Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ndayishimiye yagaragaje ko ashaka kuganira n’u Rwanda.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 28, 2025
in Regional Politics
0
Ndayishimiye yagaragaje ko ashaka kuganira n’u Rwanda.
128
SHARES
3.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ndayishimiye yagaragaje ko ashaka kuganira n’u Rwanda.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yagaragaje ko ashaka kuganira n’u Rwanda nyuma y’igihe kirekire ibyo bihugu byombi bitavuga rumwe.

U Rwanda rushinja u Burundi gukorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe abatutsi muri iki gihugu, mu gihe u Burundi nabwo burushinja gutera inkunga imitwe iburwanya, ibyo u Rwanda ruhakana.

Aha’rejo tariki ya 27/02/2025, perezida Evariste Ndayishimiye w’iki gihugu cy’u Burundi yagiranye ikiganiro n’abahagarariye ibihugu byabo i Bujumbura, ubwo yabagezagaho ijambo, yagize ati: “Mu mico y’i kurundi mbere yogutera umuturanyi wawe, ubanza kumuganiriza, ariko iyo iyo nzira bidakunze ngo mwumvikane murarwana. Rero, niduterwa tuzirwanaho.”

Muri iki kiganiro kandi yagarutse no ku mubano w’u Burundi n’u Rwanda, avuga ko u Burundi bwifuza kuganira n’iki gihugu cy’igituranyi.

Ati: “Kuva 2020 twagumye kwifuza ko tuganira n’u Rwanda kandi n’ubu niho tugihagaze. Ariko mu gihe ibiganiro byonanirana tugaterwa ntakundi tuzivuna umwanzi kuko Abarundi ntituzigera twemera ko dusubira mu bihe twaciyemo.”

Yagaragaje kandi ko amarembo y’iki gihugu cy’u Burundi y’uguruye, kugira ngo bicarane n’u Rwanda ngo nk’uko ubutegetsi bwe bubyifuza.

Ku ntambara ibera mu Burasizuba bwa RDC, yavuze ko hari ingingo zibiri asaba ko zikurikizwa, ngo mu gihe zakurikizwa intambara yahita ihagarara burundu.

Ingingo ya mbere yavuze ko imitwe y’iterabwaba nka FDLR hagomba gukorwa ibishoboka byose, ikamburwa intwaro, agaragaza ko uyu mutwe wahungabanyije umutekano w’akarere kose, n’uwa RDC muri rusange.

Indi ngingo yakabiri avuga ko mu gihe m23 yaba irimo abarwanyi batari Abanye-Congo bavanwamo igasigaramo Abanye-Congo bonyine.

Ashimangira ko ibyo mu gihe byakorwa amahoro mu Burasizuba bwa RDC yagaruka ndetse no mu karere hose.

Uyu mukuru w’i gihugu cy’u Burundi yasoje ahumuriza abahagarariye ibihugu byabo i Bujumbura gutekana, abizeza ko umutekano wabo urinzwe. Ndetse ko u Burundi bushoboye kurinda umutekano w’abanyagihugu babo n’Abanyamahanga.

Tags: ibiganiroNdayishimiyeU Rwanda
Share51Tweet32Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Iby’igisasu cyaturikiye mu nama i Bukavu harimo n’abayobozi.

Kivu y'Epfo iraramutswa abayobozi bashya b'intara.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?