Nangaa Yashinje Kinshasa Kuyobya Uburari ku byo Itangaza ku Guhagarika Imirwano
Umuyobozi w’ihuriro Allience Fleuve Congo, AFC/M23, Corneille Nangaa, yatangaje ko itangazo ryasohowe n’Ibiro bya Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ryemera agahenge kifujwe na Leta ya Angola, ririmo kuyobya uburari, kuko ku ruhande rw’iki gihugu ibikorwa bya gisirikare bikomeje ku mirongo y’imbere.
Tariki ya Itangaza byo 13/02/2026, Ibiro bya Perezida Félix Tshisekedi byatangaje ko yemeye agahenge kasabwe na Angola, kagamije gutanga umwanya ku biganiro bya politiki no kugabanya ubukana bw’imirwano imaze igihe mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu byagaragajwe ko bikubiye muri ako gahenge harimo kutagura ibirindiro bya gisirikare, kutongera imbaraga mu ngabo ziri mu duce turimo imirwano no guhagarika kwakira inkunga ya gisirikare ituruka hanze y’igihugu.
Mu gusubiza iri tangazo, Nangaa yavuze ko ihuriro ayoboye ryiyemeje kubahiriza agahenge kemerejwe mu murongo wa gahunda y’amahoro ya Doha, ashimangira ko ishingiye ku ihame ryo kubahiriza inshingano za politiki no gushakira umuti ibibazo binyuze mu biganiro aho kwifashisha imbaraga za gisirikare.
Yavuze ko gutangiza ibiganiro bishya mu gihe hari indi nzira y’ibiganiro yari yaratangiye, bishobora gusubiza inyuma intambwe yari imaze guterwa no kudindiza ibisubizo byihutirwa byari byitezwe n’abaturage bo mu bice byibasiwe n’intambara.
Yagize ati:
“Binyuranyije n’itangazo ryo kwemera agahenge, Leta ya Kinshasa yagaragaje mu bikorwa byagenzuwe ko ikomeje ibikorwa bya gisirikare. Ibitero bigabwa mu bice bituwe cyane, ikoreshwa ry’abacanshuro no kurasa buhumyi byangiza ubuzima bw’abasivili, bigaragaza ko amahitamo ari ugukomeza intambara, irenga ku byo yiyemeje.”
Yakomeje ashimangira ko, ku ruhande rwa AFC/M23, itangazo rya Kinshasa ryo kwemera ihame ry’agahenge rishobora kuba ari uburyo bwo kwisukura mu maso y’umuryango mpuzamahanga, aho kuba intambwe ifatika iganisha ku mahoro arambye.
Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa, na we yamenyesheje itangazamakuru i Goma ko mu gitondo cyo ku itariki ya 13/02/2026, ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC ryagabye ibitero bishya ku birindiro by’uyu mutwe, avuga ko ibi binyuranyije n’umwuka w’agahenge katangajwe ku mugaragaro.
Ibi birego bije mu gihe imirwano imaze imyaka myinshi ihanganishije ingabo za Leta n’imitwe yitwaje intwaro mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo, aho ibibazo by’umutekano, politiki n’ubukungu byakomeje kuba intandaro y’amakimbirane.
Ababikurikiranira hafi bagaragaza ko agahenge katubahirijwe ku mpande zombi gashobora gukomeza gutuma habaho kutizerana, bityo bigakoma mu nkokora ibiganiro bigamije amahoro arambye. Basaba ko habaho igenzura ryigenga ku byemeranyijweho, no gushyiraho uburyo bunoze bwo gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’agahenge, hagamijwe kurinda abasivili no gutanga amahirwe ku biganiro bifatika.
Kugeza ubu, nta tangazo rirambuye rirashyirwa ahagaragara n’ubutegetsi bwa Kinshasa risubiza ku birego bya AFC/M23. Icyakora, impande zombi zikomeje gushinjanya kurenga ku byo zemeye, mu gihe abaturage bo mu bice byugarijwe n’imirwano bakomeje guhura n’ingaruka z’intambara zirimo kwimurwa ku gahato, kubura ibiribwa no guhungabana k’ubuzima bwabo.
Mu gihe ibiganiro bya politiki bikomeje gutegurwa no gushyigikirwa n’ibihugu byo mu karere n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga, amaso menshi akomeje kureba niba agahenge kazubahirizwa, cyangwa niba kazaguma mu magambo gusa.






