Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home History

Papa mushya Robert Francis Prevost waraye atowe ninde?

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 9, 2025
in History
0
Papa mushya Robert Francis Prevost waraye atowe ninde?
76
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Papa mushya Robert Francis Prevost waraye atowe ninde?

You might also like

Amarira n’imenshi ku batuye i Bubwari muri Fizi.

Umugore wari umaze imyaka 63 yaraburiwe irengero yabonetse.

Urupfu rw’uwari umuherwe rwashenguye abaturage ba Uganda.

Kiliziya Gatolika kuri ubu iraramutswa umushumba mushya ari we Papa Robert Francis Prevost, uyu niwe tugiye kuvuga ubuzima bwe nyuma y’aho atorewe kuyobora idini rya Gatolika risanzwe rifite ijambo rikomeye ku Isi.

Ku munsi w’ejo ku wa kane tariki ya 08/05/2025, nibwo Robert Francis Prevost yatowe nyuma y’aho hazamutse umwotsi w’umweru nk’ikimenyetso cy’uko Papa mushya yabonetse.

Amateka ye agaragaza ko yavukiye muri Chicago ho muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika, tariki ya 14/09/1955. Bivuze ko ari umugabo w’imyaka 70 y’amavuko.

I Se umubyara afite amamuko mu gihugu cy’u Bufaransa, mu gihe nyina umubyara we afite amamuko mu Butaliyani, usibye ko hari n’abandi mateka agaragaza ko nyina yaba akomoka muri Espagne, Se akaba afite amamuko mu Bufaransa no mu Butaliyani.

Kubijyanye n’indimi, bivugwa ko avuga ururimi rw’i Cyongereza, igitaliyano, igifaransa, ikiesipanye, igiportugali n’ikilatini cyinshi.

Robert Francis Prevost yize imibare, nyuma yongeraho na teolojia (Theology). Na none kandi yaje kuronka doctora mu mategeko ajyanye n’ibya Keleziya Gatolika.

Ahagana mu mwaka wa 1982, nibwo yagizwe Padili i Roma mu Butaliyani. Igihe kitari gito yakoreye uwo murimo mu gihugu cya Pérou muri Amerika y’Amajyepfo, ari naho yaherewe kuba umwepesikopi mu 2015, ayobora diocese ya Chiclayo.

Muri 2023, Papa Fransisco yamuhamagaye kuza gukorera i Vatikani, ari nabwo yahise amugira Cardinal.

Rero, ku munsi w’ejo hashyize, Cardinal Robert Francis Prevost atorerwa kuba umushumba mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi yose, aho asimbuye Papa Fransisco uheruka kwitaba Imana mu mpera z’ukwezi kwa kane. Robert Prevost ni we Papa wa 267; ubwo yahabwaga ijambo nyuma y’aho yari amaze gutorwa, yagaragaje ko atazaja kure n’imikorere ya Papa Fransisco uwo asimbuye.

Itorwa rya papa Robert Francis Prevost rikaba ryatangaje abatari bake, ni mu gihe atigeze avugwa cyane mu bashobora kuzaba Papa . Uyu akaba anabaye uwa mbere uva muri Amerika y’Amajyaruguru.

Tags: I VaticanPapa Robert
Share30Tweet19Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Amarira n’imenshi ku batuye i Bubwari muri Fizi.

by Bruce Bahanda
May 10, 2025
0
Amarira n’imenshi ku batuye i Bubwari muri Fizi.

Amarira n'imenshi ku batuye i Bubwari muri Fizi. Abantu 100 nibo byatangajwe ko bishwe n'umwuzure watewe n'imvura yaguye ari nyinshi i Bubwari muri teritware ya Fizi mu ntara...

Read moreDetails

Umugore wari umaze imyaka 63 yaraburiwe irengero yabonetse.

by Bruce Bahanda
May 5, 2025
0
Umugore wari umaze imyaka 63 yaraburiwe irengero yabonetse.

Umugore wari umaze imyaka 63 yaraburiwe irengero yabonetse. Nyuma y'imyaka 63, umugore wo muri Leta Zunze ubumwe z'Amerika wari waburiwe irengero yabonetse ameze neza kandi ari muzima. Uyu...

Read moreDetails

Urupfu rw’uwari umuherwe rwashenguye abaturage ba Uganda.

by Bruce Bahanda
May 4, 2025
0
Urupfu rw’uwari umuherwe rwashenguye abaturage ba Uganda.

Urupfu rw'uwari umuherwe rwashenguye abaturage ba Uganda. Umuherwe Rajiv Ruparelia yitabye Imana azize impanuka y'imodoka; urupfu rwe rubabaza benshi mu gihugu cya Uganda. Aya makuru yashyizwe hanze n'igipolisi...

Read moreDetails

Leta ya Tshisekedi byavuzwe ko imaze gutsindwa “ibitego bibiri.” Ubusesenguzi.

by Bruce Bahanda
May 3, 2025
0
Perezida Tshisekedi yasezeranyije Abanye-Congo ibikomeye ariko byiza.

Leta ya Tshisekedi byavuzwe ko imaze gutsindwa "ibitego bibiri." Ubusesenguzi. Umusesengzi usanzwe anakurikiranira hafi intambara ibera mu Burasizuba bwa Congo akaba kandi akomoka muri icyo gice i Mulenge,...

Read moreDetails

Iby’umusirikare w’u Burundi wo mu mutwe udasanzwe uheruka gufatwa matekwa na Twirwaneho i Mulenge.

by Bruce Bahanda
May 1, 2025
0
Iby’umusirikare w’u Burundi wo mu mutwe udasanzwe uheruka gufatwa matekwa na Twirwaneho i Mulenge.

Iby'umusirikare w'u Burundi wo mu mutwe udasanzwe uheruka gufatwa matekwa na Twirwaneho i Mulenge. Umusirikarekazi w'u Burundi wo mu mutwe ushinzwe iperereza aheruka gufatirwa ku rugamba, urwo Ingabo...

Read moreDetails
Next Post
Rugezi yazindukiyemo ibitero bikaze by’ihuriro ry’Ingabo za RDC.

Rugezi yazindukiyemo ibitero bikaze by'ihuriro ry'Ingabo za RDC.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?