Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ndayishimiye yagaragaje ko ashaka kuganira n’u Rwanda.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 28, 2025
in Regional Politics
0
Ndayishimiye yagaragaje ko ashaka kuganira n’u Rwanda.
128
SHARES
3.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ndayishimiye yagaragaje ko ashaka kuganira n’u Rwanda.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yagaragaje ko ashaka kuganira n’u Rwanda nyuma y’igihe kirekire ibyo bihugu byombi bitavuga rumwe.

U Rwanda rushinja u Burundi gukorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe abatutsi muri iki gihugu, mu gihe u Burundi nabwo burushinja gutera inkunga imitwe iburwanya, ibyo u Rwanda ruhakana.

Aha’rejo tariki ya 27/02/2025, perezida Evariste Ndayishimiye w’iki gihugu cy’u Burundi yagiranye ikiganiro n’abahagarariye ibihugu byabo i Bujumbura, ubwo yabagezagaho ijambo, yagize ati: “Mu mico y’i kurundi mbere yogutera umuturanyi wawe, ubanza kumuganiriza, ariko iyo iyo nzira bidakunze ngo mwumvikane murarwana. Rero, niduterwa tuzirwanaho.”

Muri iki kiganiro kandi yagarutse no ku mubano w’u Burundi n’u Rwanda, avuga ko u Burundi bwifuza kuganira n’iki gihugu cy’igituranyi.

Ati: “Kuva 2020 twagumye kwifuza ko tuganira n’u Rwanda kandi n’ubu niho tugihagaze. Ariko mu gihe ibiganiro byonanirana tugaterwa ntakundi tuzivuna umwanzi kuko Abarundi ntituzigera twemera ko dusubira mu bihe twaciyemo.”

Yagaragaje kandi ko amarembo y’iki gihugu cy’u Burundi y’uguruye, kugira ngo bicarane n’u Rwanda ngo nk’uko ubutegetsi bwe bubyifuza.

Ku ntambara ibera mu Burasizuba bwa RDC, yavuze ko hari ingingo zibiri asaba ko zikurikizwa, ngo mu gihe zakurikizwa intambara yahita ihagarara burundu.

Ingingo ya mbere yavuze ko imitwe y’iterabwaba nka FDLR hagomba gukorwa ibishoboka byose, ikamburwa intwaro, agaragaza ko uyu mutwe wahungabanyije umutekano w’akarere kose, n’uwa RDC muri rusange.

Indi ngingo yakabiri avuga ko mu gihe m23 yaba irimo abarwanyi batari Abanye-Congo bavanwamo igasigaramo Abanye-Congo bonyine.

Ashimangira ko ibyo mu gihe byakorwa amahoro mu Burasizuba bwa RDC yagaruka ndetse no mu karere hose.

Uyu mukuru w’i gihugu cy’u Burundi yasoje ahumuriza abahagarariye ibihugu byabo i Bujumbura gutekana, abizeza ko umutekano wabo urinzwe. Ndetse ko u Burundi bushoboye kurinda umutekano w’abanyagihugu babo n’Abanyamahanga.

Tags: ibiganiroNdayishimiyeU Rwanda
Share51Tweet32Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Iby’igisasu cyaturikiye mu nama i Bukavu harimo n’abayobozi.

Kivu y'Epfo iraramutswa abayobozi bashya b'intara.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?