Judith Suminwa Tuluka yagizwe minisitiri w’intebe muri Repubulika ya demokorasi ya Congo.
Ni ahagana ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 01/04/2024, perezida Félix Antoine Tshisekedi, yashizeho Madamu Judith Suminwa Tuluka nka minisitiri w’intebe w’igihugu. Tuluku abaye umugore wa mbere ugiye kuri uyu mwanya kuva Congo yitwa Congo.
Uyu mwanya awutsimbuyeho Sama Lukonde wa wuvuyeho ku itariki ya 20/02/2024, wari weguye kuri uwo mwanya ngo ahe perezida Félix Tshisekedi wari uherutse gutorerwa manda ya kabiri ngo ashireho Guverinoma nshyasha.
Ibiro bya perezida Félix Tshisekedi byemeje ay’amakuru, aho byashize ubutumwa hanze bitangaza ko Tshisekedi yashizeho Suminwa Tuluka Judith kuba minisitiri w’intebe.

Madame Tuluku ubaye umugore wa mbere ugiye kuri uyu mwanya yahoze ari minisitiri w’igenamigambi muri leta ya Sama Lukonde .
Judith Suminwa aje mu gihe Repubulika ya Demokarasi ya Congo, iri mu bibazo birimo intambara itoroshye, aho ikomeje guca ibintu mu Burasirazuba bw’icyo gihugu.
Tuluku, yitezweho guhindura byinshi harimo no kuzamura ubukungu bw’i gihugu, ikibazo cyo gukemura imibereho y’abaturage hakiyongeraho itakaza gaciro ry’ifaranga rya Congo ndetse no guhangana na ruswa yabaye akarande mu butegetsi bwa Kinshasa.
MCN.