• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, January 31, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Nyuma y’i fatwa rya Uvira, RDC Yakoze inama Idasanzwe, FARDC Yerekana Ingamba nshya mu Rugamba Ruhangayikishije Igihugu

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
December 12, 2025
in Conflict & Security
0
Nyuma y’i fatwa rya Uvira, RDC Yakoze inama Idasanzwe, FARDC Yerekana Ingamba nshya mu Rugamba Ruhangayikishije Igihugu
67
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Nyuma y’i fatwa rya Uvira, RDC Yakoze inama Idasanzwe, FARDC Yerekana Ingamba nshya mu Rugamba Ruhangayikishije Igihugu

You might also like

Abantu Barenga 200 Bapfiriye mu Mpanuka y’Ubucukuzi bwa Coltan mu Burasirazuba bwa RDC

AFC/M23 Yasabye Isi Gutabara ku Byo Yita Umugambi wo Kurimbura Abanyamulenge

RDC Yemeje Gushyira Umukandida Wayo mu Guhatana na Mushikiwabo ku Mwanya wa Perezida wa OIF

Umutekano mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo ukomeje kuzamba nyuma y’ifatwa ry’umujyi wa Uvira n’ihuriro rya AFC/M23/MRDP-Twirwaneho, ryafashe uyu mujyi nyuma y’amezi make Bukavu na yo inohojwe. Ibi byahise bituma Perezida Félix Tshisekedi ahamagaza inama idasanzwe y’Inama Ntoya y’Abaminisitiri, yabereye kuri Cité de l’Union Africaine ku wa Kane, tariki ya 11/12/ 2025.

Muri iyi nama amakuru agaragaza ko Umugaba Mukuru w’ingabo za RDC, Lieutenant-Général Jules Banza Mwilambwe,wari umushyitsi w’ingenzi muri iyo nama. Yagejeje ku bayobozi bakuru b’igihugu raporo yihariye ku miterere y’urugamba ruri kubera muri Kivu y’Amajyepfo, n’ingamba zafashwe hagamijwe kongera imbaraga mu kurinda ubusugire bw’igihugu.

Nk’uko iyi nkuru yatangajwe na Patrick Muyaya, Minisitiri w’Itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa Leta, yagize iti:

“Umugaba mukuru w’ingabo yagejeje ku Nama ishusho y’ibihe bidasanzwe ku mirongo y’imirwano, anasobanura ingamba nshya zashyizweho zigamije kongera umutekano n’ubwirinzi bw’igihugu, cyane cyane mu duce turimo kwisanga mu maboko y’umutwe wa M23.”

Uvira ni yo yari isigaye ari ikicaro gikuru cya leta muri Kivu y’Amajyepfo nyuma y’ifatwa rya Bukavu mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka 2025. Abasesenguzi bemeza ko Uvira ifite “agaciro karenze kuba umujyi”—ni urufunguzo rushobora kwambukiranya inzira ziva muri Kivu zigana mu cyahoze ari Katanga, ibarwa nk’izingiro ry’ubukungu bwa RDC.

Ifatwa ry’uyu mujyi ryongeye guteza impungenge ko mu majyepfo ya Congo hashobora kubaho ihinduramatwara rikomeye mu bukungu n’ubutegetsi.

Ibi bibaye mu gihe RDC n’u Rwanda vuba aha basinye amasezerano ya Washington, afashijwe n’Amerika, agamije guhosha intambara no kugarura umutekano mu Karere k’Ibiyaga Bigari. Nyamara, imirwano yakajije umurego nyuma yahoo, buri ruhande rushinja urundi kutubahiriza ibyumvikanyweho.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi aherutse kuvuga ko ifatwa rya Uvira ari “urushyi ruvugiye Washington”, ashimangira ko ayo masezerano atatangiriwe ku murongo wizewe.

Inama ya guverinoma yatumijwe byihutirwa igaragara nk’uburyo bwo kugarura icyizere mu baturage, no kwereka ko ingabo za FARDC zigifite ubushobozi bwo kurinda igihugu. Ibi byakozwe mu gihe AFC/M23/MRDP-Twirwaneho ikomeje kwagura uduce igenzura muri Kivu y’Amajyepfo n’iy’Amajyaruguru.

