• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, February 14, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Nangaa Yashinje Kinshasa Kuyobya Uburari ku byo Itangaza ku Guhagarika Imirwano

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
February 14, 2026
in Conflict & Security
0
Nangaa Yashinje Kinshasa Kuyobya Uburari ku byo Itangaza ku Guhagarika Imirwano
66
SHARES
1.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Nangaa Yashinje Kinshasa Kuyobya Uburari ku byo Itangaza ku Guhagarika Imirwano

You might also like

AFC/M23 Igiye Kugira Abayihagarariye mu Kanama Gashinzwe Igenzura ry’Agahenge mu Burasirazuba bwa RDC

MRDP–Twirwaneho Yakubitaguriye Ingabo z’u Burundi na FARDC mu Duce Tubiri tw’i Mulenge

Abanyamulenge Bareze Leta y’u Burundi mu Rukiko rwa EAC

Umuyobozi w’ihuriro Allience Fleuve Congo, AFC/M23, Corneille Nangaa, yatangaje ko itangazo ryasohowe n’Ibiro bya Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ryemera agahenge kifujwe na Leta ya Angola, ririmo kuyobya uburari, kuko ku ruhande rw’iki gihugu ibikorwa bya gisirikare bikomeje ku mirongo y’imbere.

Tariki ya Itangaza byo 13/02/2026, Ibiro bya Perezida Félix Tshisekedi byatangaje ko yemeye agahenge kasabwe na Angola, kagamije gutanga umwanya ku biganiro bya politiki no kugabanya ubukana bw’imirwano imaze igihe mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu byagaragajwe ko bikubiye muri ako gahenge harimo kutagura ibirindiro bya gisirikare, kutongera imbaraga mu ngabo ziri mu duce turimo imirwano no guhagarika kwakira inkunga ya gisirikare ituruka hanze y’igihugu.

Mu gusubiza iri tangazo, Nangaa yavuze ko ihuriro ayoboye ryiyemeje kubahiriza agahenge kemerejwe mu murongo wa gahunda y’amahoro ya Doha, ashimangira ko ishingiye ku ihame ryo kubahiriza inshingano za politiki no gushakira umuti ibibazo binyuze mu biganiro aho kwifashisha imbaraga za gisirikare.

Yavuze ko gutangiza ibiganiro bishya mu gihe hari indi nzira y’ibiganiro yari yaratangiye, bishobora gusubiza inyuma intambwe yari imaze guterwa no kudindiza ibisubizo byihutirwa byari byitezwe n’abaturage bo mu bice byibasiwe n’intambara.

Yagize ati:

“Binyuranyije n’itangazo ryo kwemera agahenge, Leta ya Kinshasa yagaragaje mu bikorwa byagenzuwe ko ikomeje ibikorwa bya gisirikare. Ibitero bigabwa mu bice bituwe cyane, ikoreshwa ry’abacanshuro no kurasa buhumyi byangiza ubuzima bw’abasivili, bigaragaza ko amahitamo ari ugukomeza intambara, irenga ku byo yiyemeje.”

Yakomeje ashimangira ko, ku ruhande rwa AFC/M23, itangazo rya Kinshasa ryo kwemera ihame ry’agahenge rishobora kuba ari uburyo bwo kwisukura mu maso y’umuryango mpuzamahanga, aho kuba intambwe ifatika iganisha ku mahoro arambye.

Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa, na we yamenyesheje itangazamakuru i Goma ko mu gitondo cyo ku itariki ya 13/02/2026, ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC ryagabye ibitero bishya ku birindiro by’uyu mutwe, avuga ko ibi binyuranyije n’umwuka w’agahenge katangajwe ku mugaragaro.

Ibi birego bije mu gihe imirwano imaze imyaka myinshi ihanganishije ingabo za Leta n’imitwe yitwaje intwaro mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo, aho ibibazo by’umutekano, politiki n’ubukungu byakomeje kuba intandaro y’amakimbirane.

