihugu by’i Burayi, mu Bubiligi no muri Australia, ndetse kandi yigezeho kuba umunyamakuru muri iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Yari umwe mu bagore 17 mu bantu 54 bagize Guverinoma nshya ya Congo , ubu iraburamo umwe nyuma yo kwegura kwe.

           MCN.
Tags: RdcStéphanie Mbombo MuambaYeguye
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk’abamaraika, agaragaza n’impamvu yabyo.

Gen.Muhoozi yavuze ko perezida Kagame na Maj.Gen. Rwigema bameze nk'abamaraika, agaragaza n'impamvu yabyo. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko umukuru w'igihugu cy'u Rwanda Paul...

Read moreDetails

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

by Bruce Bahanda
July 21, 2025
0
Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe.

Umudipolomate wa RDC ukorera mu Bubiligi yafunzwe. Mu buryo budasanzwe umudipolomate wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Mutebwa Mulumba Jean Dieu, usanzwe ari umujyanama wa kabiri muri ambasade...

Read moreDetails
Next Post
Ibyigiwe mu nama y’abahinzi n’aborozi, ahari ngo byagira icyo bifasha impande zombi, muri Bibogobogo, mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo.

Ibyigiwe mu nama y'abahinzi n'aborozi, ahari ngo byagira icyo bifasha impande zombi, muri Bibogobogo, mu Ntara ya Kivu y'Amajy'epfo.

Comments 1

  1. Pingback: Ese kuki Minisitiri Stéphanie Mbombo Muamba yeguye? Soma inkuru yose – MARIS POST

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?