• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, November 28, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home sport & entertainment

Ntuyahaga yasubije Umunyarwanda uheruka kuvuga ko Abanyamulenge ari “inzererezi.”

minebwenews by minebwenews
January 13, 2025
in sport & entertainment
0
116
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ntuyahaga yasubije Umunyarwanda uheruka kuvuga ko Abanyamulenge ari “inzererezi.”

You might also like

Abanye-Congo Biteguye Umukino wogupfa nogukira Congo RDC vs Nigeria

Igitaramo cy’amateka: Stade yo mu Bufaransa Fally Ipupa yayujuje yose mbere y’uko igitaramo nyirizina kiba

Kitoko yagarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka myinshi ari mu mahanga

Ni mu butumwa bw’amajwi bukomeje guhererekanywa ku mbugankoranyambaga zihuriyemo Abanyamulenge benshi, aho muri ubwo butumwa Ntuyahaga Elias Ngirumuremyi yasubije Umunyarwanda, Isaïe Murashi uheruka kuvuga ko Abanyamulenge ari “Ibigarasha, kandi ko ari inzererezi.”

Murashi Isaïe, wavuze ko Abanyamulenge ari ibigarasha yavutse ku ya 29/04/1949; yabayeho amabasaderi w’u Rwanda muri Uganda kuva mu 1996 kugeza 2000, ndetse kandi yanakoze mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda mu 2000 kugeza 2007.

Mu kiganiro aheruka gukora, nk’uko nacyo gikomeje guhererekanywa ku mbuga, yavuze ko we azi Abanyamulenge, ndetse agaragaza ko yigiye muri RDC, kandi yiga iby’amateka, bityo avuga ko azi ibyabo.

Yagize ati: “Buriya Abanyamulenge ni ibigarasha, ariko bikomeye kuko ntibazi umurongo w’Ubuyobozi! Kandi bageze muri RDC mu kinyejana cya cumi nagatanu, nyuma ya Yesu.”

Yakomeje agira ati: “Hariya bahamaze imyaka 500. Babayeho nta muyobozi bagira; kandi ibyo kuyoboka umwami ntabyo bakozwa! Babayeho bakurikira Inka zabo gusa no kumenya imiryango yabo, nta kindi.”

Muri kiriya kiganiro, Murashi yavuze kandi ko hari umuntu wigeze ku mubwira ko Abanyamulenge, ari Abatutsi, ariko ko batabizi, ngo kuko bafite imico bagiye barahura mu yandi moko, aho yavuze Ababembe, Abapfulero, Abashi n’abandi.

Ikindi yavuze, nuko ngo Abanyamulenge batigeze biga aho yavugaga “amashuri.”

Ubwo Ntuyahaga yasubizaga Murashi, yatangiye agira ati: “Mwiriwe bwana Amabasaderi Murashi! mboneye umwanya wo kugusuhuza, kugira ngo nkohereze ubutumwa. Njyewe uri kuguha ubu butumwa, ndi umunyamateka kimwe nawe, kuko nize ‘amateka’ kuri kaminuza y’i Lubambashi, nakoze nk’umwalimu muri Congo, ahitwa i Bukama. Nabayeho profeseur mu Burundi kuri Lycée Saint Nterese, i Gitega, aha nahakoze imyaka 8. Nyuma nagiye nkora mu mishinga itandukanye. Kuri ubu ntuye mu Busuwisi, mpamaze imyaka nka 19.”

Yakomeje agira ati: “Numvise ibyo wavuze, numva ntabyihanganira! Nkenera ku gusobanurira bimwe kuko uko ubivuga siko biri. Gucurika amateka y’Abanyamulenge warabikoze, ariko ibyo nshaka ku kubwira nuko ufite ingenga bitekerezo mbi, nk’uko mu bivuga mu Rwanda.”

Ntuyahaga, yavuze ko bwana Murashi agomba gukosorwa ngo kabone nubwo yabayeho umuntu ukomeye.

Ati : “Ugomba gukosorwa, wafashe Abanyamulenge ubahindura abantu babi, ubagira abagome. Uvuga ko banga u Rwanda n’Abatutsi, ndetse uvuga ko batazi ko ari Abatutsi. “

Ntuyahaga, yavuze kandi ko Murashi ari kimwe n’abantu barwanya Abanyamulenge.

Yagize ati: “Ingengabitekerezo ufite ntaho utandukaniye na Honorable Ngwande iyo ahaya atuka u Rwanda. Sinzi ko haraho utandukaniye na Nkwebe Kipele, iyo wumva ba Justin Bitakwira, uzwiho urwango ku Banyamulenge n’Abanyarwanda. Bityo ugomba kwiyamwa, kuko ufite amacakubiri mabi, kuratera umuzi mubi wo gutuma Abanyarwanda banga Abanyamulenge, kandi barahungiye mu gihugu cyabo.”

