Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Papa Francis umushumba Mukuru w’idini Gatorika yageze Ikinshasa, akaba yasabye Isi kudaceceka ngwirebere ibibera muri Congo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 1, 2023
in Uncategorized
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ku isaha ya 2.33 za ku manywa ku isaha ya Kinshasa ni bwo indege itwaye Papa yageze ku kibuga mpunzamahanga ca N’djili aho yavuye yerekeza ku ngoro y’umukuru w’igihugu aho agomba kugirana ibiganiro na President Tshisekedi.

You might also like

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Imihanda iva ku kibuga c’indenge yari yuzuye abantu bategereje kuramutsa uyu mushumba mukuru wa kiliziya Gatulika.

Kimwe ca kabiri ca miliyoni hafi 90 zituye muri Congo nabayoboke b’idini Gatolika nk’uko tubikesha ibiro ntaramakuru by’Abongereza Reuters.

Mu minsi itatu azamara muri Congo Papa FRANCIS azabonana n’abategetsi batandukanye. Abo barimo President Felix Tshisekedi babonanye uyu munsi, abadiplomate n’abahagarariye imiryango itandukanye harimo nuwa Civil societies.

Papa FRANCIS w’imyaka 85, amaze iminsi afite uburwayi bwo mu mavi. Amaze kururutswa mu ndege bamushyize mu ka kagari k’abarwayi. Yakiriwe ku kibuga na ministiri w’intebe Jean-Michel Sama Lukonde.

Ku rubuga rwa twitter, ibiro by’umukuru w’igihugu cya Congo banditse ko bihaye ikaze Papa Francis mu gihugu gituwe n’abagatolika miliyoni 45.

Byavuze ko bashimishijwe nuko Papa yubahirije ubusabwe bw’umukuru w’igihugu bumutimira bwatanzwe mu 2020.

Mu Ijambo yavuze amaze kugirana ibiganiro na President Tshisekedi, umushumba mukuru wa kiliziya gatolika yanenze amahanga n’ibihugu bikize kuba bikomeje gutererana Congo mu byago n’amakuba menshi iki gihugu cyakomeje kunyuramo.

Papa yamaganye ico yise Genoside yirengagijwe yakorewe abanyekongo bagera kuri miliyoni esheshatu mu gihe cy’imyaka 30 ishize.

Yasabye amahanga guha Afurika agahenge no guhagarika isahurwa ryayo. Yagize ati “Muhagarike kuniga Afurika. Si ikirombe co gucukurwa no gusahurwa.” Yasabye ko bihagarara muri Congo hagashyirwa imbere guharanira amahoro n’ituze mu gihugu.

Mu ijambo rye, President Tshisekedi yongeye gushinja amahanga n’ibihugu bituranye guhungabanya umutekano w’igihugu ce bashyigikira imitwe itandukanye yise iy’iterabwoba. Aha yatunze agatoki u Rwanda kuba ruri mu biza ku isonga mu guhangabanya umutekano wa Congo.

Yagize ati “Umuco wacu wo kwakira neza abashitsi wangijwe n’abanzi b’amahoro barimo imitwe y’iterabwoba ikomoka mu bihugu duturanye.” Yavuze ko ayo mahanga arimo u Rwanda akoresha akanafasha imitwe y’inyeshyamba mu guhungabanya umutekano mu gihugu ce hagamijwe kugisahura”.

Kuri iyi ngingo, U Rwanda igihe cose rwakomeje guhakana ibirego bya Congo ahubwo rukavuga ko Congo ari yo itera inkunga imitwe irwanya ubutegetsi bwa Kigali, nka FDLR.

Mu kiganiro aherutse guha ikinyamakuru Jeune Afrique, President Paul Kagame w’u Rwanda yavuze ko atazemera ko igihugu ce kiba urwitwazo rw’imiyoborere mibi y’abayobozi ba Congo.

Ejo ku wa Gatatu biteganijwe ko Papa Francis azayobora igitambo ca misa kizakurikirwa n’umubonano azagirana n’abakorewe ihohoterwa kubera imvururu ziri muri Eastern ya Congo. Izo mvururu zarushijeho gukaza umurego muri iyi minsi havugwa intambara hagati y’ingabo za Leta n’iz’umutwe wa M23 mu ntara ya Kivu ya ruguru.

Mu kiganiro yahaye abanyamakuru bamuherekeje mbere yuko agera muri Congo, Papa FRANCIS yavuze ko yifuzaga gusura umujyi wa Goma, ariko ko bitagishobotse kubera intambara ivugwa muri ako gace.

Ubwo indege yari itwaye papa yagurukaga hejuru y’ubutayu bwa Sahara, Papa FRANCIS yasabye abo bari kumwe gufata umunota umwe wo kuzirikana abimukira bapfuye bagerageza kwambuka inyanja ya mediterani ntibabishobore n’abandi babigerageje ubu bakaba bafungiwe ahantu hatandukanye bose bagerageza gushakisha ubwisanzure.

Igihe cose azaba ari muri Congo azakimara mu murwa mukuru Kinshasa aho azava yerekeza muri Sudani y’epfo kuri uyu wa Gatanu.

Uru ni uruzinduko rwa Gatanu Papa FRANCIS agiriye muri Afurika kuva mu 2013 akimara gutorerwa kuyobora kiliziya Gatolika.

Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi

by Bruce Bahanda
May 29, 2025
1
Amakuru avugwa ku bitero FARDC iri gutegura kugaba i Mulenge.

Uwari uhetse kwica abatabazi bari i Mulenge yatawe muri yombi. Hafashwe umukobwa wari ufite misiyo yo kwica abayobozi bo muri Twirwaneho mu misozi miremire y'i Mulenge muri Kivu...

Read moreDetails

Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

by Bruce Bahanda
April 28, 2025
0
Iby’impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi.

Iby'impinduka zigiye kuba ku rubuga rwa Whatsapp rusanzwe rukoreshwa na benshi. Urubuga rwa Whatsapp rwamamaye ku isi cyane, ahanini mu gufasha abantu kuganira, rugiye gushyiraho uburyo bwo kurinda...

Read moreDetails

Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

by Bruce Bahanda
April 12, 2025
0
Banyamulenge Unite in Mbarara to Honor Mulenge Hero Rukunda Makanika

Banyamulenge living in Mbarara, Uganda, are honoring the hero of Mulenge, General Rukunda Michel, widely known as Makanika. In this regard, they are organizing a football match, and...

Read moreDetails

The Kinshasa Government has once again shown AFC/M23 severe Obstacles in Negotiations

by Bruce Bahanda
April 11, 2025
0

The government of the Democratic Republic of the Congo has requested the authorities in Doha, Qatar, to ask AFC/M23 to withdraw its fighters from all areas it has...

Read moreDetails

What you should know about what is being said in Kisangani.

by minebwenews
April 2, 2025
0
What you should know about what is being said in Kisangani.

The city of Kisangani in the province of Tshopo, which is the third largest in Congo after Kinshasa, the capital city of DRC Congo, and Lubumbashi in the...

Read moreDetails
Next Post

ABAGABO BATATU, BEREKEJE MURI MINEMBWE, KUGIRA BAHOSHE UBUSHAMIRANE BURIHAGATI YA B'ANYAMULENGE NA B'APFURERO MURI MIKENKE.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?