Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home History

Ntuyahaga yasubije Umunyarwanda uheruka kuvuga ko Abanyamulenge ari “inzererezi.”

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
January 13, 2025
in History
0
115
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ntuyahaga yasubije Umunyarwanda uheruka kuvuga ko Abanyamulenge ari “inzererezi.”

You might also like

YouTube Chanel nshya ya CNTR, amakuru kuriyo.

Kabila yababajwe n’urupfu rwa Gen.Sikatende agira n’icyo aruvugaho.

Umuryango wa Gen.Sikatende watanze umucyo kurupfu rwe.

Ni mu butumwa bw’amajwi bukomeje guhererekanywa ku mbugankoranyambaga zihuriyemo Abanyamulenge benshi, aho muri ubwo butumwa Ntuyahaga Elias Ngirumuremyi yasubije Umunyarwanda, Isaïe Murashi uheruka kuvuga ko Abanyamulenge ari “Ibigarasha, kandi ko ari inzererezi.”

Murashi Isaïe, wavuze ko Abanyamulenge ari ibigarasha yavutse ku ya 29/04/1949; yabayeho amabasaderi w’u Rwanda muri Uganda kuva mu 1996 kugeza 2000, ndetse kandi yanakoze mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda mu 2000 kugeza 2007.

Mu kiganiro aheruka gukora, nk’uko nacyo gikomeje guhererekanywa ku mbuga, yavuze ko we azi Abanyamulenge, ndetse agaragaza ko yigiye muri RDC, kandi yiga iby’amateka, bityo avuga ko azi ibyabo.

Yagize ati: “Buriya Abanyamulenge ni ibigarasha, ariko bikomeye kuko ntibazi umurongo w’Ubuyobozi! Kandi bageze muri RDC mu kinyejana cya cumi nagatanu, nyuma ya Yesu.”

Yakomeje agira ati: “Hariya bahamaze imyaka 500. Babayeho nta muyobozi bagira; kandi ibyo kuyoboka umwami ntabyo bakozwa! Babayeho bakurikira Inka zabo gusa no kumenya imiryango yabo, nta kindi.”

Muri kiriya kiganiro, Murashi yavuze kandi ko hari umuntu wigeze ku mubwira ko Abanyamulenge, ari Abatutsi, ariko ko batabizi, ngo kuko bafite imico bagiye barahura mu yandi moko, aho yavuze Ababembe, Abapfulero, Abashi n’abandi.

Ikindi yavuze, nuko ngo Abanyamulenge batigeze biga aho yavugaga “amashuri.”

Ubwo Ntuyahaga yasubizaga Murashi, yatangiye agira ati: “Mwiriwe bwana Amabasaderi Murashi! mboneye umwanya wo kugusuhuza, kugira ngo nkohereze ubutumwa. Njyewe uri kuguha ubu butumwa, ndi umunyamateka kimwe nawe, kuko nize ‘amateka’ kuri kaminuza y’i Lubambashi, nakoze nk’umwalimu muri Congo, ahitwa i Bukama. Nabayeho profeseur mu Burundi kuri Lycée Saint Nterese, i Gitega, aha nahakoze imyaka 8. Nyuma nagiye nkora mu mishinga itandukanye. Kuri ubu ntuye mu Busuwisi, mpamaze imyaka nka 19.”

Yakomeje agira ati: “Numvise ibyo wavuze, numva ntabyihanganira! Nkenera ku gusobanurira bimwe kuko uko ubivuga siko biri. Gucurika amateka y’Abanyamulenge warabikoze, ariko ibyo nshaka ku kubwira nuko ufite ingenga bitekerezo mbi, nk’uko mu bivuga mu Rwanda.”

Ntuyahaga, yavuze ko bwana Murashi agomba gukosorwa ngo kabone nubwo yabayeho umuntu ukomeye.

Ati : “Ugomba gukosorwa, wafashe Abanyamulenge ubahindura abantu babi, ubagira abagome. Uvuga ko banga u Rwanda n’Abatutsi, ndetse uvuga ko batazi ko ari Abatutsi. “

Ntuyahaga, yavuze kandi ko Murashi ari kimwe n’abantu barwanya Abanyamulenge.

Yagize ati: “Ingengabitekerezo ufite ntaho utandukaniye na Honorable Ngwande iyo ahaya atuka u Rwanda. Sinzi ko haraho utandukaniye na Nkwebe Kipele, iyo wumva ba Justin Bitakwira, uzwiho urwango ku Banyamulenge n’Abanyarwanda. Bityo ugomba kwiyamwa, kuko ufite amacakubiri mabi, kuratera umuzi mubi wo gutuma Abanyarwanda banga Abanyamulenge, kandi barahungiye mu gihugu cyabo.”

