• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, October 19, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Nyuma y’aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane

minebwenews by minebwenews
September 2, 2025
in Conflict & Security
0
Nyuma y’aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane
88
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Nyuma y’aho Gen Gasita ageze i Uvira, ibintu byarushijeho kuba bibi cyane

You might also like

Ingabo z’u Burundi zakoreye Abanyamulenge igikorwa cyababaje abari ku misozi bose y’i Mulenge

Abasirikare bafunzwe nyuma y’igikorwa kibi bakoreye mu ruhame i Kinshasa

RDC: Imitwe itutu yitwaje intwaro irashinjwa ubugizi bwa nabi ku basivili

Brigadier General Olivier Gasita wo mu ngabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, ushinzwe ibikorwa bya gisirikare mu ntara ya Maniema, nyuma y’aho agereye mu mujyi wa Uvira uturiye ikiyaga cya Tanganyika, ibintu byarushijeho kuzamba, kuburyo hashobora kwaduka intambara ikomeye hagati ya Wazalendo na FARDC.

Aha’rejo tariki ya 01/09/2025, ni bwo uyu musirikare yinjiye muri uyu mujyi wa Uvira, uwo yagezemo aturutse i Bujumbura mu Burundi, nyuma yo kuva i Kindu akanyura i Kinshasa akabona kwerekeza i Bujumbura.

Bivugwa ko mbere yuko agera muri uyu mujyi, abawuturiye, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abapfulero na Wazalendo, bari batangaje ko batamushaka, ni mu gihe byari byavuzwe ko aje kuyobora ingabo ziwurimo za Leta.

Hari n’amajwi yumvikanye yabo yagiye ahererekanywa ku mbugankoranyambaga, bavuga ko mu gihe yo kwibeshya akawukandagiramo, bahita bamurasa.

Wazalendo bamushinja gutanga umujyi wa Bukavu mu maboko ya AFC/M23/MRDP, iyo uyu mutwe urwanya ubutegetsi bw’i Kinshasa wafashe mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka.

Icyo gihe Gen Gasita ni we wari ushyinzwe iperereza ry’igisirikare ku rwego rw’i ntara ya Kivu y’Amajyepfo, bityo bakavuga ko no mu gihe yo tumwa muri Uvira, ashobora kuyitanga nk’uko yatanze na Bukavu.

Gen Gasita mu kwinjira i Uvira, yahinjiye mu ibanga rikomeye, kuko Wazalendo bagiye kubimenya yamaze ku wugeramo.

Icyakurikiyeho ni uko bahise berekeza kuri hotel ya Muchepe iyo yahitiyemo, iri hafi na Etat major y’ingabo za FARDC i Uvira.

Amakuru akomeza avuga ko Komanda region na Komanda secteur, bagiye kwinginga Wazalendo kuva mubyo barimo, bakareka Leta igakora ibyayo ngo kuko ari yo yahamutumye, abandi na bo barabananira. Kugeza ubwo habaye ubushamirane hagati y’impande zombi.

Ndetse amakuru amwe avuga ko Gasita ashobora kuba yarahungishijwe, asubizwa i Burundi, ariko ku rundi ruhande bivugwa ko akiri Uvira.

Hagataho, Wazalendo basizoye bavuga ko baruhuka ari uko bamurashe, ngo kuko ntibashaka no kumva amakuru ye, uretse isura.

Uyu musirikare ufite ipeti rya General, ni uwo mu bwoko bw’Abanyamulenge, abo Wazalendo n’abandi basa nabo bavuga ko ari abashitsi muri iki gihugu.

Ibi biri mu bituma babica, bakabanyaga Inka, ndetse kandi bakabasenyera. Kimwecyo, bamwe muri aba Banyamulenge barimo n’uyu Gasita bakomeza gukorera iyi Leta kabone nubwo ifatanyije na Wazalendo.

Usibye gufatanya na yo, banahakana ko Wazalendo n’Ingabo za Leta zica Abanyamulenge, igitangaje dore Wazalendo ntibazirikana ibitangazwa na bo.

Hagataho, umwuka w’intambara hagati ya FARDC na Wazalendo wahise uzamuka kurushaho, kuko n’ubundi bari basanzwe batabanye neza, kuko inshuro nyinshi bagenda basubiranamo, bakarwana.

Tags: GasitaUviraWazalendo
Share35Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ingabo z’u Burundi zakoreye Abanyamulenge igikorwa cyababaje abari ku misozi bose y’i Mulenge

by Bahanda Bruce
October 19, 2025
0
Ingabo z’u Burundi ziravugwaho gukaza umurego mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23/MRDP muri Kivu y’Epfo

Ingabo z'u Burundi zakoreye Abanyamulenge igikorwa cyababaje abari ku misozi bose y'i Mulenge Abanyamulenge bari berekeje ku isoko imwe basigaranye baboneramo ibintu byose byibanze ya Mitamba, birimo "umunyu...

Read moreDetails

Abasirikare bafunzwe nyuma y’igikorwa kibi bakoreye mu ruhame i Kinshasa

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Abasirikare bafunzwe nyuma y’igikorwa kibi bakoreye mu ruhame i Kinshasa

Abasirikare bafunzwe nyuma y'igikorwa kibi bakoreye mu ruhame i Kinshasa Abasirikare ba Repubulika ya demokarasi ya Congo, bagaragaye mu mujyi wa Kinshasa bambika ubusa umugore witwa Honorine Porche...

Read moreDetails

RDC: Imitwe itutu yitwaje intwaro irashinjwa ubugizi bwa nabi ku basivili

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
RDC: Imitwe itutu yitwaje intwaro irashinjwa ubugizi bwa nabi ku basivili

RDC: Imitwe itutu yitwaje intwaro irashinjwa ubugizi bwa nabi ku basivili Imitwe itutu yitwaje intwaro ya Wazalendo isanzwe ifatanya n'Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo guhangana n'ihuriro...

Read moreDetails

Ingabo z’u Burundi ziravugwaho gukaza umurego mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23/MRDP muri Kivu y’Epfo

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Ingabo z’u Burundi ziravugwaho gukaza umurego mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23/MRDP muri Kivu y’Epfo

Ingabo z'u Burundi ziravugwaho gukaza umurego mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23/MRDP muri Kivu y'Epfo Igisirikare cy'u Burundi kiravugwaho kongera abasirikare bacyo mu bice bitandukanye muri Kivu y'Amajyepfo...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku biganiro RDC na M23 birimo byo guhana imfungwa

by Bahanda Bruce
October 17, 2025
0
M23 na RDC bemeranyijwe uburyo bwo guhagarika imirwano

Icyo amakuru avuga ku biganiro RDC na M23 birimo byo guhana imfungwa Repubulika ya demokarasi ya Congo n'umutwe wa M23 uyirwanya biri mu biganiro byo guhana imfungwa, aho...

Read moreDetails
Next Post
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?