Ntuyahaga yanaboneyeho kwibutsa Murashi ko atazi amateka, ndetse kandi ko mu byo avuga bigaragaza agasuzuguro.

Yavuze ko mubyo Murashi yasobanuye agaragaza ko Abanyamulenge ba Banyabyinshi bageze muri RDC mu mwaka w’ 1500, ariko ngo bakaba barazimiriye mu bwoko bw’Abashi; Ntuyahaga we, yagaragaje ko ibyo ari ikinyoma cyambaye ubusa, kandi ko ibyo iyo bija kuba byarabaye, Abanyamulenge bari kuba ba bizi. Ndetse yanamuhishuriye ko Abanyamulenge batigeze bivanga n’ubundi bwoko.

Ati: “Abanyamulenge ni Abatutsi ijana ku ijana, kuko twe ntitugira Abahutu. Turi abantu batigeze bivanga.”

Yanasobanuye ko Abanyamulenge bavuye mu Rwanda bagiye gushaka ubwatsi bw’inka zabo; ati ibyo gushaka umwami ntabyo bari bariho, kuko icyari kibahangayikishije zari Inka.

Yasoje avuga ko bageze muri RDC babaho neza, ngo kuko icyo bari bashaka bari bakigezeho.

Usibye nicyo yavuze kandi ko bageze naho bagira Abachefs. Muri abo yavuze uwitwa Kayira, Ntakandi n’abandi.

Tags: Abanyamulenge
Share46Tweet29Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Abanye-Congo Biteguye Umukino wogupfa nogukira Congo RDC vs Nigeria

by Bahanda Bruce
November 16, 2025
0
Abanye-Congo Biteguye Umukino wogupfa nogukira Congo RDC vs Nigeria

Abanye-Congo Biteguye Umukino wogupfa nogukira Congo RDC vs Nigeria Umwuka w’amashyushyu uri hejuru mu bakunzi ba Les Léopards, aho Congo RDC yitegura guhura na Nigeria mu mukino wa...

Read moreDetails

Igitaramo cy’amateka: Stade yo mu Bufaransa Fally Ipupa yayujuje yose mbere y’uko igitaramo nyirizina kiba

by Bahanda Bruce
November 14, 2025
0
Igitaramo cy’amateka: Stade yo mu Bufaransa Fally Ipupa yayujuje yose mbere y’uko igitaramo nyirizina kiba

Igitaramo cy'amateka: Stade yo mu Bufaransa Fally Ipupa yayujuje yose mbere y’uko igitaramo nyirizina kiba Umuhanzi w’icyamamare wo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), Fally Ipupa, yongeye...

Read moreDetails

Kitoko yagarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka myinshi ari mu mahanga

by Bahanda Bruce
November 10, 2025
0
Kitoko yagarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka myinshi ari mu mahanga

Kitoko yagarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka myinshi ari mu mahanga Umuhanzi w’icyamamare Kitoko Bibarwa, ufite inkomoko mu karere k'i Mulenge muri Kivu y’Epfo, yagarutse mu Rwanda ku wa...

Read moreDetails

Vestine na Dorcas bakomeje kwandika amateka mashya muri Gospel nyarwanda

by Bahanda Bruce
November 10, 2025
0
Vestine na Dorcas bakomeje kwandika amateka mashya muri Gospel nyarwanda

Vestine na Dorcas bakomeje kwandika amateka mashya muri Gospel nyarwanda Abaririmbyikazi Vestine na Dorcas bakomeje kugaragaza ubuhanga n’ubushake bwo guteza imbere umuziki wa gospel mu Rwanda. Nyuma yo...

Read moreDetails

Uko imikino ya Premier League yagenze muri iyi weekend

by Bahanda Bruce
November 10, 2025
0
Uko imikino ya Premier League yagenze muri iyi weekend

Uko imikino ya Premier League yagenze muri iyi weekend Weekend y’iki cyumweru yari yuzuyemo ibihe bishimishije muri shampiyona ya Premier League, aho amakipe menshi yakinnye imikino ishimishije, abakinnyi...

Read moreDetails
Next Post
Perezida wa Angola yagize ibyo asezeranya ku ntambara ibera mu Burasirazuba bwa RDC; menya n’uko byifashe ku mirongo y’urugamba.

Imirwano ikaze yavuzwe kuri uyu wa mbere i Masisi.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?