Nigeria: Perezida Tinubu Yamaganye Igitero cy’Inyeshyamba cyahitanye Abarimo Umujenerali
Perezida wa Nigeria, Bola Ahmed Tinubu, yagaragaje akababaro kenshi anihanganisha imiryango y’abasirikare baguye mu gitero cyagabwe ku kigo cya gisirikare giherereye muri Leta ya Borno, mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bw’igihugu.
Mu itangazo yashyize ku rubuga rwa X (Twitter), Tinubu yavuze ko ababajwe cyane n’urupfu rw’abasirikare bo mu mutwe wa 29 Task Force Brigade, bari bayobowe na Brigadier General Oseni Omoh Braimah, ashimangira ko “atanze igitambo gikomeye mu kurinda igihugu n’umutekano wacyo.”
Nubwo kugeza ubu hataramenyekana umubare nyakuri w’abasirikare bahasize ubuzima, amakuru aturuka mu nzego z’umutekano agaragaza ko icyo gitero cyari gikomeye kandi cyateguwe neza. Bikekwa ko cyakozwe n’umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram, n’ubwo utarahita ucyigamba ku mugaragaro.
Leta ya Borno imaze igihe ari indiri y’imitwe yitwaje intwaro, irimo Boko Haram n’uwawiyomoyeho witwa Islamic State West Africa Province (ISWAP). Iyi mitwe yombi imaze imyaka irenga icumi ihungabanya umutekano mu majyaruguru ya Nigeria ndetse no mu bihugu biyituriye mu karere ka Sahel n’Afurika yo hagati.
Mu byumweru bishize, ibitero ku bigo bya gisirikare byiyongereye, aho iyi mitwe ikomeje kugaragaza imbaraga n’ubushobozi bwo kwibasira ingabo za leta. Ibi bibaye mu gihe igisirikare cya Nigeria kiri mu bikorwa byo gushimangira ubwirinzi no guhashya burundu iyo mitwe y’iterabwoba.
Mu kwezi kwa cumi na kumwe (11) 2025, undi musirikare mukuru, Brigadier General Musa Uba, na we yaguye mu gitero cyagabwe n’abarwanyi ba ISWAP muri Borno, bikaba byarateje impungenge ku mikorere n’ubushobozi bw’ingabo mu guhangana n’iyo mitwe.
Umutwe wa Boko Haram watangiye ibikorwa byawo mu ntangiriro z’imyaka ya 2000, ariko ibikorwa byawo byakajije umurego cyane guhera mu 2009, ubwo watangiraga ibitero bikomeye byibasira abasivili, inzego za leta n’ibigo bya gisirikare. Mu mwaka wa 2015, ibikorwa by’uyu mutwe byageze ku rwego rwo hejuru cyane, aho wigaruriye uduce twinshi mu majyaruguru ya Nigeria.
Nyuma y’ibikorwa bikomeye bya gisirikare byafashijwe n’ibihugu by’ibituranyi ndetse n’amahanga, harimo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ibikorwa bya Boko Haram byaje kugabanuka mu myaka yakurikiyeho. Icyakora, uyu mutwe waje kwiyomoramo ISWAP, ukomeza ibikorwa by’iterabwoba mu buryo butandukanye, harimo ibitero by’ihishwa n’ibyibasira ibigo bya gisirikare.
Mu kwezi gushize, umujyi wa Maiduguri, ari wo murwa mukuru wa Borno, wibasiwe n’ibitero bya bombe z’ubwiyahuzi byahitanye abantu bagera kuri 20, abandi benshi barakomereka, bikongera gutuma abaturage bagira ubwoba bukomeye.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zifite uruhare mu gutoza no gufasha ingabo za Nigeria mu kurwanya iterabwoba, ziherutse gusaba abaturage bazo kwirinda ingendo zijya muri Nigeria, cyane cyane mu turere twugarijwe n’ibikorwa by’imitwe yitwaje intwaro, kubera impungenge z’umutekano muke, iterabwoba no gushimuta abantu.
Perezida Tinubu yashimangiye ko leta ye igiye gukaza ingamba zo guhangana n’imitwe y’iterabwoba, asaba ingabo gukomeza ubutwari n’ubwitange mu kurinda abaturage n’ubusugire bw’igihugu. Yanahamagariye abaturage gukomeza gutanga amakuru ku gihe no gukorana n’inzego z’umutekano kugira ngo habeho gutsinda uru rugamba.
Ibi bitero byongeye kugaragaza ko, nubwo hari intambwe imaze guterwa mu kurwanya iterabwoba muri Nigeria, urugamba rukiri rurerure kandi rusaba ubufatanye bw’inzego zose, haba ku rwego rw’igihugu no ku rwego mpuzamahanga.





