
Nyabibwe, umwana wumukobwa yafashwe kungufu ninyeshamba zomumutwe wa Nyatura ukorana byahafi n’ingabo za FARDC.
Yanditswe na Bruce Bahanda, tariki 13.05.2023, saa 11:55am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.
Byabaye ahagana mumasaha yakare, mugitondo cokuruyu wagatandatu, ubwo bamwe bo mumutwe w’itwaje Intwaro w’inyeshamba wa Mai Mai Nyatura, uzwiho gukorana byahafi n’ingabo za Republika ya Democrasi ya Congo (FARDC), bivugwa ko bafashe umwana wumukobwa kungufu bamuhaye i faranga, mugace ka Nyabibwe.
Byavuzwe ko ibi byabereye hafi nomuri Centre ya Nyabibwe ho muntara ya Kivu yamajyaruguru, mugihugu ca Republika ya Democrasi ya Congo (RDC), nkuko ayamakuru agera kuri MCN tuyakesha bamwe mubaturiye ako gace.
Bagize bati: “Umwana wumukobwa yari yerekeje gutasha inkwi zogucana ageze hirya yumuhana ahura na Mai Mai Nyatura, bamuha amafaranga angana 60.000FC, barangije baramusambanya aribenshi umwana arangirika, ubu yajanwe kwa muganga.”
Uwo mwana wumukobwa yari mukigero c’imyaka irimunsi yacumi nitanu(15), gusa ibi Mai Mai Nyatura, irabihakana ikavuga ko byakozwe nabamwe bagize umutwe w’inyeshamba wa FDLR.
Harandi makuru avuga ko abo mumutwe w’itwaje Intwaro wa FDLR, bari ikivange igihe bacagaho mugihe bari bageze mugace ka Nyabibwe, aho uwomwana wumukobwa yafatiwe kungufu uwatanze ayamakuru yavuze ko ari nko 3km na Centre ya Nyabibwe.
Iyimitwe y’inyeshamba ya FDLR na Nyatura, bakorana byahafi n’ingabo za Republika ya Democrasi ya Congo, mukurwanya ingabo za M23, Muburasirazuba bwa Republika ya democrasi ya Congo.
Nikenshi byagiye bivugwa ko kuvaho leta ya Kinshasa, yiyegereje inyeshamba zo mumutwe wa Mai Mai Nyatura nabandi nka Wazalendo, ibibi byarushijeho kwiyongera muri Kivu yamajyaruguru.
Nimugihe izinyeshamba zishinjwa kw’iba Inka zabo mubwoko bwa Tutsi, kwica ndetse nubundi bugizi bwanabi harimo nogufata kungufu abigitsina gore, ibi Kandi biri nomuri raporo yimpuguke zumuryango wa Bibumbye, aho baheruka gutangaza ko guhohotera igitsina gore byakomeje gufata intera Muburasirazuba bwa RDC.




