Nduhungirehe Yamaganye Byeruye Imvugo ya Patrick Muyaya ku Mubano wa FARDC na FDLR
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yanyomoje ku mugaragaro amagambo y’Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Patrick Muyaya, wihakanye imikoranire iri hagati y’Ingabo za Leta ya RDC (FARDC) n’umutwe wa FDLR ugizwe ahanini n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Amb. Nduhungirehe yagaragaje ko imvugo ya Muyaya igamije kuyobya uburari no gupfobya ikibazo kimaze imyaka myinshi kivugwa n’imiryango mpuzamahanga, aho FDLR ari umutwe w’iterabwoba ukomeje gukorera mu burasirazuba bwa RDC, bivugwa ko ukorana n’inzego z’umutekano z’icyo gihugu.
Yagize ati: “Iki ni ikinyoma kindi. Umutwe wa FDLR, ufite uruhare runini muri Jenoside, ukorana n’Ingabo za Congo, FARDC, kandi basangiye ingengabitekerezo ya Jenoside.”
Mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru, Patrick Muyaya yavuze ko u Rwanda rudakwiye gukomeza kwitwaza ikibazo cya FDLR nk’impamvu y’umutekano muke mu burasirazuba bwa RDC. Yagaragaje ko igice kinini cy’abarwanyi ba FDLR kiri mu bice bigenzurwa na AFC/M23, umutwe urwanya ubutegetsi bwa Kinshasa.
Muyaya yagize ati: “Abasigaye benshi bo muri FDLR, niba atari bose, bari mu bice byafashwe. U Rwanda ntirukwiye gukomeza kuzamura ikibazo cya FDLR nk’urwitwazo.”
Yakomeje avuga ko hari abaturage bagera kuri 300 bishwe mu kwezi kwa Karindwi mu duce twa Rutshuru, agaragaza ko ari abo mu bwoko bw’Abahutu, ariko ntiyagaruka ku bihumbi by’Abanye-Congo b’Abatutsi bamaze imyaka myinshi bicwa mu bihe bitandukanye n’imitwe yitwaje intwaro, irimo n’ikorana na FARDC.
Ibi byakuruye impaka zikomeye, cyane ko imiryango mpuzamahanga n’impuguke ku mutekano w’Akarere k’Ibiyaga Bigari zimaze igihe zigaragaza ko FDLR ikorana bya hafi na FARDC mu bikorwa bya gisirikare.
FDLR yashinzwe mu 2000, isimbura ALiR (Armée de Libération du Rwanda), igizwe ahanini n’abahoze mu ngabo za FAR n’Interahamwe bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Kuva icyo gihe, uyu mutwe wakomeje gukorera mu burasirazuba bwa RDC, aho washinze ibirindiro mu mashyamba ya Kivu y’Amajyaruguru n’Amajyepfo.
Mu gihe cy’ubutegetsi bwa Laurent-Désiré Kabila, bivugwa ko habayeho imikoranire ya hafi hagati ya Leta ya Congo n’imitwe yarwanyaga u Rwanda, harimo na ALiR yahindutse FDLR. Bamwe mu bahoze muri uwo mutwe bagaragaje ko bahawe ibikoresho n’intwaro biturutse ku buyobozi bwa Congo muri icyo gihe.
Nyuma y’iyicwa rya Laurent-Désiré Kabila mu 2001, yasimbuwe n’umuhungu we, Joseph Kabila. Hari abemeza ko ubuyobozi bwe bwagerageje gushyiraho ingamba zo guca intege FDLR, nubwo ikibazo kitigeze gikemuka burundu.
Mu 2019, Félix Tshisekedi yinjiye ku butegetsi. Kuva icyo gihe, u Rwanda rwakomeje kugaragaza impungenge ko FDLR yongeye guhabwa urubuga, ndetse bamwe mu bayigize bakinjizwa mu ngabo za FARDC cyangwa bagakorana nazo mu bikorwa bya gisirikare bihuriweho.
Tariki ya 04/02/2026, Perezida Félix Tshisekedi yagiriye uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yashakaga gushishikariza Inteko Ishinga Amategeko gushyira igitutu ku Rwanda, arushinja uruhare mu ntambara yo mu burasirazuba bwa RDC.
Icyakora, amakuru aturuka mu biganiro byabereye i Washington agaragaza ko ubuyobozi bwa RDC bwasabwe gufata ingamba zifatika zo gusenya FDLR n’indi mitwe yitwaje intwaro, harimo na Wazalendo, nk’uko bikubiye mu masezerano agamije amahoro arambye.
Itangazo ryasohotse ryagaragazaga ko: “Kugira ngo umutekano urambye uboneke, RDC igomba gufata ingamba zifatika kuri FDLR n’indi mitwe yitwaje intwaro ikorera abaturage ihohoterwa.”
U Rwanda rwakomeje kugaragaza ko rudashobora kudohora ingamba z’ubwirinzi mu gihe FDLR igihabwa urubuga n’ubutegetsi bwa RDC, kuko ikomeje kuba ikibazo gikomeye ku mutekano warwo no ku mahoro y’Akarere k’Ibiyaga Bigari.
Imvugo ya Muyaya, ihakana imikoranire ya FARDC na FDLR, ije mu gihe ibimenyetso n’ubuhamya butandukanye bikomeje kugaragaza ko iyo mikoranire ihari kandi igira uruhare mu gukomeza umutekano muke mu burasirazuba bwa RDC.
Izi mpaka nshya hagati ya Kigali na Kinshasa zongeye gushyira ku munzani ubushake bwa politiki mu gushakira umuti urambye ikibazo kimaze imyaka irenga makumyabiri, aho gusenya burundu FDLR bikomeje kugarukwaho nk’intambwe ya mbere mu kubaka amahoro arambye mu karere.