Ntuyahaga yanaboneyeho kwibutsa Murashi ko atazi amateka, ndetse kandi ko mu byo avuga bigaragaza agasuzuguro.

Yavuze ko mubyo Murashi yasobanuye agaragaza ko Abanyamulenge ba Banyabyinshi bageze muri RDC mu mwaka w’ 1500, ariko ngo bakaba barazimiriye mu bwoko bw’Abashi; Ntuyahaga we, yagaragaje ko ibyo ari ikinyoma cyambaye ubusa, kandi ko ibyo iyo bija kuba byarabaye, Abanyamulenge bari kuba ba bizi. Ndetse yanamuhishuriye ko Abanyamulenge batigeze bivanga n’ubundi bwoko.

Ati: “Abanyamulenge ni Abatutsi ijana ku ijana, kuko twe ntitugira Abahutu. Turi abantu batigeze bivanga.”

Yanasobanuye ko Abanyamulenge bavuye mu Rwanda bagiye gushaka ubwatsi bw’inka zabo; ati ibyo gushaka umwami ntabyo bari bariho, kuko icyari kibahangayikishije zari Inka.

Yasoje avuga ko bageze muri RDC babaho neza, ngo kuko icyo bari bashaka bari bakigezeho.

Usibye nicyo yavuze kandi ko bageze naho bagira Abachefs. Muri abo yavuze uwitwa Kayira, Ntakandi n’abandi.

Tags: Abanyamulenge
Share46Tweet29Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

YouTube Chanel nshya ya CNTR, amakuru kuriyo.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
YouTube Chanel nshya ya CNTR, amakuru kuriyo.

YouTube Chanel nshya ya CNTR, amakuru kuriyo. Felix Ntezeyombi wafunguye YouTube Chanel nshya iyo yahaye izina rya CNTR (Congo nshya Tv and radio), ni Umunyamulenge washatse kugira umusanzu...

Read moreDetails

Kabila yababajwe n’urupfu rwa Gen.Sikatende agira n’icyo aruvugaho.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Umuryango wa Gen.Sikatende watanze umucyo kurupfu rwe.

Kabila yababajwe n'urupfu rwa Gen.Sikatende agira n'icyo aruvugaho. Joseph Kabila Kabange wabaye umukuru w'igihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, yashenguwe n'urupfu rwa general Sikatende uheruka gupfira muri...

Read moreDetails

Umuryango wa Gen.Sikatende watanze umucyo kurupfu rwe.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Umuryango wa Gen.Sikatende watanze umucyo kurupfu rwe.

Umuryango wa Gen.Sikatende watanze umucyo kurupfu rwe. General Sikatende Dieudonne wari uzwi cyane ku izina rya Mutupeke munyeshyamba za Mai Mai i Lulenge muri teritware ya Fizi mu...

Read moreDetails

Umukozi w’Imana Rutayisire wagize uruhare runini mu guhuza Abanyarwanda ni nde?

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Umukozi w’Imana Rutayisire wagize uruhare runini mu guhuza Abanyarwanda ni nde?

Umukozi w'Imana Rutayisire wagize uruhare runini mu guhuza Abanyarwanda ni nde? Pasiteri Antoine Rutayisire ni umwe mu bakozi b'Imana bamenyekanye cyane mu Rwanda no mu karere, azwi cyane...

Read moreDetails

Bidasubirwaho amasengesho y’abanyeshuri bo mu Bibogobogo arashubijwe.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Mu Bibogobogo bongeye kugarurirwa icyizere ko abanyeshuri baho bashobora gukora dissertation, menya impamvu.

Bidasubirwaho amasengesho y'abanyeshuri bo mu Bibogobogo arasubijwe. Abanya-Bibogobogo, yaba abanyeshuri n'ababyeyi babo, barahimbaza Imana nyuma y'uko inspecteur w'amashuri amaze kugeza ibizamini bizwi nka dissertation mu Bibogobogo, by'abanyeshuri bo...

Read moreDetails
Next Post
Perezida wa Angola yagize ibyo asezeranya ku ntambara ibera mu Burasirazuba bwa RDC; menya n’uko byifashe ku mirongo y’urugamba.

Imirwano ikaze yavuzwe kuri uyu wa mbere i Masisi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?