Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo
Umuhuza bikorwa w’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, yasabye ingabo z’iki gihugu n’iz’u Burundi guhagarika vuba na bwangu ibyo kugaba ibitero ku mutwe wabo no ku baturage bo muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru, zitabyubahiriza zigakubitwa n’iyo zitazi
Hari mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye i Goma ku wa mbere tariki ya 01/09/2025.
Muri iki kiganiro uyu muyobozi yagize ati: “AFC/M23/MRDP irihanangiriza Felix Tshisekedi ku bitero byo mu ngabo zo mu ihuriro rye rya bajenosideri kandi iyi AFC/M23/MRDP mushotora ifite ubushobozi bwo kubasenya byako kanya. Mu bimenye muzabona igisubizo vuba ni mutabihagarika.”
Yakomeje avuga ko nubwo ingabo zo muri iri huriro rya Tshisekedi ziri ko herezwa ku bwinshi muri Kivu y’Amajyaruguru, no muri iriya misozi yo muri teritware ya Fizi, Uvira na Mwenga, zirimo iza RDC n’iz’u Burundi, Wazalendo na FDLR kugira ngo zitegure kugab ibitero bikomeye, ariko ko bari maso.
Yasobanuye ko barenze ku gahenge, kandi ko leta y’i Kinshasa yanze kurekura imfungwa 700 basabye zirimo abanyamuryango b’iri huriro n’abakekwaho kuba abanyamuryango bayo, nyamara ubwo impande zombi zashyiraga umukono ku mahame azifasha kugera ku masezerano y’amahoro tariki ya 19/07/2025, yari yarabyemeye.
Nangaa yavuze ko yamenyesheje Leta ya Qatar, umuryango w’Abibumbye, n’abandi bafatanyabikorwa muri gahunda z’amahoro, ko atari yo irenga ku gahenge, ahubwo ko bikorwa n’ubutegetsi bwa RDC bwiyibagije ibyo bwemeye.