• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Nubwo ubutegetsi bwa Tshisekedi bugerageza kurimbura Abanyamulenge, ariko hari icyo bashimira Imana.

minebwenews by minebwenews
January 11, 2025
in Religion
0
Nubwo ubutegetsi bwa Tshisekedi bugerageza kurimbura Abanyamulenge, ariko hari icyo bashimira Imana.
127
SHARES
3.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Nubwo ubutegetsi bwa Tshisekedi bugerageza kurimbura Abanyamulenge, ariko hari icyo bashimira Imana.

You might also like

Umushumba Rev.Misigaro yavuze ku rukundo nyakuri.

Bidasanzwe havumbuwe ubwato Yesu yagendeyemo.

Rose Muhando yegukanye igihembo cya ICON AWARD muri TGMA 2025.

Bikubiye mu butumwa bwanditse, Umunyamulenge uri mu Minembwe yahaye Minembwe.com, aho yagaragaje ko nubwo ingabo za perezida Félix Tshisekedi zabashoyeho intambara zo kubarimbura no kubangaza, ariko ko Imana yo idahwema kubaha ibyiza, ngo kuko ubu bafite umwero mwiza w’ibihingwa by’ibigori.

Kuva mu 2017 kugeza uyu munsi, Abanyamulenge bagiye bagabwaho ibitero bya Maï Maï ku bufasha bw’ingabo za Congo, bigamije kubica , kubanyaga inka zabo no kubangaza, nk’uko bamwe mu barwanyi bagabaga ibyo bitero bagiye babyigamba rimwe na rimwe.

Mu bitero byabagabweho mu ntangiriro z’umwaka w’2018, hari umurwanyi witwa Ngomanzito uyoboye umutwe wa Maï-Maï Birozebishambuke, yazaga avuga ko “azirukana Abanyamulenge ku butaka bwa RDC, ngo akabambutsa iyo baje bava.” Aho yavugaga mu Rwanda.

Ndetse mu bitero byabaye mbere y’aho, aba barwanyi bavuga ko bazabasubiza muri Ethiopia, aho amateka avuga ko ari yo Abatutsi bakomoka.

Noheri n’u Bunani by’ubushize, bitwinjiza muri uyu mwaka w’ 2025, Abanyamulenge mu Minembwe ntibabyizihije, kuko barimo bagabwaho ibitero by’ingabo za FARDC; ibyo bitero byagabwe mu mihana y’i Lundu, Lwiko, Kalingi na Runundu kuri Evomi ndetse no kuri Ugeafi.

Ubutumwa uyu munyamulenge yaduhaye, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 11/01/2025, yatanze ifoto y’umurima w’ibigori birimo kwera, agerekaho n’ubutumwa buherekeza iyo foto, bugira buti: “Nti dutuje, kubera intambara Leta ya Kinshasa yadushoyeho, ariko nti bibuza ko Imana iduha umwero mwiza w’ibihingwa by’ibigori.”

Yashimangiye ibi agira ati: “Umwero w’ibigori mu Minembwe urimo ku bwinshi. Bisigaje iminsi ibarirwà ku ntoki bikera neza. Nubu ntiwabura icyo guhekenya.”

Yakomeje avuga ko “ibyo babikesha Imana yo mu ijuru.”

Ikindi yongeyemo, yavuze ko mu isoko ibiciro by’ifu bitazamutse, kandi ko ari Imana ikunda Abanyamulenge yabikoze.

Ati: “Hari icyo Imana yakoze, wari uzi ko ibumba y’ifu igura 12000 FC? Niko igura rwose, dutekereza ko ari Imana yabikoze, kuko ikunda ubwoko bw’Abanyamulenge.”

Gusa, yavuze ko nubwo hari umwero mwiza, ariko ko imirima yegereye ahari ikambi z’abasirikare ba FARDC yibwa, ndetse kandi bakanayisahura.

Yagize ati: “Abafite imirima yegereye ama pozisiyo ya FARDC, iribwa cyane. Navuga nk’imirima iri ku Kiziba, Muzinda, Runundu, i Lundu no ku Runundu.”