Uburengerazuba bwa RDC bukomeje kureba uko urugamba ruhinduka umunsi ku wundi, mu gihe politiki y’akarere na dipolomasi mpuzamahanga bigenda bihindura isura ku muvuduko ushimangira ko amakimbirane yo mu Burasirazuba bwa Congo akiri kure nk’u kwezi.

Tags: FardcInamaRdcUvira
Share27Tweet17Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Abantu Barenga 200 Bapfiriye mu Mpanuka y’Ubucukuzi bwa Coltan mu Burasirazuba bwa RDC

by Bahanda Bruce
January 31, 2026
0
Abantu Barenga 200 Bapfiriye mu Mpanuka y’Ubucukuzi bwa Coltan mu Burasirazuba bwa RDC

Abantu Barenga 200 Bapfiriye mu Mpanuka y’Ubucukuzi bwa Coltan mu Burasirazuba bwa RDC Nibura abantu 226 ni bo bamaze kumenyekana ko bapfiriye mu mpanuka ikomeye yabaye ku wa...

Read moreDetails

AFC/M23 Yasabye Isi Gutabara ku Byo Yita Umugambi wo Kurimbura Abanyamulenge

by Bahanda Bruce
January 31, 2026
0
AFC/M23 Yatangaje Bidasubirwaho ko Nta Gace na Kamwe Igenzura Izongera Kuvamo

AFC/M23 Yasabye Isi Gutabara ku Byo Yita Umugambi wo Kurimbura Abanyamulenge Kuva ku wa Gatanu tariki ya 30/01/2026, ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gukwirakwira amashusho n’amakuru aturuka mu mujyi...

Read moreDetails

RDC Yemeje Gushyira Umukandida Wayo mu Guhatana na Mushikiwabo ku Mwanya wa Perezida wa OIF

by Bahanda Bruce
January 30, 2026
0
RDC Yemeje Gushyira Umukandida Wayo mu Guhatana na Mushikiwabo ku Mwanya wa Perezida wa OIF

RDC Yemeje Gushyira Umukandida Wayo mu Guhatana na Mushikiwabo ku Mwanya wa Perezida wa OIF Republika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) yatangaje ko izashyira umukandida wayo mu matora...

Read moreDetails

Uwari inshuti ya Perezida Félix Tshisekedi yiyunze kuri AFC/M23

by Bahanda Bruce
January 30, 2026
0
Uwari inshuti ya Perezida Félix Tshisekedi yiyunze kuri AFC/M23

Uwari inshuti ya Perezida Félix Tshisekedi yiyunze kuri AFC/M23 Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko umwe mu banyapolitiki bo ku rwego rwo hejuru, wabaye...

Read moreDetails

“Inkotanyi Twararwanye Icyumweru Cyose mu Burundi Mbere y’uko Zambuka Zerekeza muri Congo” — Perezida Ndayishimiye

by Bahanda Bruce
January 30, 2026
0
“Inkotanyi Twararwanye Icyumweru Cyose mu Burundi Mbere y’uko Zambuka Zerekeza muri Congo” — Perezida Ndayishimiye

“Inkotanyi Twararwanye Icyumweru Cyose mu Burundi Mbere y’uko Zambuka Zerekeza muri Congo” — Perezida Ndayishimiye Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yatangaje amagambo akomeye asubiza ku byo yise urujijo...

Read moreDetails
Next Post
Baraka Mu Rujijo: Ifungwa ry’Abayobozi Bakomeye Rizamuye Umurindi w’Amakimbirane mu Gihe uyu Mujyi wari Wagizwe Icyicaro Gishya cy’Intara

Baraka Mu Rujijo: Ifungwa ry’Abayobozi Bakomeye Rizamuye Umurindi w’Amakimbirane mu Gihe uyu Mujyi wari Wagizwe Icyicaro Gishya cy’Intara

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?