Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Nubwo ubutegetsi bwa Tshisekedi bugerageza kurimbura Abanyamulenge, ariko hari icyo bashimira Imana.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
January 11, 2025
in Religion
0
Nubwo ubutegetsi bwa Tshisekedi bugerageza kurimbura Abanyamulenge, ariko hari icyo bashimira Imana.
127
SHARES
3.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Nubwo ubutegetsi bwa Tshisekedi bugerageza kurimbura Abanyamulenge, ariko hari icyo bashimira Imana.

You might also like

Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n’uruva gusenya.

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi.

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

Bikubiye mu butumwa bwanditse, Umunyamulenge uri mu Minembwe yahaye Minembwe.com, aho yagaragaje ko nubwo ingabo za perezida Félix Tshisekedi zabashoyeho intambara zo kubarimbura no kubangaza, ariko ko Imana yo idahwema kubaha ibyiza, ngo kuko ubu bafite umwero mwiza w’ibihingwa by’ibigori.

Kuva mu 2017 kugeza uyu munsi, Abanyamulenge bagiye bagabwaho ibitero bya Maï Maï ku bufasha bw’ingabo za Congo, bigamije kubica , kubanyaga inka zabo no kubangaza, nk’uko bamwe mu barwanyi bagabaga ibyo bitero bagiye babyigamba rimwe na rimwe.

Mu bitero byabagabweho mu ntangiriro z’umwaka w’2018, hari umurwanyi witwa Ngomanzito uyoboye umutwe wa Maï-Maï Birozebishambuke, yazaga avuga ko “azirukana Abanyamulenge ku butaka bwa RDC, ngo akabambutsa iyo baje bava.” Aho yavugaga mu Rwanda.

Ndetse mu bitero byabaye mbere y’aho, aba barwanyi bavuga ko bazabasubiza muri Ethiopia, aho amateka avuga ko ari yo Abatutsi bakomoka.

Noheri n’u Bunani by’ubushize, bitwinjiza muri uyu mwaka w’ 2025, Abanyamulenge mu Minembwe ntibabyizihije, kuko barimo bagabwaho ibitero by’ingabo za FARDC; ibyo bitero byagabwe mu mihana y’i Lundu, Lwiko, Kalingi na Runundu kuri Evomi ndetse no kuri Ugeafi.

Ubutumwa uyu munyamulenge yaduhaye, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 11/01/2025, yatanze ifoto y’umurima w’ibigori birimo kwera, agerekaho n’ubutumwa buherekeza iyo foto, bugira buti: “Nti dutuje, kubera intambara Leta ya Kinshasa yadushoyeho, ariko nti bibuza ko Imana iduha umwero mwiza w’ibihingwa by’ibigori.”

Yashimangiye ibi agira ati: “Umwero w’ibigori mu Minembwe urimo ku bwinshi. Bisigaje iminsi ibarirwà ku ntoki bikera neza. Nubu ntiwabura icyo guhekenya.”

Yakomeje avuga ko “ibyo babikesha Imana yo mu ijuru.”

Ikindi yongeyemo, yavuze ko mu isoko ibiciro by’ifu bitazamutse, kandi ko ari Imana ikunda Abanyamulenge yabikoze.

Ati: “Hari icyo Imana yakoze, wari uzi ko ibumba y’ifu igura 12000 FC? Niko igura rwose, dutekereza ko ari Imana yabikoze, kuko ikunda ubwoko bw’Abanyamulenge.”

Gusa, yavuze ko nubwo hari umwero mwiza, ariko ko imirima yegereye ahari ikambi z’abasirikare ba FARDC yibwa, ndetse kandi bakanayisahura.

Yagize ati: “Abafite imirima yegereye ama pozisiyo ya FARDC, iribwa cyane. Navuga nk’imirima iri ku Kiziba, Muzinda, Runundu, i Lundu no ku Runundu.”

Yanasobanuye ko cyane, aba basirikare biba imyaka ihinzwe mu Bishanga no mu nzitiro, ariko ko ihinze kure itibwa, ngo kuko aba basirikare batinya Twirwaneho.

Tubibutsa ko ubwo uyu muturage yaduhaga ubu butumwa, Maï-Maï kubufasha bw’Ingabo z’iki gihugu yagabye ibitero mu mihana iherereye mu Marango. Aha ni mu nkengero za centre ya Minembwe.

Amakuru ava iyo avuga ko mbere y’uko iriya Maï-Maï igaba ibyo bitero yabanje gutwika amazu aherereye mu Biziba.

Nyamara, Twirwaneho yaje kwirwanaho, nk’uko iyi nkuru ibivuga, yirukana izo nyeshamba zitegwa inkunga n’ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi.

Aka kanya umwanzi w’Abanyamulenge yasubijwe, inyuma, nk’uko bikomeje kuvugwa no kumbuga nkoranyambaga ziteraniraho Abanyamulenge.

Tags: AbanyamulengeImanaMinembweTshisekedi
Share51Tweet32Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n’uruva gusenya.

by Bruce Bahanda
July 11, 2025
0
Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n’uruva gusenya.

Uwiyitaga Yesu wa Siberiya yahuye n'uruva gusenya. Sergei Torop wiyitaga Yesu w'isiberiya yakatiwe gufungwa imyaka 12 hamwe n'ibyegera bye, kubera ko yashyize mu kaga ubuzima n'imitingo bya bamwe...

Read moreDetails

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi.

by Bruce Bahanda
July 6, 2025
0
Perezida Kagame yaburiye abavuga ko bazatera u Rwanda.

Perezida Kagame yagiriye inama abishora mu businzi. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yagiriye inama urubyiruko rwishora mu businzi, arubwira ko ahubwo rukwiye gukora rukiteza imbere ngo kuko...

Read moreDetails

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

by Bruce Bahanda
June 29, 2025
0
Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya.

Twirwaneho yatashye ikanisa ryayo rishyashya. Mu Rugezi ho muri teritware ya Fizi mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, umutwe wa Twirwaneho n'uwa M23 bihagenzura, byatashye urusengero rwabo rushya, nk'uko...

Read moreDetails

Iyerekwa ridasanzwe Munyaburanga aheruka guhabwa.

by Bruce Bahanda
June 27, 2025
0
Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

Iyerekwa ridasanzwe Munyaburanga aheruka guhabwa. Charles Munyaburanga uri mu Banyamulenge bakora ivugabutumwa hirya no hino ku isi, yahawe iyerekwa ridasanzwe ubwo yari mu masengesho asengera igihugu cye cya...

Read moreDetails

Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

by Bruce Bahanda
June 23, 2025
0
Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa RDC, ivuga no kuri Twirwaneho na M23.

Imana yongeye kuvuga ku ntambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa Congo, ivuga no kuri Twirwaneho na M23. Ubuhanuzi bukomeye kuri Twirwaneho na M23 bwatanzwe n'Umuhanuzi w'Imana uri mu...

Read moreDetails
Next Post
Inama yabereye kwa Buruma iraje inshinga bamwe mu Banyamulenge.

Inama yabereye kwa Buruma iraje inshinga bamwe mu Banyamulenge.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?