Yanasobanuye ko cyane, aba basirikare biba imyaka ihinzwe mu Bishanga no mu nzitiro, ariko ko ihinze kure itibwa, ngo kuko aba basirikare batinya Twirwaneho.

Tubibutsa ko ubwo uyu muturage yaduhaga ubu butumwa, Maï-Maï kubufasha bw’Ingabo z’iki gihugu yagabye ibitero mu mihana iherereye mu Marango. Aha ni mu nkengero za centre ya Minembwe.

Amakuru ava iyo avuga ko mbere y’uko iriya Maï-Maï igaba ibyo bitero yabanje gutwika amazu aherereye mu Biziba.

Nyamara, Twirwaneho yaje kwirwanaho, nk’uko iyi nkuru ibivuga, yirukana izo nyeshamba zitegwa inkunga n’ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi.

Aka kanya umwanzi w’Abanyamulenge yasubijwe, inyuma, nk’uko bikomeje kuvugwa no kumbuga nkoranyambaga ziteraniraho Abanyamulenge.

Tags: AbanyamulengeImanaMinembweTshisekedi
Share51Tweet32Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Umushumba Rev.Misigaro yavuze ku rukundo nyakuri.

by minebwenews
August 31, 2025
0
Umushumba Rev.Misigaro yavuze ku rukundo nyakuri.

Umushumba Rev.Misigaro yavuze ku rukundo nyakuri. Umushumba w'itorero rya All National Assemblies Of God, rifite icyicaro muri Isingiro district mu majy'Epfo ya Uganda, Reverend Misigaro Bizimana, yavuze ku...

Read moreDetails

Bidasanzwe havumbuwe ubwato Yesu yagendeyemo.

by minebwenews
August 24, 2025
0
Bidasanzwe havumbuwe ubwato Yesu yagendeyemo.

Bidasanzwe havumbuwe ubwato Yesu yagendeyemo. Abashakashatsi bavumbuye ubwato bwari bumaze imyaka irenga 2000 mu mazi epfo (mu ndiba yinyanja) ya Galileya, bavuga ko ari bwo Yesu yagendeyemo ubwo...

Read moreDetails

Rose Muhando yegukanye igihembo cya ICON AWARD muri TGMA 2025.

by minebwenews
August 20, 2025
0
Rose Muhando yegukanye igihembo cya ICON AWARD muri TGMA 2025.

Rose Muhando yegukanye igihembo cya ICON AWARD muri TGMA 2025. Umwamikazi wa gospel muri Tanzania, Rose Muhando, yongeye kwandika izina rye mu mateka nyuma yo kwegukana ICON AWARD...

Read moreDetails

Ben na Chance, Abanyamulenge bazwi mu ndirimbo za gospel, bashyize hanze Album nshya.

by minebwenews
August 19, 2025
0
Ben na Chance, Abanyamulenge bazwi mu ndirimbo za gospel, bashyize hanze Album nshya.

Ben na Chance, Abanyamulenge bazwi mu ndirimbo za gospel, bashyize hanze Album nshya. Itsinda rya gospel rigizwe na Ben na Chance, bashyize hanze Album nshya bise "Zaburi yanjye,"...

Read moreDetails

Dore inama z’ingenzi zagufasha guhagarika kurota inzozi mbi ziteye ubwoba.

by minebwenews
August 8, 2025
0
Dore inama z’ingenzi zagufasha guhagarika kurota inzozi mbi ziteye ubwoba.

Dore inama z'ingenzi zagufasha guhagarika kurota inzozi mbi ziteye ubwoba. Kurota inzozi mbi ni ikibazo gihangayikishije benshi muri ubu buzima tubayeho bwo mu isi. Izo nzozi zishobora gutuma...

Read moreDetails
Next Post
Inama yabereye kwa Buruma iraje inshinga bamwe mu Banyamulenge.

Inama yabereye kwa Buruma iraje inshinga bamwe mu Banyamulenge.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?