Ababikurikiranira hafi bagaragaza ko agahenge katubahirijwe ku mpande zombi gashobora gukomeza gutuma habaho kutizerana, bityo bigakoma mu nkokora ibiganiro bigamije amahoro arambye. Basaba ko habaho igenzura ryigenga ku byemeranyijweho, no gushyiraho uburyo bunoze bwo gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’agahenge, hagamijwe kurinda abasivili no gutanga amahirwe ku biganiro bifatika.

Kugeza ubu, nta tangazo rirambuye rirashyirwa ahagaragara n’ubutegetsi bwa Kinshasa risubiza ku birego bya AFC/M23. Icyakora, impande zombi zikomeje gushinjanya kurenga ku byo zemeye, mu gihe abaturage bo mu bice byugarijwe n’imirwano bakomeje guhura n’ingaruka z’intambara zirimo kwimurwa ku gahato, kubura ibiribwa no guhungabana k’ubuzima bwabo.

Mu gihe ibiganiro bya politiki bikomeje gutegurwa no gushyigikirwa n’ibihugu byo mu karere n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga, amaso menshi akomeje kureba niba agahenge kazubahirizwa, cyangwa niba kazaguma mu magambo gusa.

Tags: AgahengeNangaaRdc
Share26Tweet17Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

AFC/M23 Igiye Kugira Abayihagarariye mu Kanama Gashinzwe Igenzura ry’Agahenge mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
February 14, 2026
0
AFC/M23 Igiye Kugira Abayihagarariye mu Kanama Gashinzwe Igenzura ry’Agahenge mu Burasirazuba bwa RDC

AFC/M23 Igiye Kugira Abayihagarariye mu Kanama Gashinzwe Igenzura ry’Agahenge mu Burasirazuba bwa RDC Uko bwije n’uko bukeye, umutwe urwanya Leta ya Congo-Kinshasa wa AFC/M23 uragenda uzamura urwego rwawo...

Read moreDetails

MRDP–Twirwaneho Yakubitaguriye Ingabo z’u Burundi na FARDC mu Duce Tubiri tw’i Mulenge

by Bahanda Bruce
February 14, 2026
0
Inzara Iravuza Ubuhuha mu Basirikare b’u Burundi Bari muri RDC

MRDP–Twirwaneho Yakubitaguriye Ingabo z’u Burundi na FARDC mu Duce Tubiri tw’i Mulenge Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu burasirazuba bwa...

Read moreDetails

Abanyamulenge Bareze Leta y’u Burundi mu Rukiko rwa EAC

by Bahanda Bruce
February 14, 2026
0
Abanyamulenge Bareze Leta y’u Burundi mu Rukiko rwa EAC

Abanyamulenge Bareze Leta y’u Burundi mu Rukiko rwa EAC Imiryango ibiri ihagarariye Abanyamulenge batuye mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yajyanye Leta y’u...

Read moreDetails

RDC: Impaka, Ibyahishuwe n’Inzira y’Ubwigenge bw’Umutekano mu Burasirazuba

by Bahanda Bruce
February 14, 2026
0
RDC: Impaka, Ibyahishuwe n’Inzira y’Ubwigenge bw’Umutekano mu Burasirazuba

RDC: Impaka, Ibyahishuwe n’Inzira y’Ubwigenge bw’Umutekano mu Burasirazuba Icyemezo cy’Inama y’Umutekano ya Loni cyafashwe tariki ya 19/12/2025 cyongereye manda y’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira...

Read moreDetails

Kabila Yemeye Ibiganiro na Tshisekedi, Ariko Ashyiraho Ibisabwa Bitatu Bikomeye

by Bahanda Bruce
February 14, 2026
0
Kabila Yemeye Ibiganiro na Tshisekedi, Ariko Ashyiraho Ibisabwa Bitatu Bikomeye

Kabila Yemeye Ibiganiro na Tshisekedi, Ariko Ashyiraho Ibisabwa Bitatu Bikomeye Amakuru yizewe aturuka mu nzego za politiki muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) aravuga ko Joseph Kabila...

Read moreDetails
Next Post
Kabila Yemeye Ibiganiro na Tshisekedi, Ariko Ashyiraho Ibisabwa Bitatu Bikomeye

Kabila Yemeye Ibiganiro na Tshisekedi, Ariko Ashyiraho Ibisabwa Bitatu Bikomeye

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?